Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Karongi: Akamaro K’Abajyanama B’Ubuzima Karashimwa N’Abaturage
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Karongi: Akamaro K’Abajyanama B’Ubuzima Karashimwa N’Abaturage

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 18 April 2024 2:34 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Uwitonze Yvonne wo mu Mudugudu wa Gitwa, Akagari ka Mataba, Umurenge wa Rubengera avuga ko abajyanama b’ubuzima bagira uruhare rushimwa na benshi mu kuvura abana n’abandi  bakunze kwandura Malaria.

Uyu mugore avuga ko ababyeyi batwite n’abana ari bo bakunze kwibasirwa na malaria ariko ko iyo bagiye ku mujyanama w’ubuzima, bavurwa ntibazahare.

Avuga ko afite abana bane kandi umwe muribo aherutse kuyandura.

Uwo wayirwanye ngo akunda kuba ari hanze mu masaha y’umugoroba bityo akavuga ko ari hi umubu ushobora kuba waramurumiye.

Ati: “ Umujyanama w’ubuzima aradufasha cyane kubera ko iyo umwana arembye ukumujyana yo ahita amuvura kandi aba ahari igihe cyose wamushakira”.

Uwimana Yvonne ashima uruhare rw’abajyanama b’ubuzima mu gufasha abaturage kwivuza

Ashima ko igihe cyose umwana arwariye bakajya kumushaka[umujyanama w’ubuzima], bamubona akabavura.

Umwe mu bajyanama b’ubuzima wo muri uyu Murenge witwa Emmanuel Musabyimana avuga ko we na bagenzi be baba bafite ibikoresho bifatika bahawe n’ubuyobozi kugira  ngo bite ku baturage.

Musabyimana avuga ko igihe cyose umuturage yumvise atameze neza, yihutira kuza kumureba akamuvura.

Iwe aba afite ibikoresho birimo igitabo cyandikirwamo imyirondoro y’abaje kwivuza, nyuma akambara aturindantoki agafata amaraso y’umuturage.

Mu Mudugudu ngo habamo abajyanama bane kandi bakorana n’abaturage bakabavura ku ndwara bahuguriwe zirimo na malaria.

Imibare itangwa n’ikigo cy’igihugu cy’ubuzima, RBC, ivuga ko uruhare rw’abajyanama b’ubuzima mu guhashya malaria ari 59%.

Impamvu ibitera ni uko gahunda y’abajyanama b’ubuzima ari iya Leta kandi bakaba bizerwa n’abaturage bakabavura kuko ari abaturanyi babo.

RBC kandi itangaza ko mu mwaka wa 2023 imibare yerekanaga ko malaria yagabanutse ku kigero kigaragara kuko ku bantu 1000 abagera kuri 47 ari bo barwaye iyi ndwara.

Ni imibare yagabanutse cyane kuko mu mwaka wa 2016 bari abantu 409 ku bantu 1000.

Imibare kandi yerekana ko mu mwaka wa 2023 abantu 51 ari bo iyi ndwara yahitanye.

U Rwanda rushimirwa kuba kimwe mu bihugu byarwanyije bigaragara malaria.

Zimwe mu ngamba zabifashijemo igihugu ni ugukoresha inzitiramubu, ubukangurambaga bwo kwivuza umuntu acyumva yafashwe  ndetse no gukuraho ahantu imibu ishobora kororokera.

Taliki 25, Mata, 2024 mu Rwanda n’ahandi ku isi bazizihiza umunsi wahariwe kurwanya malaria.

TAGGED:AbaturagefeaturedKarongiMalariaRBCUbuzima
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ingabo Z’u Rwanda Muri Sudani Y’Epfo Zashimiwe Umuhati Wazo
Next Article Uganda:Ibyo Gukurikirana Abahaga u Rwanda Amakuru Y’ubutasi Byahagaritswe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

General Kabandana Yatabarutse

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbutabera

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Polisi Irashakisha Abantu Bahohoteye Umugore Bikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Kabila Arasomerwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?