Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kigali: Abaherutse Kwigana Inzoga Z’Abandi Bagiye Kuregwa Mu Nkiko
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbutabera

Kigali: Abaherutse Kwigana Inzoga Z’Abandi Bagiye Kuregwa Mu Nkiko

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 October 2024 8:56 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Uruganda rugiye kubageza mu nkiko kuko biganye inzoga rukora rukabicira izina( Credit@RIB)
SHARE

Me Samuel Nkubayingoga umunyamategeko w’Uruganda Ingufu Gin Limited avuga ko ubwo babonaga ko ubwo babonaga ko hari abantu bigana inzoga z’uruganda rwabo, byababaje bityo agiye kubatangira ikirego.

Mu kiganiro yahaye Taarifa Rwanda, yavuze ko mbere hari abandi babikoraga ariko bacye, gusa ubu bakaba bamaze kwiyongera.

Ndetse ngo icyabatunguye kikababaza ni uko hari uruhererekane rw’abantu benshi bari muri ubwo bucuruzi bugamije guhombya abacuruzi bemewe n’amategeko y’igihugu.

Me Nkubayingoga avuga ko nyuma yo kubimenya bakoranye n’abashinzwe umutekano kugira ngo abigana ziriya nzoga bose bafatwe bashyikirizwe ubutabera.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Avuga ko bagamije kureba niba ababikora baba bafite ibyangombwa bibibemerera, basanga ntabyo bafite bakabakurikirana mu mategeko.

Yunzemo ko ababikoze, babitewe no gushaka kwiyitirira ibinyobwa byabo kugira ngo babyungukiremo kuko bazi ko ibinyobwa by’uruganda rwabo biri mu bikunzwe kurusha ibindi.

Ati: “Tumaze kubimenya twataze ikirego, yaba mu bugenzacyaha bukuru ni ukuvuga RIB, dusaba ko badufasha gushakisha abantu bakomeje kwigana ibicuruzwa bya Ingufu Gin Ltd. Twakomeje gutanga amakuru kugeza ubwo bamwe bagiye bafatwa”.

Me Samuel Nkubayingoga umunyamategeko w’Uruganda Ingufu Gin Limited

Me Samuel Nkubayingoga yabwiye Taarifa ko hari abandi bafashwe bigana ibicuruzwa by’uruganda ahagarariye mu mategeko, baraburanishwa ndetse hari bamwe bakatiwe bakaba bafungiwe muri Gereza ya Nyarugenge mu Murenge wa Mageragere.

Hari abandi bafungiwe muri gereza ya Muhanga, abafungiwe muri gereza ya Nyagatare n’ahandi.

- Advertisement -

Yunzemo na bariya bantu baherutse kwerekwa itangazamakuru nabo uruganda akorera ruzabarega nta kabuza.

Nkubayingoga ati: “Abo bantu nabo turabarega, kuko bafatanywe ibinyobwa byacu birimo inzoga za Rabiant, inzoga za Nguvu, harimo iya Castro n’izindi kandi izo zose ni brands zacu”.

Yemeza ko ibyinshi mu byo RIB yafashe ikabyereka itangazamakuru kuri uyu wa Kabiri, ari ibyabo abo ‘bahemu’ biganye.

Atangaza ko hari umwe mu bafatanyije na bariya RIB yaraye yerekanye wamaze kugezwa imbere y’ubutabera, urukiko rukaba rwaramuregeye muri gahunda abanyamategeko bita ‘accelérée’.

Urukiko rw’ibanze rwa Gasabo nirwo rwamuburanishije mu Cyumweru gishize, akazasomerwa mbere y’uko Ukwakira, 2024 kurangira.

Abo RIB yafashe mu gito cyahise, harimo uwahaye ruswa ya Miliyoni Frw 4 zirenga umugenzacyaha arazanga.

Ibyo byarushijeho kuzamura ubukana bw’ibyaha aregwa.

Abo uko ari icumi bazaregwa mu rukiko rwisumbuye kuko ibyaha baregwa iyo bihamye umuntu afungwa igifungo kigera cyangwa kirengeje imyaka itanu.

Nkubayingoga avuga ko bidatinze bazageza kuri urwo rukiko ikirego cy’indishyi kuko abakoze biriya babiciye izina.

Avuga ko ibyo abo bantu bakoze byatumye abantu bavuga ko ibinyobwa by’urwo ruganda byangiza ubuzima bw’ababiguze kandi, nk’uko uwo munyamategeko abivuga, atari ko bimeze.

Taarifa yamubajije impamvu abigana inzoga bahitamo kwigana iz’uruganda ahagarariye mu mategeko avuga ko biterwa ni uko rwenga neza.

Yemeza ko nta muntu wakwigana ikintu kidakunzwe kuko icyo gihe ntanuwakigura.

Kugeza ubu abantu bagera kuri 20 bamaze gufungwa bakurikiranyweho kwigana ibinyobwa bya Ingufu Gin Ltd.

Asaba abakiliya kwirinda kugurira ahantu hatazwi kuko ngo hari ahantu hemewe hari abo bita ‘distributeurs’ baranguza ibyo binyobwa.

Taarifa ntiyabashije guhabwa uburyo bwo kuvugana n’abashinjwa ibyo byaha ngo bagire icyo babivugaho.

RIB nayo itanga ubutumwa

Umuvugizi w’Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha, RIB, Dr. Thierry B. Murangira yatangaje ko abakora ibyaha birimo n’ibyo bariya bashinjwa, bakwiye kubireka.

Murangira asaba abaguzi kujya bagira amakenga ku bacuruzi bababwira ko bakwiye kugura ikintu runaka ngo ni uko kiri ku kiranguzo.

Ati: “Ukubwira ko akugurisha inzoga ku kiranguzo, we aba yararanguye he?”.

Umuvugizi w’Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha Dr. Thierry B. Murangira

Abafashwe bari basanzwe bakorera izo nzoga mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo.

Ubwo inzoga bakoraga zafatwaga zashyiriwe ikigo cy’igihugu gishinzwe kugenzura ubuziranenge bw’imiti n’ibiribwa, Rwanda FDA, zirapimwa zisanganwa uburozi twavuze haruguru.

Bafashwe mu Ukwakira, 2024.

Ubugenzacyaha bwavuze ko nta makuru y’umuntu byaba byarahitanye ahari, ariko umukozi wa  Rwanda FDA avuga ko kunywa inzoga nka ziriya bigira ingaruka ku mutima n’umwijima by’uzinywa.

Izo nzoga zitera abazinywa guhuma ariko zaba nyinshi zikaba zanabahitana.

Urwego rw’ubugenzacyaha bwavuze ko mu bantu bafashwe bakurikiranyweho biriya byaha harimo na Mutwarasibo wari ufite inzu bariya bantu bakodeshaga.

Inzoga zafashwe zifite agaciro karenga miliyoni Frw 31 zikazangizwa kuko n’ubundi zisanzwe ari uburozi.

TAGGED:featuredInzogaMurangiraNkubayingogaRIBUbugenzacyahaUruganda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Kagame Ari Mu Birwa Bya Samoa
Next Article RAB Siyo Ikwiye Kugena Umubare W’Inkoko Umuturage Azorora
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?