Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kagame Yahuye Na Minisitiri Mushya W’Intebe W’Ubwongereza
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yahuye Na Minisitiri Mushya W’Intebe W’Ubwongereza

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 July 2024 2:25 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yaganiriye na Minisitiri mushya w’Intebe mu Bwongereza witwa Sir. Keir Starmer. Ni ibiganiro byabereye mu Bufaransa aho bombi bagiye kwitabira itangizwa ry’imikino Olempiki ryabaye kuri uyu wa Gatanu.

Ku rubuga rwa X rw’ibiro bya Perezida Kagame handitse ko we na Starmer baganiriye ku ngingo zirimo ubufatanye mu bucuruzi, muri siporo, ikoranabuhanga no kurinda ibidukikije.

Nta makuru y’uko aba bayobozi bombi baganiriye ku ihagarikwa ry’amasezerano arebana n’abimukira yitangajwe, ariko birashoboka ko baba babigarutseho.

Ni ingingo imaze imyaka hafi itatu iganirwaho hagati y’u Rwanda n’Ubwongereza.

U Rwanda ruvuga ko rwiteguye kwakira abimukira bazaza barugana.

Uruhande rw’Ubwongereza ruherutse kuvuga ko ayo masezerano yahagaritswe kuko Guverinoma yari yayashyizeho yavuyeho kandi ngo ni amasezerano yapfuye ataravuka.

Aho ingoma zihinduriye imirishyo mu Bwongereza, ishyaka ryagiye ku butegetsi ryahise rihagarika ayo masezerano.

Rivuga ko atari ashyize mu gaciro kandi ko yatakarijwemo miliyoni nyinshi z’amapawundi zari imisoro y’abaturage.

Ntawamenya ikizakurikiraho gusa u Rwanda rwo ruvuga ibyarurebaga rwabishyize ku munzani kandi ngo ibyo gusubiza Ubwongereza miliyoni nyinshi z’amapawundi ‘byo ntibirimo’.

TAGGED:AbimukiraAmasezeranoBwongerezafeaturedKagameStarmer
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Bufaransa: Uwa Mbere Mu Banyarwanda Mu Mikino Olempiki Yasezerewe
Next Article Israel Yagabweho Ikindi Gitero Gikomeye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Hari Kwigwa Uko Amakipe Yajya Akinira Mu Amahoro Stadium ‘Ku Giciro Kimwe’

Putin Yasabwe Kujya Mu Nama Y’Amahoro Yashyizweho Na Trump

FERWAFA Yamaganye Abafana Ba APR FC 

Abasenateri Barashaka Kumenya Uko Ubworozi Bw’u Rwanda Bubungabunzwe

Gari Ya Moshi Zagonganye Hapfa Abantu 21

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Niki Cyateye Igiciro Cy’Ikawa Y’u Rwanda Kuzamuka?

U Rwanda Rusanga Imvugo Za Ndayishimiye Zibangamira Umubano Warwo N’Uburundi

Rwanda: 80.7% By’Abana Bari Munsi Y’Imyaka Itandatu Bahabwa Serivise Mu Irerero

Kuki Hari Imyanzuro u Rwanda Rwemera K’Uburenganzira Bwa Muntu Ntishyirwe Mu Bikorwa Yose

Kwamamaza Mushikiwabo, Uburundi, DRC… Uko Nduhungirehe Asobanura Ibyo Mu Karere

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Yajyanywe Kuri RIB Nyuma Yo Gushaka Kwiyahura Bikanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoUbubanyi n'Amahanga

Kagame yashimye ‘Senegal’ Yatwaye AFCON

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubumenyi Rusange

Imisemburo Y’Abagore Niyo Ibatera Kurwara Umutwe Kenshi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubumenyi N'Ubuhanga

Bigenda Gute Ngo Umubiri Wakomeretse Wisane?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?