Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kenya: Imyigaragambyo Ikomeye Yongeye Kwaduka
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUmutekano

Kenya: Imyigaragambyo Ikomeye Yongeye Kwaduka

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 December 2024 3:04 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Abigaragambya bakomeje guhangana na Polisi
SHARE

Polisi yo muri Kenya iri guhangana n’abigaragambya bamagana ko hari abantu baburiwe irengero biganjemo abakoresha imbuga nkoranyambaga. Abigaragambya bavuga ko Polisi ari yo yabashimuse nyuma yo gukora amashusho atarashimishije Perezida William Ruto.

Mu mijyi ya Kenya cyane cyane mu Murwa mukuru, Nairobi, hazindukiye imyigaragambyo y’abantu bamagana iryo shimutwa, bakavuga ko abo bantu bafunzwe mu buryo budakurikije amategeko.

Mbere y’iyo myigaragambyo, hari habanje gukorwa ihuriro ry’abanyamategeko bo muri Kenya, bamagana icyo kintu.

Ubuyobozi bwa Kenya bwo bwemeza ko nta muntu ufungwa mu buryo budakurikije amategeko, ko Leta idashobora gukorera abaturage bayo ibintu nk’ibyo.

Abigarambya bahisemo kwicara mu mihanda iri rwagati muri Nairobi mu rwego rwo gusaba ko abo bantu barekurwa.

Reuters yatangaje ko nta gisubizo yahawe ubwo yabazaga Umuvugizi wa Polisi ya Kenya icyo avuga kubyo urwego avugira rushinjwa.

Kwigaragambya kuvugwa muri Kenya muri iyi minsi ya nyuma y’umwaka wa 2024 kuje gukurikira ukundi gukomeye kurushaho kwabaye muri iki gihugu muri Kamena, 2024.

Bigitangira yari imyigaragambyo igamije kwamagana ibyitwaga imisoro idakwiye, ariko byaje kwaguka, bihinduka ikintu gikomeye cyatumye hirya no hino muri iki gihugu abantu bahaguruka barigaragambya, batwika inzu, amaduka, imipine, bamwe bararaswa barapfa abandi barakomereka.

Nubwo byaje guhagarikwa, ariko uwahoze ari Visi Perezida wa Kenya witwa Gachagua yaje kweguzwa ashinjwa gusugura Umukuru w’igihugu no kugira uruhare muri ibyo byose.

TAGGED:featuredImyigaragambyoKenyaRutoUrubyiruko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rusizi: Ihene Yo Kubaga Ku Bunani Iragura Frw 160,000
Next Article Ubutumwa Perezida Kagame Yageneye Ingabo Z’u Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?