Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kagame Yibukije Urubyiruko Ko Ari Rwo Rushinzwe Kugira u Rwanda Ikirenga
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaPolitiki

Kagame Yibukije Urubyiruko Ko Ari Rwo Rushinzwe Kugira u Rwanda Ikirenga

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 July 2024 1:14 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Paul Kagame yibwiye urubyiruko ko ari rwo rushinzwe guteza imbere u Rwanda, rukarurinda kandi rugaharanira ko ruba ikirenga.

Yabivuze mu ijambo yagejeje ku baje kwifatanya n’Abanyarwanda kwibuka ukwibohora kwarwo mu muhango wabereye muri Stade Amahoro iherutse gutahwa nyuma y’imyaka ibiri ivugururwa.

Ijambo rya Kagame ryagarutse ku ntambwe u Rwanda rwateye guhera mu mwaka wa 1994 ubwo rwabohorwaga na FPR-Inkotanyi nyuma y’imyaka ine y’intambara.

Yavuze ko kuba kwizihiza kwibohora byakorewe muri Stade Amahoro ivuguruye nabyo ari ikimenyetso cy’amajyambere u Rwanda rw’ubu rutandukaniyeho n’urwa kera.

Kagame avuga ko amateka mabi yaranze igihugu cye ari yo yaje kuvamo amasomo yo gukora cyane kw’Abanyarwanda bagamije kutazongera kugira uwo bahora bategeye ibiganza ngo abahe.

Yavuze ko ibyo Abanyarwanda bagezeho mu myaka 30 ishize, ari ikintu cy’agaciro urubyiruko rukwiye kurinda kandi rukumva ko abarubyaye bifuzaga ko rukora cyane rukazagira igihugu cyarwo ikirenga.

Icyo kandi ngo ni ikintu afitiho icyizere ko kizashoboka.

Mu ijambo rye ryamaze iminota igera ku 15, Kagame yibanze cyane ku magambo y’Icyongereza kugira ngo abatumva Ikinyarwanda bamwumve bidasabye ubusemuzi.

Yashimye ko hari ababanira u Rwanda neza ariko nanone abwira abanyamahanga ko Abanyarwanda bahora ari abanyamahoro ariko ko mu gihe bashowe mu ntambara nayo bazi kuyirwana.

Avuga ko muri rusange Abanyarwanda biteguye gufasha ahantu aho ari ho hose hakenewe amahoro.

Yavuze ko Stade Amahoro yigeze kuba ubuhungiro bw’Abatutsi bahungaga urupfu kubera Jenoside yabakorewe, ariko ubu ngo ni ahantu heza ho kwishimira no kunezererwa ku byo Abanyarwanda bigejejeho.

Kimwe mu byagaragaye kuri iyi nshuro ni uko nta muyobozi w’ikindi gihugu wari uhari.

Ni umuhango wari uw’Abanyarwanda 100%.

Kwibohora ku nshuro ya 30 ni umuhango wihariye kubera ko ukozwe mu gihe mu Rwanda hari kubera ibikorwa byo kwiyamamaza ku bashaka kuyobora u Rwanda ari bo Paul Kagame, Philippe Mpayimana na Dr. Frank Habineza.

Ayo matora azaba muri Nyakanga, 2024 hagati ya taliki 14 na taliki 15.

Kagame kuri uyu wa Gatandatu arakomereza kwiyamamaza mu Karere ka Bugesera ahitwa Kindama.

TAGGED:featuredKagameKwibohoraUrubyiruko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amafoto: Imbwa Za Pariki Y’Akagera Zihashya Ba Rushimusi
Next Article Nyanza: RIB Yafashe Uwo Ikekaho Kwicira Umuntu Muri Karongi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Nyamasheke: Yahitanywe N’Ikiraro Cyamuvunikiyeho Avuye Kunywa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?