Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Jean-Pierre Bemba Arasabwa Kwegura
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Jean-Pierre Bemba Arasabwa Kwegura

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 December 2025 9:11 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Bemba. Ifoto:CNN
SHARE

Umudepite mu Nteko ishinga Amategeko ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo witwa Christian Mwando Nsimba yasabye ko Visi Minisitiri w’Intebe akaba na Minisitiri w’ubwikorezi, Jean-Pierre Bemba, yegura kuko akazi kamunaniye.

Abishingira ku ngingo y’uko kuva Bemba yahabwa izo nshingano hafi mu myaka ibiri ishize, atakemuye ikibazo cy’umubyigano w’ibinyabiziga by’i Kinshasa kandi hirya no hino mu gihugu abantu bakaba badasiba kurohama mu biyaga bagapfa.

Depite Christian Mwando Nsimba usanzwe uhagarariye Intara ya Tanganyika akaba akomoka ahitwa Kabalo avuga ko Bemba nategura, azahamagazwa mu Nteko agasobanura impamvu adakemura ibyo bibazo byugarije abaturage.

Asanga kuba ibintu bimeze gutyo kandi bikaba bimaze igihe ari ikimenyetso cy’uko Jean-Pierre Bemba adashoboye, icyakora we ntacyo aratangaza kubimuvugwaho nk’uko Radio Okapi ibyemeza.

Jean-Pierre Bemba Gombo ni umwe mu banyapolitiki bakomeye muri Guverinoma ya DRC muri iki gihe.

Mbere yo kujya mu nshingano arimo ubu, yahoze ari Minisitiri w’ingabo wungirije, akaba yarigeze no kuba umwe muri ba Visi Perezida ba Repubulika bane bategekanaga na Joseph Kabila guhera tariki 17, Nyakanga, 2003 kugeza mu Ukuboza, 2006.

Yabaye kandi umuyobozi w’umutwe w’inyeshyamba za MLC( Mouvément pour la Libération du Congo) ariko aza kuwuhinduramo ishyaka rya Politiki mu mwaka wa 2006.

Muri Mutarama, 2007 yatorewe kujya muri Sena ya DRC.

Uko ibihe byatambukaga niko yazamurwaga mu ntera bitewe n’uko Politiki ya DRC yari imeze muri ibyo bihe.

Ubwo yajyaga mu Burayi mu mwaka wa 2008, yarafashwe arafungwa bisabwe n’Urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rumushinja ibyaha byibasiye inyokomuntu.

Yafungiwe i La Hague mu Buholandi amara imyaka umunani afunzwe ataraburana ngo akatirwe, ariko mu mwaka wa 2016 aza gukatirwa imyaka ibiri yiyongera ku yo yari amazemo.

Mu mwaka wa 2018 yararekuwe, abamwunganiraga baregera indishyi z’uko yamaze icyo gihe cyose afunzwe atarahamwe n’ibyaha ariko izo ndishyi n’ubu aracyazitegereje.

Impamvu ivugwa ko atazanazihabwa ni iy’uko amategeko ya Roma agena ibya ruriya rukiko adateganya igihe runaka umuntu atagomba kurenza muri gereza ategereje kuburanishwa.

Mu yandi magambo, umuntu ashobora gufungwa igihe kirekire gishoboka akazarekurwa ntahabwe indishyi kuko bidateganyijwe, bivuze ko ashobora no kugwa muri gereza bikarangirira aho!

TAGGED:AbaturageBembafeaturedImihandaKurohamaKweguraUmudepite
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abanyarwanda Bumve Ko Batekanye- ACP Rutikanga
Next Article Amakipe Yaturutse Muri Sudan Ari Kwitwara Neza Muri Shampiyona Y’u Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Polisi Yafashe Abibaga Abatuye Ikirwa Cya Nkombo

Amakipe Yaturutse Muri Sudan Ari Kwitwara Neza Muri Shampiyona Y’u Rwanda

Jean-Pierre Bemba Arasabwa Kwegura

Abanyarwanda Bumve Ko Batekanye- ACP Rutikanga

Kirehe: Abimuwe Kubera Urugomero Rwa Rusumo Bagiye Gutaha Inzu Nshya

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ababitse Ibitabo By’Amateka Y’u Rwanda Barasabwa Kubishyira Inkoranyabitabo Y’Igihugu

UN Yemeza Ko Nta Nzara ‘Ikomeye’ Ikiri Muri Gaza

Amerika Yagabye Igitero Muri Syria

DJ Toxxyk Akurikiranyweho Kugonga Umupolisi Agapfa

Ibitabo Umuntu Yandika Ni Umutungo We Bwite Ashobora No Gutanga- Prof Nzeyimana Wigisha Filozofiya

You Might Also Like

Ubukungu

BRD Yahawe Umuyobozi Mushya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Minisitiri W’Umutekano Asaba Abaturage Kuzirikana Ko Umutekano Ugira Ikiguzi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Hashyizweho Itsinda Rizakurikirana Uko Kuhira Imyaka Bizakorwa Muri Kayonza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Guverineri W’Intara y’Amajyaruguru Asaba Abaturage Kwitabira Gutera Ibiti

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?