Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kagame Yashimiye Arsène Wenger Ku Musanzu Yatanze Muri Arsenal F.C.
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Kagame Yashimiye Arsène Wenger Ku Musanzu Yatanze Muri Arsenal F.C.

admin
Last updated: 15 May 2021 4:44 pm
admin
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yashimiye Arsène Wenger ku mirimo yakoze atoza Arsenal F.C. yo mu Bwongereza, nubwo yaje kuyivamo ubu akaba ari umuyobozi ushinzwe iterambere ry’umupira w’amaguru mu ishyirahamwe ry’uyu mukino ku Isi, FIFA.

Perezida Kagame na Wenger uri mu Rwanda, bahuriye mu nama ya komite nyobozi y’Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika, CAF, irimo kubera i Kigali.

Ubwo yasozaga ijambo rye, Kagame yashimiye Wenger kubera impamvu nyinshi zirimo ko yatoje ikipe afana ya Arsenal, F.C., akaba n’umutoza wubashywe.

Yakomeje ati “Ntabwo nigeze mpindura ibitekerezo ubwo yagendaga cyangwa igihe ibintu bitarimo kugenda neza, ndacyari umukunzi w’iyo kipe.”

“Ndashaka kumushimira no kumubwira ko yakoze akazi keza muri iyo ikipe – ni igitekerezo cyanjye si ubutumwa bw’undi ndimo gutanga – kandi ndatekereza ko azakora akazi keza muri FIFA mu bijyanye n’iterambere ry’umupira w’amaguru.”

Muri iyo nama Wenger yahawe umwanya ngo agaragaze ibikorwa binyuranye biteganywa, bijyanye n’iterambere ry’umupira w’amaguru.

Yahereye ku kwakira ishimwe rya Perezida Kagame, akomeza ati “Nyakubahwa Perezida, ikipe ufana ni yo nyayo, turabikwijeje.”

Yavuze ko yishimiye kwitabira iyi nama, cyane ko mu gihe cye nk’umutoza yagize abakinnyi benshi kandi bakomeye bakomoka ku mugabane wa Afurika.

Yakomeje ati “Mfite icyizere ko Afurika izaba umugabane w’ikinyejana cya 21, kandi umupira w’amaguru ukwiye kubyaza umusaruro ayo mahirwe.”

Wenger w’imyaka 71 ukomoka mu Bufaransa, yatoje Arsenal kuva mu 1996 kugeza mu 2018.

Afite agahigo mu mateka ye ko ikipe ya Arsenal yegukanye igikombe cya shampiyona y’u Bwongereza mu 2003–04, idatsinzwe umukino n’umwe.

Nyuma y’iyo myaka isaga 20 yari amaze kumenyereza abakunzi bayo kuza mu myanya ine ya mbere, aza gusezera abafana benshi batamwishimiye, basaba ko ihinduka ikipe ihatanira ibikombe aho guhatanira kugaragara mu myanya ine ya mbere, itanga itike ya UEFA Champions League.

Gusa kuva yasezera, Arsenal imaze kugira abatoza babiri, Unai Emery na Mikel Arteta uyitoza ubu, ndetse uyu mwaka iri mu byago byo kutazakina imikino y’i Burayi yaba UEFA Champions League cyangwa Europa League.

Ubu iri ku mwanya wa cyenda muri shampiyona n’amanota 55, mu gihe Chelsea iri ku mwanya wa kane ifite amanota 64 naho Liverpool ya gatanu ikagira 60.

Hasigaye imikino ibiri gusa ngo shampiyona irangire.

TAGGED:featuredPaul KagameWenger
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Kagame Yasabye Impinduka Mu Miyoborere Y’Umupira W’Amaguru
Next Article Twibuke Imiryango Yazimye Yabujijwe Ejo Heza- Jeannette Kagame
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?