Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Jacob Zuma Yarokotse Indi Mpanuka
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Jacob Zuma Yarokotse Indi Mpanuka

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 March 2024 1:45 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umugabo wigeze kuyobora Afurika y’Epfo Jacob Zuma yakoze impanuka ariko ku bw’amahirwe arayirokoka. Bivugwa ko yagonzwe n’umusinzi.

Nyuma y’iyo mpanuka abo mu ishyaka rye bavuze ko yagonzwe n’umuntu wo muri ANC, ikaba ishyaka  yahozemo akaba aherutse kurivamo akishingira irye.

Uyu mugabo aherutse gushinga ishyaka yise uMkhonto we Sizwe (MK).

Ni ishyaka abo muri ANC bavuga ko yashinze agamije kugendera ku matwara asa n’ayo mu ishyaka rya Apartheid ry’Abazungu bahoze ari ba gashakabuhake, bakoreraga Abirabura irondaruhu.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Umuvugizi w’iri shyaka witwa Nhlamulo Ndhlela yagize ati: “ Impanuka ebyiri z’imodoka mu gihe cy’umwaka n’igice gusa kandi zose zigatezwa n’abavugwa ko ‘ari abashoferi basinze’ bagenda bakagonga imodoka ya Perezida Zuma! Ibyo bigaragaza ko ari ugushaka kumwica babigambiriye”.

Avuga ko abayoboke b’iri shyaka bamaze igihe kirekire bakurikiranira hafi ibiba kuri Zuma, bakanzura ko hari umugambi uhishe wo kumwica.

Ibi ngo byatangiye kwigaragaza nyuma y’uko mu Ukwakira 2023, Zuma atangarije ko azongera akiyamamaza mu matora ataha ahagarariye ishyaka rye MK kugira ngo yongere asubire muri Politiki neza.

Zuma wahoze ari umwe mu bayobozi b’Imena b’ishyaka ANC (African National Congress ‘ANC’ ), yaryirukanywemo mu mwaka wa 2018 ashinjwa ibyaha birimo ruswa yatumye akoresha nabi umutungo wa Leta ndetse akagirana amasezerano y’imikoranire n’umuryango w’abakire bitwa Gupta b’Abahinde.

Ni umuryango w’abakire bakomeye muri Afurika y’Epfo.

- Advertisement -

Impanuka yaraye imubayeho ije ikurikirana n’uko kuri uyu wa Kane taliki 28, Werurwe, 2024, Komisiyo y’amatora ya Afurika y’Epfo yatangaje ko Zuma akumiriwe kuziyamamaza ku mwanya wa Perezida wa Repubulika mu matora ateganyijwe ku italiki 29 Gicurasi, uyu mwaka[2024].

Polisi yo muri Afurika y’Epfo yatangaje ko umushoferi w’imyaka 51 wari utwaye imodoka yasinze ari we wagonze Jacob Zuma.

Nyuma yo kuyirokoka, Jacob Zuma yahise ajyanwa iwe ariko uwo mushoferi arafatwa.

Iyo mpanuka yabereye mu Ntara ya KwaZulu Natal.

RFI yatangaje ko Zuma w’imyaka 81 y’amavuko ashaka kongera kwiyamamaza ku mwanya wa Perezida wa Repubulika kandi Itegeko Nshinga rya Afurika y’Epfo ritegenya ko nta muntu wemerewe kwiyamamaza kuri uwo mwanya igihe cyose yaba yarakatiwe n’inkiko igifungo kirengeje amazi cumi n’abiri.

Amateka ya Zuma yerekana ko yakatiwe n’urukiko gufungwa amezi cumi n’atanu ariko aza gufungurwa nyuma y’amezi abiri kubera uburwayi.

TAGGED:AfurikaANCEpfofeaturedImpanukaIshyakaZuma
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nyamasheke: Baravugwaho Guta Umwana Wabo Mu Bwiherero ARI MUZIMA
Next Article IPhone 16 Yaje
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?