Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kagame Yaburiye Abayobozi Bashyira Imbere Inyungu N’Imyumvire Yabo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

Kagame Yaburiye Abayobozi Bashyira Imbere Inyungu N’Imyumvire Yabo

admin
Last updated: 19 March 2021 3:04 pm
admin
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yibukije abayobozi ko imikorere igomba kubaranga ikwiye gushingira ku ntego igihugu gifite, bakirinda gushyira imbere uburyo bumvamo ibintu gusa cyangwa inyungu zabo.

Ni ubutumwa yatanze kuri uyu wa Gatanu ubwo yakiraga indahiro z’abayobozi baheruka gushyirwa mu myanya barimo Gatabazi Jean Marie Vianney wagizwe Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu na Uwamaliza Habyarimana Beata wagizwe Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda.

Kagame yavuze ko n’ubwo abarahiye ari bashya mu nshingano bahawe, basanzwe bakorera igihugu mu yindi mirimo.

Ati “Icyo bivuze gusa uyu munsi ni uko imbaraga mwakoreshaga no mu busanzwe ubu zigiye kwiyongera, mube mwiteguye kongera imbaraga kurusha uko byari bisanzwe.”

Yibukije abayobozi bose ko bakorera Abanyarwanda kugira ngo ubuzima bwabo bumere neza, ku buryo inyungu zabo atari zo zikwiye kubanza imbere.  

Ati “Ntabwo ari twe ba mbere tubona inyungu z’ibikorwa nubwo natwe bitugeraho, abagomba kubona inyungu z’ibikorwa ni Abanyarwanda. Birumvikana, bivugwa kenshi ariko ntabwo ariko iteka byuzuzwa.”

Yabasabye kwirinda gukora baganisha mu nyungu zabo bwite cyangwa gushingira gusa mu buryo bashakamo ibintu cyangwa babyumva.

Ati “Ibyo ntabwo ariko ubundi bigenda. Imikorere ishingira ku byo twumvikanyeho twese nk’igihugu, nk’Abanyarwanda mu nzego zitandukanye. Hajyaho uburyo, hakajyaho ingamba, hakajyaho politiki, bikubiye hamwe abantu bumvikanyeho, tugakora tuganisha muri iyo nzira.”

“Ntabwo ari ugukora wowe gusa nk’uko ubyumva, ngo njyewe uko mbyumva ni uku ni ko ngiye gukora, kenshi nibyo bizana ibibazo. Hari ugukora uganisha ku nyungu zawe gusa bwite, hari no gukora uganisha mu bitekerezo byawe bwite gusa.”

Yavuze ko bene iyo mikorere ari yo ikunze guteza ibibazo, asaba abayobozi ko “iteka bajya bagerageza kubyiyibutsa, ndetse bakabyirinda.”

Indi ngingo Perezida Kagame yagarutseho, ni uko abayobozi bashya bagiye mu myanya mu bihe bibi by’icyorezo cya COVID-19.

Ni icyorezo cyagize ingaruka nyinshi ku bukungu bw’igihugu n’ubuzima bw’abantu, ku buryo uburemere bw’imirimo n’inshingano bafite byiyongereye inshuro nyinshi.

Ati “Tugomba gukomeza kugerageza gukoresha imbaraga nyinshi, gutekereza kwinshi, kwitanga, imyumvire ubwacu ikwiye guheraho ariko bigana no ku baturage kugira ngo twumve ko ikibazo uko giteye, ibyo bari badutezeho kenshi ntibishoboka nk’uko bikwiye, ntibyihuta, ariko icyangombwa ni uguhora dusobanura.”

Umukuru w’igihugu yavuze ko iyo usobanuriye abantu ikibazo icyo aricyo, uko giteye, ingamba ufite, ibyo ugerageza gukora, byoroshya uburemere bw’ikibazo iyo abantu bakiganira, ndetse henshi umuti ukaboneka.

Gatabazi yasimbuye Prof Shyaka Anastase wakuweho, naho Uwamaliza asimbura Soraya Hakuziyaremye wagize Visi Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda.

TAGGED:featuredPaul Kagame
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Iperereza Ryanzuye Ko AstraZeneca Ntaho Ihuriye No Kwipfundika Kw’Amaraso
Next Article Amb w’u Rwanda Muri Tanzania Yasezeye Kuri Magufuli
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Amerika Ikomeje Kureshya DRC Ku Byerekeye Amabuye Y’Agaciro

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abanyakigali Bakomeje Kugemurirwa Urumogi

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Misiri Irashaka Gukaza Umutekano Ku Mupaka Wayo Na Gaza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?