Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Iyo Ushoye Mu Bantu Wungukira Hose- Perezida Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Iyo Ushoye Mu Bantu Wungukira Hose- Perezida Kagame

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 October 2023 2:39 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu kiganiro yahaye abitabiriye Ihuriro mpuzamahanga ryiga ku hazaza h’isi muri iki gihe ibintu byicara bihinduka, Perezida Kagame yavuze ko iyo ushoye mu kubaka ubushobozi bw’abantu, wungukira henshi kuko ibintu aho biva bikagera bikorwa n’abantu.

Hari ku munsi wa kabiri w’Inama mpuzamahanga yiswe Future Investment Initiative iri kubera i Riyadh muri Arabie Saoudite.

Mu kiganiro yahatangiye, Perezida Kagame yavuze ko n’ubwo u Rwanda rwahuye na byinshi bibi bikazahaza ubukungu bwarwo ariko rwakoze uko rushoboye rukora iby’ingenzi byarukuye muri uwo mwobo.

Ku ngingo y’icyo rwakoze ngo ruzamure ubumenyi bw’abarutuye bashobore kwiteza imbere, Perezida Kagame yavuze ko kubakira Abanyarwanda ubushobozi ari intambwe ikomeye mu iterambere ryabo kubera ko abantu ari bo bubaka ibibera mu gihugu byose.

Ati: “Kubakira abantu ubushobozi bituma bamenya uko bibeshaho binyuze mu buryo bakora ibintu. Iyo ububakiye ubushobozi uba ubahaye byose kandi ndumva ntawe ubishidikanyaho.”

Ku mpamvu zatumye u Rwanda ruha abagore ijambo, Perezida Kagame yavuze ko icyabiteye ari ikintu cyumvikana ku muntu wese ushaka kumva.

Yavuze ko mu Rwanda abagore bagize 52% by’abarutuye bose.

Ahereye kuri iyo mibare ubwayo, Kagame yavuze ko gufata abantu bangana gutyo ukabigizayo ngo ntibashoboye, byaba ari uguhombya igihugu.

Ikindi kandi ngo abagore nabo bafite uburenganzira nk’ubw’abandi bantu bityo bakwiye guhabwa umwanya mu bintu byose bibera mu bihugu byabo.

Umukuru w’u Rwanda avuga ko buri muntu wese uri ho hari aho yahuriye n’umugore, yaba uwamubyaye cyangwa uwo yashatse.

Avuga kandi ko kuba abagore baragize uruhare rutaziguye mu kubohora u Rwanda, bibaha umwanya ufatika mu buzima bwarwo muri iki gihe.

Ati: “ Ayo niyo mahitamo yacu kuri iyo ngingo kandi amateka yerekana ko tutahisemo nabi.”

Muri iki kiganiro kandi, Perezida Kagame yavuze ko kudashora imari muri Afurika ngo ni uko hariyo ibibazo, byaba ari ikosa rikomeye.

Avuga ko kudashora ku mugabane utuwe na miliyari irenga y’abaturage biganjemo urubyiruko kandi ukaba ukize ku mutungo kamere byaba ari ikosa rinini.

Kagame yabwiye Richard Attias wamuganirizaga ko kwanga kujya gushora muri Afurika ngo ni uko hari ibibazo, byaba ari ikosa kuko ku isi hose ntaho utazasanga ibibazo.

Ku byerekeye za coups d’états, Perezida Kagame avuga ko abantu batagombye gusa kujya batinda kurizo ubwazo, ahubwo bakareba n’inkomoko yazo.

Avuga ko kuba Guverinoma yari iri ku butegetsi yari iya’Abasivili igakurwaho n’abasirakare bitavuze ko iy’abasirikare ari yo izaba mbi kuko hari n’iz’abasivili ziba zitegeka nabi cyane.

Kuri Perezida Kagame icya mbere ni igifitiye akamaro abaturage kandi mu kureba ibibazo bya za coups hakajya habaho no kwibaza uruhare rw’ibihugu byahoze ari iby’abakoloni muri ibyo bihugu bivugwamo iki kibazo.

Abajijwe inzego abona abashoramari baza mu Rwanda bazashyiramo amafaranga yabo, Perezida Kagame yavuze ko aha mbere ari mu kubakira Abanyarwanda ubumenyi, ariko ntihibagirane n’ubuhinzi bugamije kwihaza mu biribwa ndetse n’ikoranabuhanga.

TAGGED:AbagoreAfurikafeaturedIkoranabuhangaIshoramariKagame
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abanyarwanda Baba Canada N’Amerika Baraganira Uko Bateza Imbere Urwababyaye
Next Article Rwandair Yaguze Indege ya Karindwi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

Uganda: Batangiye Kwitegura Guhangana Na Ebola

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?