Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kagame Yaburiye Abayobozi Bashyira Imbere Inyungu N’Imyumvire Yabo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

Kagame Yaburiye Abayobozi Bashyira Imbere Inyungu N’Imyumvire Yabo

admin
Last updated: 19 March 2021 3:04 pm
admin
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yibukije abayobozi ko imikorere igomba kubaranga ikwiye gushingira ku ntego igihugu gifite, bakirinda gushyira imbere uburyo bumvamo ibintu gusa cyangwa inyungu zabo.

Ni ubutumwa yatanze kuri uyu wa Gatanu ubwo yakiraga indahiro z’abayobozi baheruka gushyirwa mu myanya barimo Gatabazi Jean Marie Vianney wagizwe Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu na Uwamaliza Habyarimana Beata wagizwe Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda.

Kagame yavuze ko n’ubwo abarahiye ari bashya mu nshingano bahawe, basanzwe bakorera igihugu mu yindi mirimo.

Ati “Icyo bivuze gusa uyu munsi ni uko imbaraga mwakoreshaga no mu busanzwe ubu zigiye kwiyongera, mube mwiteguye kongera imbaraga kurusha uko byari bisanzwe.”

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Yibukije abayobozi bose ko bakorera Abanyarwanda kugira ngo ubuzima bwabo bumere neza, ku buryo inyungu zabo atari zo zikwiye kubanza imbere.  

Ati “Ntabwo ari twe ba mbere tubona inyungu z’ibikorwa nubwo natwe bitugeraho, abagomba kubona inyungu z’ibikorwa ni Abanyarwanda. Birumvikana, bivugwa kenshi ariko ntabwo ariko iteka byuzuzwa.”

Yabasabye kwirinda gukora baganisha mu nyungu zabo bwite cyangwa gushingira gusa mu buryo bashakamo ibintu cyangwa babyumva.

Ati “Ibyo ntabwo ariko ubundi bigenda. Imikorere ishingira ku byo twumvikanyeho twese nk’igihugu, nk’Abanyarwanda mu nzego zitandukanye. Hajyaho uburyo, hakajyaho ingamba, hakajyaho politiki, bikubiye hamwe abantu bumvikanyeho, tugakora tuganisha muri iyo nzira.”

“Ntabwo ari ugukora wowe gusa nk’uko ubyumva, ngo njyewe uko mbyumva ni uku ni ko ngiye gukora, kenshi nibyo bizana ibibazo. Hari ugukora uganisha ku nyungu zawe gusa bwite, hari no gukora uganisha mu bitekerezo byawe bwite gusa.”

- Advertisement -

Yavuze ko bene iyo mikorere ari yo ikunze guteza ibibazo, asaba abayobozi ko “iteka bajya bagerageza kubyiyibutsa, ndetse bakabyirinda.”

Indi ngingo Perezida Kagame yagarutseho, ni uko abayobozi bashya bagiye mu myanya mu bihe bibi by’icyorezo cya COVID-19.

Ni icyorezo cyagize ingaruka nyinshi ku bukungu bw’igihugu n’ubuzima bw’abantu, ku buryo uburemere bw’imirimo n’inshingano bafite byiyongereye inshuro nyinshi.

Ati “Tugomba gukomeza kugerageza gukoresha imbaraga nyinshi, gutekereza kwinshi, kwitanga, imyumvire ubwacu ikwiye guheraho ariko bigana no ku baturage kugira ngo twumve ko ikibazo uko giteye, ibyo bari badutezeho kenshi ntibishoboka nk’uko bikwiye, ntibyihuta, ariko icyangombwa ni uguhora dusobanura.”

Umukuru w’igihugu yavuze ko iyo usobanuriye abantu ikibazo icyo aricyo, uko giteye, ingamba ufite, ibyo ugerageza gukora, byoroshya uburemere bw’ikibazo iyo abantu bakiganira, ndetse henshi umuti ukaboneka.

Gatabazi yasimbuye Prof Shyaka Anastase wakuweho, naho Uwamaliza asimbura Soraya Hakuziyaremye wagize Visi Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda.

TAGGED:featuredPaul Kagame
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Iperereza Ryanzuye Ko AstraZeneca Ntaho Ihuriye No Kwipfundika Kw’Amaraso
Next Article Amb w’u Rwanda Muri Tanzania Yasezeye Kuri Magufuli
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?