Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Karongi, Nyamagabe, Ruhango…Niho Hari Imiryango Myinshi Y’Abatutsi Yazimye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Kwibuka27

Karongi, Nyamagabe, Ruhango…Niho Hari Imiryango Myinshi Y’Abatutsi Yazimye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 May 2021 12:29 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kuri uyu wa Gatandatu hateganyijwe igikorwa ngarukamwaka cyo kwibuka imiryango y’Abatutsi yazimye muri Jenoside yabakorewe muri 1994. Intego ya Jenoside akenshi iba ari ukwica abantu bose bagashira cyangwa igice cyabo.

Inyandiko n’ubuhamya bitangwa n’abayirokotse, byemeza ko abayikoraga bigambaga ko nta kindi bashakaga uretse ‘gutsemba’ubwoko bw’Abatutsi.

Iyi ntego yabo yagaragariye mu kuba baricaga umugore utwite ariko bakica n’ubwo atwite.

Hari n’aho bishe abatari Abatutsi ariko basaga nabo ku isura.

Umwe mu banyamakuru bakoraga kuri RTLM( Radio-Television de Mille Colline) witwaga Habimana Kantano yigeze kubwira abaturage ko mu bagomba kwica Abatutsi ndetse n’abana babo.

Bitewe n’impamvu zirimo iz’uko hari aho Abatutsi baturaga begeranye kuko abandi baturanyi babi babagiriraga urugomo n’urwikekwe, byatumye muri Jenoside yabakorewe byorohera abicanyi kubabona barabica.

Hari n’aho wasangaga baratuye begeranye kubera ko ari ho Leta yashatse kubatuza, urugero rukaba mu Bugesera.

Mu rwego rwo kumenya amazina y’abo Batutsi bari bagize iriya miryango ariko bakicwa bagashira, Umuryango w’abanyeshuri barokotse Jenoside barangije Kaminuza witwa GAERG buri mwaka ufata umunsi wo kubibuka.

Uw’uyu mwaka uzaba tariki 15, Gicurasi, 2021 ubera ku rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi ruri i Nyanza mu Karere ka Kicukiro.

Muri uriya muhango hasomwa amazina ya bamwe[cyangwa bose iyo yabonetse] bari bagize iriya miryango.

Ikindi ni uko abagize uriya muryango, GAERG, bakoze ubushakashatsi bagamije kumenya ahari imiryango yazimye mu gihugu n’uko ingana.

Uturere dutatu twa mbere dufite imiryango myinshi yazimye turi mu Ntara y’Amajyepfo.

Akarere ka mbere gafite iriya miryango myinshi ni Karongi, igakurikirwa na Nyamagabe nyuma hakaza Ruhango.

Imiryango ry’Abatutsi bari batuye ahari Karongi y’ubu ikazima ni 13. 371.

Imiryango y’Abatutsi bari batuye ahari Akarere ka Nyamagabe y’ubu ikazima ni 5.790

Imiryango y’Abatutsi bari bariye ahari  Akarere ka Ruhango  k’ubu ikazima ni 1.136.

Nyuma y’Intara y’Amajyepfo, Uturere twa Kicukiro na Gasabo nitwo dufite undi mubare munini w’imiryango y’Abatutsi yishwe ikazima.

Muri Kicukiro habaruwe imiryango 849 mu gihe ahari Gasabo y’ubu habaruwe imiryango 815.

 

Umubare w’agateganyo w’imiryango y’Abatutsi yishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi ikazima:

Abakoze Jenoside yakorewe Abatutsi bavugaga ko bagomba kubatsemba
TAGGED:featuredGAERGImiryangoKarongiKwibukaNyamagabeRuhango
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kagame Yakoze Impinduka Mu Bayobozi Mu Nzego Za Gisirikare
Next Article Intambara Twatangije Kuri Palestine Ntizahagarara Kubera Gutakamba Kw’Abantu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ufite Inkomoko Mu Rwanda Agiye Guhatanira Kuba Miss Uganda

Twiyumva Muri Siyanse Kurusha Mbere-Umunyeshuri Wa KIST

Abasirikare 100,000 Ba Israel Biteguye Gutangira Ibitero Bishya Muri Gaza

Qatar Mu Bufatanye N’u Rwanda Mu Gukora Imiti

Umuti Meya Wa Muhanga Aha Ibibazo Biri Mu Ngo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

DRC Yarakajwe N’Uko Kenya Yagennye Uyihagarariye i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?