Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kamonyi: Ibitaro Bya Remera Rukoma Birasabirwa Kuvugururwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Kamonyi: Ibitaro Bya Remera Rukoma Birasabirwa Kuvugururwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 November 2023 7:15 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abaturage b’ibitaro b’i Rukoma mu Karere ka Kamonyi barasaba inzego za Leta ko ibitaro bya Remera Rukoma bivurizamo byavugururwa kuko bishaje. Bavuga ko bimaze imyaka 50 bikora umunsi ku wundi.

Byubatswe mu mwaka wa  1927, icyo gihe hakoreraga Ivuriro rito bita Dispénsaire.

Mu mwaka wa 1970 nibwo iryo vuriro ryahawe ubushobozi bwo kwitwa Ibitaro.

Abibagana bavuga ko  inyubako, amabati yo mu bwoko bwa Asbestos bishaje cyane bikaba bikeneye kubakwa bundi bushya, cyangwa bigasanwa.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Mbarushimana Emile umwe mu baturage bo mu Murenge wa Rukoma yabwiye bagenzi bacu ba UMUSEKE   usibye inyubako zitakijyanye n’igihe, amabati zisakaje inzobere zivuga ko atera Kanseri.

Leta imaze iminsi ivuga ko ishaka kuyaca.

Umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi, Dr Nahayo Sylvère avuga ko batangiye gukorana ibiganiro na Minisiteri y’ubuzima  n’abafatanyabikorwa kugira ngo bivugururwe.

Ati: “Turimo kuganira n’Inzego zitandukanye kugira ngo dushakire hamwe aho ubushobozi buzava.”

Dr Nahayo avuga ko kugeza ubu nta mwanzuro urafatwa,  akavuga ko izo nzego zose zasanze ibitaro bikeneye kuvugururwa.

- Advertisement -

Umuvugizi wa Minisiteri y’ubuzima witwa  Mahoro Niyingabire Julien avuga ko urebye umubare w’ibigo nderabuzima n’ibitaro biri mu gihugu bikeneye kuvugururwa bitabonerwa ingengo y’imari icyarimwe nk’uko abaturage babyifuza.

Avuga ko umushinga wo gusana, kuvugurura no kubaka izo nyubako bawufite ndetse ko hari zimwe muri zo zimaze kubakwa izindi zikaba zarasanwe.

Ati: “Ibitaro bya Remera Rukoma bizavugururwa dukurikije uko amikoro y’igihugu azaboneka.”

Avuga ko inyubako za Leta zikenewe gusanwa ari nyinshi ku buryo bateruriye umushinga wo kuzivugururira rimwe ayo mafaranga yagorana kuboneka.

Ibitaro bya Remera Rukoma byakira  abarwayi bari hagati ya 60-80 ku munsi, bikaba bitangirwamo serivisi zitandukanye z’Ubuvuzi.

Ubuyobozi bw’Ibitaro buvuga ko nubwo nta nyigo yemewe yari yakorwa, ariko imirimo yo kubivugurura itazajya munsi ya Miliyari Frw zirenga 40 .

TAGGED:BurerafeaturedRemeraRukoma
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amabuye u Rwanda Rwohereza Hanze Akomeje Kurwungura
Next Article Polisi Irasaba Ubworoherane Mu Muhanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?