Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kayonza: Ubukangurambaga Bwo Kwirinda Ubwandu Bwa SIDA Burakomeje
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Kayonza: Ubukangurambaga Bwo Kwirinda Ubwandu Bwa SIDA Burakomeje

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 29 July 2023 7:20 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ikigo AIDS HealthCare Foundation (AHF) kiri gukangurira urubyiruko kwirinda SIDA binyuze mu  kurwegereza udukingirizo. Abibanzweho muri ubu bukangurambaga ni urubyiruko rwo muri Kaminuza no mu bigo byigisha ubumenyingiro n’imyuga mu Rwanda hose.

Bikorwa mu rwego rwo kururinda kwanduzanya indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina idakingiye ndetse no gutwara inda zitateganyijwe.

Kugeza udukingirizo kuri uru rubyiruko bikorwa binyuze mu gushyira muri izo Kaminuza utuzu tubonekamo udukingirizo kandi dutangirwa dutangirwa ubuntu.

Batwita ‘condoms dispenser’.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ubu bukangurambaga bwavuzwe haruguru buherutse kubera mu Murenge wa Rukara mu Karere ka Kayonza.

Ushinzwe ibikorwa byo gushishikariza abantu kwirinda SIDA muri AIDS HealthCare Foundation (AHF) witwa Narcisse Nteziryayo avuga ko ubwo bukangurambaga bugamije kwibutsa urubyiruko ko kwirinda biruta kwivuza.

Avuga ko bashyira udukingirizo ahantu hose babona ko urubyiruko rushobora kuzazikenera kandi ngo kuzibona biroroha kubera ko imashini izitanga zizibaha bitagoranye.

Umuyobozi w’abanyeshuri mu Ishami rya Kaminuza y’u Rwanda ry’uburezi riri i Rukara witwa Jonas Gatera avuga ko bishimiye guhabwa iriya serivisi kuko birinda abanyeshuri kutandura cyangwa kutanduzanya ubwandu bwa SIDA.

N’ubwo abanyeshuri bo muri Rukara bavuga ko bishimiye kwegerezwa udukingirizo, hari abagabo n’abagore bigeze kubwira itangazamakuru ko ikibazo bafite ari uko udukingirizo ‘ducika ubusa.’

- Advertisement -

Ngo iyo igitsina gifashe umurego turacika.

Basaba ko hazakorwa isuzuma hakarebwa niba twujuje ubuziranenge.

Bamwe bavuga ko bahitamo kutadukoresha kandi ibi bishyira ubuzima bwabo mu kaga ko kwanduzanya indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina.

Muri Mata, 2023 uwita Védaste Nkundimana yabwiye itangazamakuru ati: “Kwirinda SIDA turabizi ndetse no gukoresha agakingirizo rwose turabyibuka ariko ikibazo ni uko ukambara wakora akanya gato kagahita gacika. Rwose mudufashe baduhe utwiza tudacika kugira ngo tutazavaho twandura SIDA kandi twari twagerageje twikingira.”

Ikigo cy’igihugu cy’ubuzima cyemeza ko abenshi mu banduye SIDA ari urubyiruko.

Biganjemo abafite munsi y’imyaka 24 y’amavuko.

Imibare ivuga ko abantu 32,000 banduye SIDA bafata imiti iyigabanyiriza ubukana.

Muri aba bantu uko ari 32,000 abagera kuri 2,992 bafite mu nsi y’imyaka 24 y’amavuko.

Abanyarwanda banduye SIDA ni abantu 230,000 bangana na 3% by’Abanyarwanda bose.

Muri bo abafata imiti igabanya ubukana ni 94%, abasigaye bangana na 6 % bakaba  ari bo batayifata.

Ubwandu bwa SIDA mu Rwanda bwiganje mu Ntara y’Uburasirazuba, hagakurikiraho abo mu Mujyi wa Kigali hagataho abo mu Ntara y’Uburengerazuba.

TAGGED:AbanyarwandafeaturedKayonzaRukaraSIDAUbwanduUrubyiruko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Airtel Yiyemeje Gukorana Na Polisi Muri Gerayo Amahoro
Next Article Umubano W’Afurika N’Uburusiya Warakaje Amerika
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?