Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Kagame Yitabiriye Inama Ku Bufatanye Bwa Afurika Na Turikiya
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Yitabiriye Inama Ku Bufatanye Bwa Afurika Na Turikiya

admin
Last updated: 17 December 2021 3:07 pm
admin
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yageze i Istanbul muri Turikiya, aho hamwe n’abandi bakuru b’ibihugu bya Afurika yitabiriye inama ya gatatu yiga ku bufatanye bwa Afurika na Turikiya.

Iyi nama y’iminsi ibiri yiswe Africa-Turkey Partnership Summit iteganyiwe kuri uyu wa 17-18 Ukuboza muri Istanbul Congress Center, ikayoborwa na Perezida wa Turikiya Recep Tayyip Erdoğan.

Ibinyamakuru byo muri Turikiya byatangaje ko iyi nama ihuza abakuru b’ibihugu 13 bamaze kwemeza ko bazayitabira na ba minisitiri batandukanye baturuka mu bihugu 39.

Iyi nama ikurikiye ihuriro ryahuje impande zombi mu Ukwakira 2021, ryibanze ku guteza imbere ubucuruzi n’ishoramari.

Turikiya na Afurika bifitanye umubano ukomeye, aho ambasade z’icyo gihugu kuri uyu mugabane kuva mu 2002 ziyongereye cyane, ziva kuri 12 zigera kuri 43.

Ni mu gihe ikigo y’indege cya Turikiya, Turkish Airlines, gikorera ingendo mu byerekezo bisaga 60 muri Afurila.

Magingo aya bibarwa ko igipimo cy’ubucuruzi Turikiya ikorana na Afurika ari 6.5% by’ubucuruzi bwose ikorana n’isi muri rusange.

Urundi rwego rurimo gushyirwamo imbaraga ni umutekano, aho Turikiya igurisha ibihugu byinshi byo muri Afurika intwaro zifasha mu gucunga umutekano, ku giciro gito.

Iyi nama yahawe insanganyamatsiko yo “Kwimakaza ubufatanye bugamie iterambere rusange n’uburumbuke” (Enhanced Partnership for Common Development and Prosperity), biteganywa ko izanavugurura ingingo zigenga ubufatanye bwa Afurika na Turikiya zemejwe mu nama iheruka yabaye mu 2014.

Gahunda y’ubufatanye bwa Afurika na Turikiya yemejwe mu 2008 mu nama yabereye I Istanbul, inama ya kabiri ibera i Malabo muri Equatorial Guinea mu Ugushyingo 2014.

Perezida Kagame agera i Istanbul

 

 

 

TAGGED:featuredIstanbulPaul KagameRecep Tayyip ErdoğanTurikiyaTurkish Airlines
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Airtel Rwanda Yahaye Abakiliya Bayo 4G Ihendutse Kurusha Izindi
Next Article Yafashije Abafite Ubumuga Bwo Kutabona Kugira Ikoranabuhanga Rizatuma Bihangira Akazi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

DRC: Intara Ya Ituri Iri Kuberamo Imirwano Ikomeye

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

RDF/Military Police Mu Myitozo Ikarishye

DRC: Abanyamerika Barashaka Kubaka Uruganda Rw’Amashanyarazi Mu Kivu

Elwelu Mu Bajenerali Barindwi Museveni Yahaye Ikiruhuko Cy’Izabukuru

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

U Rwanda Rugiye Gushyira Ikawa Muri Cyamunara Mpuzamahanga 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

U Rwanda Rwatangiye Amarushamwa Nyafurika Ya Basketball Rutsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?