Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kagame Yabwiye Afurika Ko DRC Ikomeje Kwihunza Ibibazo Byayo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yabwiye Afurika Ko DRC Ikomeje Kwihunza Ibibazo Byayo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 February 2025 7:16 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida Kagame yabwiye abagize Akanama ka Afurika yunze ubumwe bari mu nama iri kubera Addis Ababa ko bibabaje kubona abayobozi ba DRC bihunza ibibazo biri mu gihugu cyabo bakabigereka ku bandi.

Ni ibintu yavuze ko biteye isoni kandi bidatanga umuti urambye mu guhosha intambara imaze igihe ica ibintu muri kiriya gihugu.

Ati: “ Niba gushinja abandi ibibazo biri imbere mu gihugu cyabo no gukomeza kubeshya amahanga ari byo bahisemo ngo ikibazo cyabo gikemuke,  baribeshya. Naho ubundi iriya ntambara yagombye kuba yararangiye kera”.

Kagame avuga ko Kinshasa yiyemeje kubeshya amahanga  mu buryo ubwo ari bwo bwose, ikabikora nta kindi yitayeho.

Perezida w’u Rwanda avuga ko, mu kuvuga iby, DRC yirangagiza ko ikorana na FDLR, umutwe w’abakoze Jenoside yakorewe Abatutsi bakibifite kandi no mu ngengabitekerezo yabo.

Avuga ko abavuga ko uyu mutwe nta kibazo uteje u Rwanda baba bashaka gupfobya amateka yarwo, akerurira abantu nkabo ko adashobora kubibemerera.

Kagame yabakuriye inzira ku murim ako u Rwanda ntawe ruzemerera ko arutegeka uko rugoba kubaho no kumenya uwo rusaba uruhushya rwo kwirindira umutekano.

Ati: “ Nta muntu n’umwe uri muri iki cyumba cyangwa ahandi aho ari ho hose nzasaba ngo ampe uruhushya rwo kubaho no kubeshaho neza abaturage banjye. Ntabyo rwose ntibizashoboka.Tuzabaho kuko ari uburenganzira bwacu, atari impano y’uwo ari we wese”.

Yasabye ubutegetsi bwa Kinshasa kureka ibyo gutaka kwa buri kanya , aka wa mugani w’Abanyarwanda uvuga ko ‘umwana murizi adakurwa urutozi’.

Asanga inama nziza ikwiye kugirwa ubuyoboi bwa DRC ari ugufata mu ntoki inshingano zayo, ikareba aho ibibazo biherereye ikabikemura mu mizi.

Ibyo guhora ivuga ko u Rwanda rwivanga mu byayo ngo ikwiye kubireka kuko ntacyo byayimariye kugeza ubu.

Asaba abantu kuzirikana ko u Rwanda narwo rufite ibibazo byarwo rugomba kwitaho kandi ko rutabibangikanya n’iby’abandi.

Mu kurangiza imbwirwaruhame ye, Kagame yavuze mu buryo budaciye ku ruhande ko kuba u Rwanda ari ruto mu buso kandi rukaba rukennye bitavuze ko ari insina ngufi buri wese yacaho urukoma.

Ijambo rye yarivuze mu gihe hari umwuka mubi hagati ya Kigali na Kinshasa, aho u Rwanda rushinjwa gufasha M23 uyu ukaba umutwe w’abaturage ba DRC bafashe intwaro barwanira guhabwa uburenganzira bwabo.

Bagiye kumara ukwezi bafashe umujyi wa Goma ndetse barototera gufata n’uwa Bukavu muri Kivu y’Amajyepfo.

U Rwanda rwahakanye kenshi ko rudafasha M23 gusa Perezida Kagame aherutse kubwra Jeune Afrique ko gufasha umutwe ugizwe n’abantu bakorerwa ibya mfura mbi nta kibi cyaba kibirimo.

Umuhati wa dipolomasi ngo umwuka mubi hagati ya Kigali na Kinshasa urangire urakomeje kandi uri gushyirwamo imbaraga n’inzego zitandukanye haba ku rwego rwa Afurika no mu bindi bice by’isi.

TAGGED:AfurikafeaturedIntambaraKagameM23Umutekano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ubukungu Bwacu Buzakomeza Kuba Bwiza-Guverineri Rwangobwa
Next Article Harabura Gato Ngo Hatorwe Usimbura Faki
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

Uganda: Batangiye Kwitegura Guhangana Na Ebola

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?