Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kigali: Bisi Zigiye Gushakirwa Inzira Yazo Zonyine
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbukungu

Kigali: Bisi Zigiye Gushakirwa Inzira Yazo Zonyine

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 October 2024 7:44 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Bisi zigiye gushakirwa aho zica ukwazo
SHARE

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buvuga ko hari kwigwa uko mu masaha y’urujya n’uruza rwinshi muri uyu mujyi hazashakwa uko imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange zihabwa imihanda yazo gusa.

Ni umuti abayobora Kigali bavuga ko waba ari mwiza ku mubyigano ukunze gukerereza abagenda muri uyu mujyi bajya cyangwa bava mu kazi.

Si mu kazi gusa kuko n’abajya mu zindi gahunda nabo zirabakerereza.

Twabamenyesha ko ibi atari ubwa mbere Umujyi wa Kigali ubitangaje kuko muri Nzeri, 2023 nabwo wari wabitangaje ku bizatangira mu ntangiriro za 2024 ariko dore ugiye kurangira!

Umujyi wa Kigali wari watangaje ko hari imihanda itatu izaharirwa bisi mu kwihutisha abagenzi.

Yari umuhanda uva mu mujyi Nyarugenge-Rwandex-Sonatubes-Giporoso, harimo umuhanda wa Mu Mujyi-Kimironko ndetse n’umuhanda uva mu Mujyi ugana mu Karere ka Kicukiro.

Ubuyobozi bw’uyu mujyi buvuga ko muri iki gihe nta kibazo cy’ubuke bwa bisi zitwara abagenzi gihari ahubwo ikibazo ari inzira zicamo ngo zibihutane.

Muri Kigali abantu bakunze kuba ari benshi mu mihanda hagati ya Saa kumi n’ebyiri  na saa yine za mu gitondo hamwe na saa kumi n’imwe z’umugoroba kugeza saa yine z’ijoro.

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwemeza ko mu rwego rwo gufasha imodoka kwihuta zikava mu mihanda zitabyigana, hirya no hino muri uyu mujyi hari kubakwa imihanda migari.

Imwe muri yo ni uwa Kimicanga-Kacyiru, Golf Course-Nyarutarama uzifashishwa n’abatuye Kibagabaga, Kimironko na Remera berekeza mu Mujyi.

Mu mwaka wa 2022, ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwatangiye kubaka imihanda ireshya na kilometero 70.

Taliki 24, Ugushyingo, 2022 nibwo hatangiye kubakwa biriya bilometero nk’uko, icyo gihe, bwatangajwe n’uwahoze ari Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali wungirije ushinzwe Imiturire n’Ibikorwa Remezo Dr. Mérard Mpabwanamaguru.

Iyo mihandi ni  umuhanda wa  UTEXRWA -Kagugu; uwa Rwinyana Village, Remera-Baho Polyclinic-RDB, Migina- Contrôle Technique, Mulindi- Gasogi- Kabuga, Busanza- Muyange, Kagarama- Muyange, SONATUBES-Sahara, Miduha-Mageragere, n’uwa Rugenge- Muhima Hospital-Nyabugogo.

Umuyobozi mu Mujyi wa Kigali ushinzwe imyubakire, Emmanuel Katabarwa  nawe yabwiye itangazamakuru ko hari imihanda iteganyijwe kuzaba yuzuye bitarenze muri Kamena 2023.

Muri iyi gahunda n’indi mihanda irimo uwa Zindiro-Masizi-Birembo-Kami-Gasanze ufite ibilometero 10.4.

Muri rusange byateganywaga ko umwaka w’ingengo y’imari(2023-2024) ‘washoboraga’ kurangira hubatswe imihanda 21 ihuza ibice bitandukanye.

Hasanzwe kandi hari umugambi wo  kwagura umuhanda Giporoso-Kabuga, ndetse muri uyu muhanda harategurirwa umuhanda unyura mu kirere umeze nk’uwuzuye Kicukiro Centre.

Imihanda inyuranamo, umwe hasi undi  hejuru, iteganywa kuzubakwa ari 43.

Izajyana no kubaka imihanda migari ifite ibisate bine.

Iyo yose ni imishinga igamije ko Kigali iba nyabagendwa ntawe ikerereje.

TAGGED:BisifeaturedImihandaKatabarwaKigaliUmujyi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gatsibo: Umunyamakuru Ari Kubakira Abana Ishuri Rya Miliyoni Frw 120
Next Article Kalimpinya Arataka Ko Imodoka Bakoresha Mu Isiganwa Zishaje
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Abanyarwanda Barashukwa Bagaca Mu Bushinwa Bagera Ahandi Bakisanga Mu Buretwa-Amb Kimonyo 

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

Tombola Inzozi Lotto Yahagaritswe Gukorera Mu Rwanda

Trump Yahaye Hamas Igihe ‘Ntarengwa’ Ngo Yemere Umugambi W’Amahoro Yateguye

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?