Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Jeannette Kagame Yitabiriye Inama y’Umuryango W’Abadamu B’Abakuru B’Ibihugu Bya Afurika
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Jeannette Kagame Yitabiriye Inama y’Umuryango W’Abadamu B’Abakuru B’Ibihugu Bya Afurika

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 September 2022 8:56 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Madamu Jeannette Kagame yitabiriye Inama  y’Abafasha b’Abakuru b’ibihugu by’Afurika igamije iterambere iri kubera i New York. Ni Inama y’Umuryango witwa OAFLAD ikaba yateranye mu rwego rwo kurebera hamwe aho ibyo uyu muryango wiyemeje bigeze bikorwa.

Ni muri gahunda uyu muryango  wihaye wo mu mwaka wa 2019 n’umwaka wa 2024.

Abadamu b’Abakuru b’Ibihugu bya Afurika bahuriye i New York kuko ariho hateraniye Inteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye yitabiriwe na ba Perezida batandukanye bo muri Afurika ndetse no ku Isi.

Inama yahuje abagize OAFLAD iri kurebera hamwe aho uyu muryango ugeze ushyira mu bikorwa gahunda wihaye.

Ni gahunda  igamije guha icyerekezo gishya uwo muryango no kurushaho guteza imbere umugabane wa Afurika.

Iyi gahunda yatumye inshingano z’uwo muryango zongerwa, ziva k’ukurwanya SIDA gusa ahubwo ziba urwego rwo guhinduka Umuryango w’Abadamu b’Abakuru b’ibihugu bya Afurika ugamije iterambere, Organization of African First Ladies for Development (OAFLAD).

Wihaye kandi inshingano zo guteza imbere iby’ubuzima bw’imyororokere no kwita ku babyeyi n’abana bakivuka.

Wita kandi k’uguteza imbere uburinganire no guha ubushobozi urubyiruko n’abagore, guharanira ubuvuzi bugera kuri bose, kwita ku mibereho myiza, kwita ku bafite ubumuga ndetse no kongerera inzego ubushobozi.

Umugore wa Perezida wa Namibia, Monica Geingos, ari nawe uyobora uriya muryango.

Yagaragaje ko n’ubwo intego uyu muryango wari wihaye zagiye zikomwa mu nkokora n’icyorezo cya COVID-19, ugikomeje inzira niza kandi ibintu biri kugenda neza.

A Working Lunch for African First Ladies:

The implementation of the @OAFLAD 2019-2024 Strategic Plan, despite Covid disruptions, is well under way.

Today, in New York, First Lady Mrs Jeannette Kagame joins her Sisters to evaluate steps ahead; progress is in the pipeline! pic.twitter.com/KVfSZdtUPh

— First Lady of Rwanda (@FirstLadyRwanda) September 20, 2022

Umuryango OAFLAD  washinzwe mu mwaka wa 2002.

Madamu Jeannette Kagame yigeze kuwubera  umuyobozi kuva mu mwaka wa 2004 kugera 2006.

Niwe watangije gahunda yo kwita ku bana kugira ngo barererwe mu miryango.

Awuyobora nibwo hatangijwe ubukangurambaga bwo ku rwego rwa Afurika bugira buti: “Ita ku mwana wese nk’uwawe.’

TAGGED:featuredKagameRwandaUmufashaUmuryango
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Muhanga: Ubuyobozi Bw’Akarere Bwasabye Ko Cyamunara Iba Ihagaritswe
Next Article Putin Agiye Kugaba ½ Cy’Ingabo Ze Muri Ukraine
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?