Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kigali : Hari Salon Itunganya Imisatsi Y’Abana GUSA
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Kigali : Hari Salon Itunganya Imisatsi Y’Abana GUSA

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 June 2022 9:49 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ahitwa Nyarutarama mu Karere ka Gasabo hari salon yita ku misatsi y’abana gusa. Ni abana bafite hagati y’umwaka umwe n’imyaka 11 y’amavuko kandi b’ibitsina byombi. Iki cyumba gitunganya imisatsi y’abana bakise NIK Salon.

Abana aho bava bakagera bakunda gukina. Imikino y’abana ituma bahora bumva bakwisanzura bityo kubogosha batuje bikaba ihurizo ku babyeyi benshi.

Aho batunganyiriza imisatsi y’abana muri iriya salon hakozwe k’uburyo umwana yogoshwa asa n’uri mu bikorwa bye bya buri munsi birimo n’imikino nko gutwara imodoka n’ibindi.

Bicara mu ntebe zifukuwe mu modoka k’uburyo umwana yumva aguwe neza

Intebe bicaramo babogosha zakorogoshowe mu bikinisho nk’imodoka k’uburyo umwana atita cyane ku muntu uri kumwogosha no kuba imashini imuri ku mutwe, ahubwo ahugira mu gutwara iyo modoka ye ariko umwogoshi nawe ari mu kazi ke.

Kubera ko ababyeyi hafi ya bose ku isi baba bashaka ko abana babo basa neza, bahora bashaka ahantu heza kandi hatekanye hakwiye gutunganya imisatsi y’abana be.

Bogosha abana bafite guhera ku mwaka umwe kugeza ku myaka 11 y’amavuko

N’ubwo ntawakwemeza ko iyi ari yo salon ya mbere kandi ikora neza kurusha izindi, ariko nayo iri muzo umubyeyi yakogesherezamo uwo yibarutse.

Abana bogosherwa muri iki cyumba ni abafite guhera ku mwaka umwe kugeza ku myaka 11.

Mu gihe abana baba bari kugoshwa, ababyeyi babo baba bari kunywa agakawa cyangwa ikindi bashaka.

Bitunganyirizwa mu gikoni kiri hirya gato kugira hatagira ikibangamira ikindi muri ibi byombi.

Muri icyo gikoni hatekerwa indyo nyafurika n’ibindi.

View this post on Instagram

A post shared by NIK Salon | Hair Salon (@niksalon_kids)

Abakora muri iyi salon bavuga ko bakora uko bashoboye ngo bahe abana babagana serivisi zo kubogosh nziza zijyanye n’imideri igezweho kandi ihesheje abana agaciro.

Umwe mu batanga serivisi muri iyi salon witwa Astèlie Ngarambe  yabwiye Taarifa uko bakora.

Ati : “Iyi niyo salon nzi ya mbere mu Rwanda itanga izi serivisi mu Rwanda. Yibanze k’ugufasha abana kugaragara neza kandi mu buryo bugezweho bwo kwerekana imisatsi no gutunganya imisatsi. Intego yacu ni ugushyiraho ahantu heza, hashimishije aho abana batarambirwa ngo ni uko hari umuntu uri kubogosha.”

Ngarambe avuga ko aho we na bagenzi be bakorera hashyizwe kandi n’ibicuruzwa bisanzwe by’imisatsi yagenewe umusatsi nyafurika ku bana no ku bantu bakuze.

Abatunganya imisatsi y’abana ngo baratojwe bihagije kugira ngo bamenye uko umuntu mukuru yogosha umwana atarira cyangwa ngo yumve abangamiwe.

Bamwe mu bogoshera muri iriya salon ni ababyeyi bafite abana bangana cyangwa baruta gato abaza kwiyogoshereza hariya.

Ibi bituma bogosha bariya bana bazi neza ko babitwaraho.

Abana b’ibitsina byombi barogohwa
TAGGED:AbabyeyiAbanafeaturedRwandaSalon
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abasirikare Baturuka Mu Bihugu 11 By’Afurika Barangirije Amasomo Mu Rwanda
Next Article U Bushinwa Bwiteguye Intambara Kuri Taïwan
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abasirikare 100,000 Ba Israel Biteguye Gutangira Ibitero Bishya Muri Gaza

Qatar Mu Bufatanye N’u Rwanda Mu Gukora Imiti

Umuti Meya Wa Muhanga Aha Ibibazo Biri Mu Ngo

DRC Yarakajwe N’Uko Kenya Yagennye Uyihagarariye i Goma

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

You Might Also Like

Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?