Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kagame Yakomoje Ku Kibazo Cy’Ingendo Muri Bisi, Ese Biraza Gukemuka?
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Kagame Yakomoje Ku Kibazo Cy’Ingendo Muri Bisi, Ese Biraza Gukemuka?

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 January 2023 8:04 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Hashize iminsi bamwe mu bahagarariye ibigo bitwara abantu mu modoka mu buryo bwa rusange batakambira Taarifa ngo ibavuganire kuko hari amafaranga Guverinoma ibagomba ariko yabimye bituma bahagarika imikorere.

Guhagarika imikorere bikubiyemo kugabanya abakozi no guhagarika ibinyabiziga kubera ko bitashobora kugenda nta mavuta byanyoye.

Ubu hari bisi(buses) na coasters 1000 zidakora.

Taliki 14, Ukuboza, 2022, abatwara abagenzi mu bigo  26 babwiye ubwanditsi bwa Taarifa  ko hari Miliyari Frw 8 Guverinoma y’u Rwanda yabambuye.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ngo ni amafaranga  Guverinoma yagombaga kubishyura kugira ngo bazibe icyuho batewe n’uko Leta yigeze kubasaba gutwara abaturage ku giciro gito, nayo ikazabaha nkunganire.

Si ubwa mbere ishyirahamwe ry’abashoferi risaba Guverinoma kuriha amafaranga yemeye ariko ntibikore.

Muri Gicurasi, 2022,  hari abasabaga Miliyari Frw 3 ariko nabo barategereje amaso ahera mu kirere.

Abagize ibigo 26 bitwara abagenzi twavuze haruguru bemeza ko bigeze kwandikira inzego za Leta zirimo n’Ibiro bya Minisitiri w’Intebe, Minisiteri y’ubucuruzi n’inganda n’iy’uburezi ariko ibibazo byabo byahejejwe mu tubati.

Amabaruwa banditse basaba kurenganurwa tuyafitiye kopi.

- Advertisement -

Kutishyurwa byarabahombeje ariko banababazwa n’uko n’inzego za Leta bitabaje zabimye amatwi.

Uvugira aba bashoferi witwa Theoneste Mwunguzi icyo gihe  yabwiye Taarifa ko kuba Guverinoma yarabimye amatwi byabakenesheje ariko ngo nta kundi babigenza.

Ati: “ Nta mbaraga dufite zo guhangana na Leta ariko birababaje kuba dushonje kandi Leta yari yaraduhaye isezerano ryadukura mu bukene.”

Mwunguzi avuga ko iyo barebye basanga nta cyizere cy’uko hari ikizakorwa.

Inzego za Leta zitana bamwana…

Ikigo cy’igihugu gishinzwe imirimo imwe n’imwe ifitiye igihugu akamaro, RURA, kigeze gusubiza itangazamakuru ko ikibazo cy’abo bantu ‘kiri mu maboko’ ya Minisiteri y’imari n’igenamigambi.

Umwe mu bakozi bo muri iyi Minisiteri yabwiye ubwanditsi bwa Taarifa, ishami ry’Icyongereza, ko iriya dosiye ‘iri mu maboko’ y’ushinzwe ikigega cya Leta, bamwita State Treasurer.

Icyakora nawe nta bisobanuro  yatanze kuri iki kibazo.

Muri Gicurasi, 2022, abashoferi bari batubwiye ko baberewemo na Leta Miliyari Frw 3 yagombaga gutangwa avuye mu kigega cy’ingoboka kitwa Economic Recovery Fund (ERF).

Yari amafaranga y’ibirarane by’amezi atatu, ni ukuvuga guhera muri Mutarama kugeza muri Mata, 2022.

Abashoferi n’abandi bakora muri biriya bigo 26 ni abantu 5,000.

Bakoresha bisi(buses) na coasters zigera ku 1000.

Bari kwibaza niba bizaba ngombwa ko bandikira Umukuru w’Igihugu ngo abavugire babone ayo bemerewe.

Ese bazarenganurwa nande kandi ryari?

Taliki 08, Gashyantare, 2022 hari abandi bayobora ibigo bitwara abagenzi mu buryo bwa rusange bandikiye Perezida Kagame ibaruwa bamusaba ko yabishyuriza kuko bo ‘ntako batari baragize bikanga.’

Kopi y’ibaruwa yabo ubwanditsi bwa Taarifa burayifite.

Nyuma y’aho bidatinze hari ayo bishyuwe ariko kuva icyo gihe kugeza ubwo twandikaga iyi nkuru nta yandi bahawe.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Ihuriro ry’abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange Eric Ruhimiriza yavugaga ko nibiba ngombwa bazongera bakandikira Perezida kuko ari we ‘batezeho amakiriro.’

Perezida Kagame yasabye ko gikemuka vuba…

Mu ijambo yaraye agejeje ku bayobozi bakuru bari baje kwakira indahiro ya Perezida mushya wa Sena, Perezida Kagame yakomoje ku kibazo cy’ingendo aho abantu babura uko bagera aho bajya ku gihe kubera ibibazo bya bisi( buses).

Yagize ati: “ Kugira ngo abantu bashobore gukora imirimo yabo mu buryo bwa buri minsi, baragenda. Numvise ko hari ikibazo cya transport…Abaturage uko bagenda muri bisi mu buryo buboroheye, barambwira ko birimo ikibazo…”

Perezida Kagame yavuze ko igitangaje ari uko ibyo ‘abyumva hanze mu baturage’ ariko ababishinzwe bakaba ‘ntacyo barabimubwiraho.’

Ati: “ Wenda murabizi cyangwa ntimubizi ariko muve aha mujya gukurikirana mumenye ikibazo uko giteye mugishakire umuti gikemuke kive mu nzira.”

Abatwara Abagenzi Mu Buryo Bwa Rusange Barashaka Kongera Kwandikira Perezida Kagame

TAGGED:AbagenziAbashoferiAbaturageBisifeaturedKagameSena
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umwana Umwe Muri 25 Bakomerekeye Mu Mpanuka Yo Ku Irebero Yapfuye
Next Article Uwahoze Ayobora Brazil Yajyanywe Mu Bitaro
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?