Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kagame Yahuye Na Minisitiri Mushya W’Intebe W’Ubwongereza
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yahuye Na Minisitiri Mushya W’Intebe W’Ubwongereza

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 July 2024 2:25 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yaganiriye na Minisitiri mushya w’Intebe mu Bwongereza witwa Sir. Keir Starmer. Ni ibiganiro byabereye mu Bufaransa aho bombi bagiye kwitabira itangizwa ry’imikino Olempiki ryabaye kuri uyu wa Gatanu.

Ku rubuga rwa X rw’ibiro bya Perezida Kagame handitse ko we na Starmer baganiriye ku ngingo zirimo ubufatanye mu bucuruzi, muri siporo, ikoranabuhanga no kurinda ibidukikije.

Nta makuru y’uko aba bayobozi bombi baganiriye ku ihagarikwa ry’amasezerano arebana n’abimukira yitangajwe, ariko birashoboka ko baba babigarutseho.

Ni ingingo imaze imyaka hafi itatu iganirwaho hagati y’u Rwanda n’Ubwongereza.

U Rwanda ruvuga ko rwiteguye kwakira abimukira bazaza barugana.

Uruhande rw’Ubwongereza ruherutse kuvuga ko ayo masezerano yahagaritswe kuko Guverinoma yari yayashyizeho yavuyeho kandi ngo ni amasezerano yapfuye ataravuka.

Aho ingoma zihinduriye imirishyo mu Bwongereza, ishyaka ryagiye ku butegetsi ryahise rihagarika ayo masezerano.

Rivuga ko atari ashyize mu gaciro kandi ko yatakarijwemo miliyoni nyinshi z’amapawundi zari imisoro y’abaturage.

Ntawamenya ikizakurikiraho gusa u Rwanda rwo ruvuga ibyarurebaga rwabishyize ku munzani kandi ngo ibyo gusubiza Ubwongereza miliyoni nyinshi z’amapawundi ‘byo ntibirimo’.

TAGGED:AbimukiraAmasezeranoBwongerezafeaturedKagameStarmer
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Bufaransa: Uwa Mbere Mu Banyarwanda Mu Mikino Olempiki Yasezerewe
Next Article Israel Yagabweho Ikindi Gitero Gikomeye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Ambasaderi Wa Brésil Atanga Ikizere Ko Visit Rwanda Izagera Iwabo

Hari Umwuka Mubi Hagati Ya DRC Na Zambia

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kamonyi: Imodoka Itwara Abagenzi Yakoze Impanuka Ikomeye

Guinée Equatoriale Yahinduye Umurwa Wayo Mukuru 

Amerika Yarashe Rwagati Muri Venezuela 

Karongi: Abo Mu Nkambi Ya Kiziba Nabo Bamaganye Ingengabitekerezo Iba i Kinshasa

Kirehe-Ngoma: Koperative Yejeje Umuceri None Uri Gupfa Ubusa

You Might Also Like

Ubukungu

Gatsibo: Bizeye Kuzabona Amazi Yiyongera Kuyo Basanganywe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Amerika Irashaka ‘Kugura’ Greenland

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

2025: Umwaka Ikawa Y’u Rwanda Yarwinjirije Amadolari Menshi Kurusha Indi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Abagore 30 Mu Bakomando Ba RCS Batojwe Gutabara Aho Rukomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?