Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Kagame Yitabiriye Inama Ku Bufatanye Bwa Afurika Na Turikiya
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Yitabiriye Inama Ku Bufatanye Bwa Afurika Na Turikiya

Last updated: 17 December 2021 3:07 pm
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yageze i Istanbul muri Turikiya, aho hamwe n’abandi bakuru b’ibihugu bya Afurika yitabiriye inama ya gatatu yiga ku bufatanye bwa Afurika na Turikiya.

Iyi nama y’iminsi ibiri yiswe Africa-Turkey Partnership Summit iteganyiwe kuri uyu wa 17-18 Ukuboza muri Istanbul Congress Center, ikayoborwa na Perezida wa Turikiya Recep Tayyip Erdoğan.

Ibinyamakuru byo muri Turikiya byatangaje ko iyi nama ihuza abakuru b’ibihugu 13 bamaze kwemeza ko bazayitabira na ba minisitiri batandukanye baturuka mu bihugu 39.

Iyi nama ikurikiye ihuriro ryahuje impande zombi mu Ukwakira 2021, ryibanze ku guteza imbere ubucuruzi n’ishoramari.

Turikiya na Afurika bifitanye umubano ukomeye, aho ambasade z’icyo gihugu kuri uyu mugabane kuva mu 2002 ziyongereye cyane, ziva kuri 12 zigera kuri 43.

Ni mu gihe ikigo y’indege cya Turikiya, Turkish Airlines, gikorera ingendo mu byerekezo bisaga 60 muri Afurila.

Magingo aya bibarwa ko igipimo cy’ubucuruzi Turikiya ikorana na Afurika ari 6.5% by’ubucuruzi bwose ikorana n’isi muri rusange.

Urundi rwego rurimo gushyirwamo imbaraga ni umutekano, aho Turikiya igurisha ibihugu byinshi byo muri Afurika intwaro zifasha mu gucunga umutekano, ku giciro gito.

Iyi nama yahawe insanganyamatsiko yo “Kwimakaza ubufatanye bugamie iterambere rusange n’uburumbuke” (Enhanced Partnership for Common Development and Prosperity), biteganywa ko izanavugurura ingingo zigenga ubufatanye bwa Afurika na Turikiya zemejwe mu nama iheruka yabaye mu 2014.

Gahunda y’ubufatanye bwa Afurika na Turikiya yemejwe mu 2008 mu nama yabereye I Istanbul, inama ya kabiri ibera i Malabo muri Equatorial Guinea mu Ugushyingo 2014.

Perezida Kagame agera i Istanbul

 

 

 

TAGGED:featuredIstanbulPaul KagameRecep Tayyip ErdoğanTurikiyaTurkish Airlines
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Airtel Rwanda Yahaye Abakiliya Bayo 4G Ihendutse Kurusha Izindi
Next Article Yafashije Abafite Ubumuga Bwo Kutabona Kugira Ikoranabuhanga Rizatuma Bihangira Akazi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Na Senegal Duhuriye Ku Kwita Kuri Ejo Hazaza H’Urubyiruko- Kagame

Faye Yahuye Na Kagame Ku Munsi Wa Kabiri W’Uruzinduko Rwe Mu Rwanda

Rwanda: Uruganda Rutunganya Imiti Ivuye Mu Rumogi Rugiye Kuzura

Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha Rwanze Icyifuzo Cya Israel

Umurundi Kirikou Akili Ukunzwe Mu Rwanda Ni Muntu Ki?

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nzanywe No Guhanga Udushya- Umuyobozi Mushya Wa Airtel Rwanda 

Abakozi Ba RBC Bafunzwe Bazira Ruswa 

Indonesia, Azerbaijan Na Pakistan Mu Biganiro Na Amerika Byo Kohereza Ingabo Muri Gaza

Perezida Wa Madagascar Yuhunze Igihugu 

Israel Na Hamas Ntibiri Buhagararirwe Mu Isinywa Rya Burundu Ry’Amahoro Ya Gaza

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yakiriye Mugenzi We Wa Senegal 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Andi makuruMu Rwanda

PM Nsengiyumva Asaba Abarangiza Kaminuza Kutazabera Igihugu Impfabusa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Hamas Yavuze Ko Abo Yabonye Bose Yabashyikirije Israel

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Abanyaburayi Babwiwe Ibyiza Bazasanga Mu Rwanda Nibarusura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?