Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Jimmy Gatete N’Abandi Banyabigwi Bakiriwe Na Perezida Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Jimmy Gatete N’Abandi Banyabigwi Bakiriwe Na Perezida Kagame

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 October 2022 7:09 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma yo gufungura Inama nyafurika ihuza urubyiruko yitwa Youth Connekt 2022, Perezida Kagame yakiriye abanyabigwi baconze ruhago bigatinda barimo Umunyarwanda Jimmy Gatete.

Abo banyabigwi barimo na Patrick Mboma abaturage ba Cameroun badashobora kuzibagira kubera ibyishimo yahaye ikipe y’igihugu cyabo yitwa Les Lions Indomptables.

Ibi byamamare biri mu Rwanda mu rwego rwo gutegura igikombe cy’isi cy’abawuconze  bagasazana ibitego kizakinirwa mu Rwanda mu mwaka wa 2024.

Amakuru avuga ko kiriya gikombe kizakinirwa muri Stade  Amahoro.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Muri iki gihe iri kuvugururwa kugira ngo ibe  stade nziza kurusha izindi ziri mu Karere u Rwanda ruherereyemo.

Umwe mu basomyi ba Taarifa witwa Ntwari avuga ko Stade Amahoro ubwo yatahwaga bwa mbere mu mwaka wa 1987 nabwo yari iya mbere mu Karere u Rwanda ruherereyemo.

Yatashywe ku Italiki ya 05, Nyakanga, 1987 ubwo u Rwanda rwizihizaga imyaka 25 rwari rumaze rubonye ubwigenge.

Bivugwa ko indi Stade yaje iyikurikiye mu Karere u Rwanda ruherereyemo ari iyubatswe na Mobuto Sese Seko wayoboraga icyahoze ari Zaïre, ubu ni Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

Icyo gihe Mobutu yari amaze kubona ko iyo u Rwanda rwubatse ari nziza, yiyemeza kuba imeze nkayo ariko ngari kurushaho.

- Advertisement -

Perezida Kagame kandi yakiriye Visi Perezida wa Kenya witwa Rigathi Gachagua n’itsinda yaje ayoboye ubwo bitabiraga itangizwa rya Youth Connekt 2022 iri kubera mu Rwanda.

Umukuru w’u Rwanda n’aba bayobozi baganiriye uko ibihugu byombi byakomeza gukorana mu nyungu z’ababituye.

Earlier today on the sidelines of #YouthConnekt2022, President Kagame met with Football legends from Africa who are in the country as part of their world tour ahead of @VCWC2024. The legends’ tour aims to uplift the next generation of professional footballers on & off the pitch. pic.twitter.com/mKu809U8Z2

— Presidency | Rwanda (@UrugwiroVillage) October 13, 2022

TAGGED:featuredGateteKagameKenyaStade
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Impanga Z’Aba DJ Bo Muri Afurika Y’Epfo Bategerejwe I Kigali
Next Article Rubavu: Abavunjayi B’Inyeshyamba Bafashwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Perezida Wa Guinea Conakry Yaraye Yakiriwe N’Abaturage Be Baba Mu Rwanda

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?