Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kagame Yanenze Ibihugu Bitanga Inkunga Mu Mutekano, Bigakorana n’Abawuhungabanya
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Kagame Yanenze Ibihugu Bitanga Inkunga Mu Mutekano, Bigakorana n’Abawuhungabanya

admin
Last updated: 11 June 2021 4:42 pm
admin
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yavuze ko isi muri iki gihe ikomeje kubakira ku busumbane, anenga ibihugu usanga bigira uruhare mu kubaka ibijyanye n’umutekano, bikarenga bigashyigikira abagamije kuwuhungabanya.

Kuri uyu wa Gatanu yitabiriye umuhango wo gusoza amasomo ku ba Ofisiye Bakuru 47 barimo 44 bo mu Ngabo z’u Rwanda na Batatu bo muri Polisi, bigaga mu Ishuri rikuru rya Gisirikare i Nyakinama mu Karere ka Musanze.

Basoje amasomo mu cyiciro cya cyenda mu bijyanye n’umutekano ari abo mu Rwanda gusa kubera icyorezo cya COVID-19, mu gihe ubundi wasangaga harimo abaturutse mu bihugu bitandukanye.

Perezida Kagame yibukije abarangije amasomo ko bafite uruhare bagomba kugira kugira ngo igihugu kibashe kugera ku ntego zacyo, bityo ko nyuma y’aya masomo hari byinshi bategerejweho.

Yavuze ko ashimishijwe n’imbaraga zikomeza gushyirwa mu kugendana n’aho isi igeze, ashimangira ko nka ba Ofisiye bo mu kinyejana cya 21 bagomba kwitegura guhura n’ibintu byinshi, byaba ibijyanye na politiki n’umutekano, kubera ko isi ubu yabaye nk’umudugudu kandi yuzuye ubusumbane.

Ibyo byose ngo byongera uburemere bw’uburyo abantu bagomba kubakira kuri ubu bumenyi, umuhate n’ubushobozi bushobora kuba budahagije, ariko bigakoreshwa kugira ngo abantu bagere aho bumva ko baringaniye n’abandi.

Yanenze ibihugu usanga bifatanya mu bijyanye n’umutekano, ariko ugasanga ku rundi ruhande harimo abagira uruhare mu mutekano muke ku bihugu birimo u Rwanda.

Yatanze urugero ku barangije amasomo muri ririya shuri bakajya mu bibazo bijyanye n’ibyaha, bagahungira mu bihugu byitwaga abafatanyabikorwa.

Ati “Bakavuga ibinyoma byinshi, bagahabwa ikaze, ba bantu bagahindukira bakagira uruhare mu bikorwa biteza umutekano muke ku gihugu. Ndabivuga kubera ko bimaze kuba kenshi, ntabwo bisaba igihe wafata ngo ubisobanure, bikomeza kubaho n’abafatanyabikorwa bacu.”

“Nkabwira abafatanyabikorwa bacu ngo witanga inkunga ku ruhande rumwe mu guhangana n’ibibazo by’umutekano, mu kubaka ubushobozi n’ibindi ndetse n’inkunga mu iterambere kandi ni ingenzi muri wa mutekano tuvuga, muri icyo gihe unahe urubuga umutekano muke kandi uzagaruka guhungabanya ibyo twubakiye hamwe. Ni ukuvuga ibihugu byacu n’abafatanyabikorwa bacu.”

Perezida Kagame yanagarutse ku buryo aheruka kuganira n’umuntu wigaga mu mahanga, asanga igihe abanyarwanda bashaka kwandika ibitabo bisoza amasomo, iyo bagiye kandika ku Rwanda usanga hari ubwo abayobozi babyanga, bakabasaha gushaka izindi ngingo.

Ibyo ngo babyanga banavuga ko bashobora kubogama kubera ko bakomoka mu Rwanda, nyamara byaba byoroshye ko abazabakosora babitahura.

Yakomeje ati “Impamvu ni uko bashyizeho uko u Rwanda rugomba kugaragara, nk’urugero, kandi ntibashaka ko hagira igihinduka kuri iyo myumvire. Niwandika uratanga ibimenyetso, uhindure ibyo bashyizeho, ugasanga ntibabyishimira.”

Perezida Kagame yagaragaje ko isi yubakiye ku busumbane, kandi bigomba kurebwaho niba “dukeneye kubaka isi, aho twese tureshya.”

Yakomeje ati ”Kuringanira ntabwo bikwiye kuba mu magambo, bikwiye kuba mu bikorwa bya buri munsi mu buzima bwacu. Mwe rero ba Ofisiye, ndagira ngo ntimuve aha hantu mwashyize imbaraga nyinshi, mwize mushyizeho umwete, mutarebye ibintu mu buryo butandukanye n’uko bimaze igihe kirekire bimeze.”

Mu basoje amasomo muri uyu mwaka harimo Colonel Andrew Nyamvumba ukuriye ubushakashatsi mu bya gisirikare muri Minisiteri y’Ingabo na Colonel Patrick Karuretwa usanzwe ari Umunyamabanga wihariye wa Perezida Paul Kagame.

Harimo kandi Lt Col Jean Paul Ntyirubutama wabaye Umuyobozi mukuru wungirije wa RwandAir, Lt Col Kalisa Callixte usanzwe ari Umuyobozi muri Minisiteri y’Ingabo na Lt Col Seraphine Nyirasafari.

Umuyobozi w’Ishuri Rikuru rya Gisirikare Brig Gen Didas Ndahiro, yavuze ko kuva ryatangira mu 2012 rimaze kunyuramo ba Ofisiye bakuru 412 na ba Ofisiye bato 447.

Mu basojemo amasomo mu bofisiye bakuru harimo 94 baturutse mu bihugu 13 bitandukanye byo kuri uyu mugabane no hanze yawo.

Habaye akarasisi kabimburiye uyu muhango
Perezida Kagame mu ifoto y’urwibutso n’abarangije amasomo

 

TAGGED:featuredPaul KagameRDF
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Komisiyo Y’Uburenganzira Bwa Muntu Iti: ‘Umwihariko Wa Rusesabagina Ni Uko Yamamaye’
Next Article Canal + Yafunguye Irindi Duka i Kigali: Ibintu 5 Udakwiye Gucikwa Muri Serivisi Zayo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

Gatsibo: Babwiye PM Nsengiyumva Ibyiza Byo Gutura Ku Mudugudu

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Musanze: Abanyonzi Bibukijwe Akamaro Ka Gerayo Amahoro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbuzima

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?