Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kagame Ati: ‘ Twubakire Afurika Inganda Zikora Inkingo Kuko Hazaduka Ibindi Byorezo’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Kagame Ati: ‘ Twubakire Afurika Inganda Zikora Inkingo Kuko Hazaduka Ibindi Byorezo’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 February 2022 5:59 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubwo yagezaga ijambo ku bitabiriye inama irebera hamwe uko Afurika yafashwa kugira inganda zikora inkingo, Perezida Paul Kagame yavuze ko muri iki gihe ari ngombwa gufasha uyu mugabane kugira inganda kuko bitinde bitebuke ku isi hazongera hakaduka icyorezo.

Bityo ngo ni ngombwa ko Afurika nayo itagomba gutereranwa ngo ntigire inganda zikora ziiye nkingo bikazatuma izahazwa na biriya byorezo.

Ni mu nama iri kubera mu Budage yitabiriwe n’abahanga mu gukora inkingo hamwe n’abafata ibyemezo bya Politiki ku rwego rwo hejuru barimo n’Abakuru b’ibihugu nk’uw’igihugu cya Ghana Prof Nana Akufo -Addo, uwa Senegal witwa Macky Sall n’abandi.

Umukuru w’u Rwanda Paul Kagame yatsindagirije akamaro ko gufatanya mu buryo bunoze kandi burambye kugira ngo Isi niyongera guhura n’icyorezo nka COVID-19 izashobore kwivana mu bibazo kizateza kuko bitazabura.

Ati: “ Kuba abo muri BioNTech barahisemo gufasha Afurika kugira  ruriya ruganda  ni ikimenyetso cyiza cy’uko gahunda zafashwe zigamije guteza imbere Afurika ari nziza kandi zizagera ku ntego bityo bikihutisha guhanga udushya muri uru rwego.”

Perezida Kagame yashimye abo mu kigo BioNTech kuko kuba bariyemeje gufasha Afurika ari ikintu gihambaye kitegeze kubaho mu bufatanye bw’Afurika n’u Burayi mbere.

Ku byereyeke u Rwanda, Umukuru w’iki gihugu yabwiye abari bamuteze amatwi ko ruzakora ibyo rwiyemeje byose kugira ngo uruganda rw’inkingo ruzarwubakwamo ruzuzure ku gihe cyagenwe kandi rukore neza.

Yemeza ariko ko u Rwanda ruzakorana na Senegal, Ghana n’ibindi bihugu by’Umuryango w’Afurika yunze ubumwe kugira ngo ibyo kubaka ruriya ruganda bizagerweho nk’uko byagenwe.

Afurika isanzwe ifite ikigo gishinzwe kurwanya ibyorezo kitwa Africa CDC ndetse n’ishami ry’Umuryango w’Afurika yunze ubumwe rishinzwe iterambere ryawo riyobowe na Perezida Kagame ryitwa NEPAD n’ibindi.

Mu mpera z’umwaka wa 2021 nibwo u Rwanda rwasinyanye amasezerano n’ubuyobozi bw’uruganda BionTech ariko ko uru ruganda ruzafasha u Rwanda kubaka uruganda rukora inkingo n’indi miti.

Ubuyobozi bw’iki kigo  kigo bwemeye kuzasangiza ubumenyi bwacyo Abanyarwanda bazaba bakora muri urwo ruganda rw’inkingo.

Mu ntangiriro z’uyu mwaka , Perezida Kagame yigeze kuvugira mu Nteko ishinga amategeko y’u Rwanda ko ziriya nkingo niziboneka aba mbere zizabanza kugirira akamaro ari Abanyarwanda ubwabo mbere y’uko zihabwa abandi bantu.

Hari mu muhango wo kwakira  indahiro y’Umugenzuzi mukuru w’imari ya Leta mushya Bwana Alex Kamuhire.

Biteganywa ko uru ruganda rw’inkingo ruzubakwa mu cyanya cyahariwe Inganda cya Masoro mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, hafi na Carnegie Mellon University.

Bibarwa ko amafaranga azarugendaho arenga miliyoni 100 z’amayero.

Mu ntangiriro ruzaba rukora inkingo miliyoni 50 ku mwaka, ariko zizagenda ziyongera bitewe n’uko zikenewe.

Imirimo yo kurwubaka iteganyijwe hagati mu mwaka utaha, mu gikorwa kizafata imyaka ibiri.

TAGGED:AfurikafeaturedGhanaIcyorezoKagameSenegalUruganda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Iterambere Ry’Ikoranabuhanga Mu Kohererezanya Amafaranga Ejo Hazaza
Next Article Umuntu Wa Gatatu Ku Isi Yakize Sida
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Ibanga Kepler Yakoresheje Ngo Ihagarare Neza Muri Basket Y’Abagore

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Kwitabira Gufata Irangamimerere Byitabirwe Na Buri Wese- MINALOC 

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibiza KamereMu RwandaUmutekano

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?