Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kigali: Kwiyakira Mu Bukwe Byahagaritswe, Imodoka Rusange Zizajya Zitwara Abikingije COVID-19 Gusa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Icyorezo COVID-19

Kigali: Kwiyakira Mu Bukwe Byahagaritswe, Imodoka Rusange Zizajya Zitwara Abikingije COVID-19 Gusa

admin
Last updated: 20 December 2021 2:26 am
admin
Share
SHARE

Guverinoma y’u Rwanda yavuguruye amabwiriza ajyanye no gukumira ubwiyongere bw’icyorezo cya COVID-19, aho mu Mujyi wa Kigali ibirori byose no kwiyakira bijyanye n’iminsi mikuru bibujijwe.

Ni amabwiriza mashya yatangajwe n’Ibiro bya Minisitiri w’Intebe, avugurura ayatangajwe ku wa Gatanu tariki ya 17 Ukuboza 2021 “hashingiwe ku isesengura ry’Inzego z’Ubuzima”.

Itangazo ryashyizweho umukono na Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente rigira riti “Guverinoma yavuguruye ayo mabwiriza hagamijwe kurushaho gukumira ikwirakwira ry’iki cyorezo, cyane cyane muri iki gihe cy’iminsi mikuru yo mu mpera z’umwaka.”

Ingamba zigomba gukurikizwa mu gihe cy’ibyumweru 3 uhereye kuri uyu wa Mbere, zirimo ko ingendo zibujijwe guhera saa yine z’ijoro kugeza saa kumi za mu gitondo.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ibikorwa byose byemerewe gukomeza bizajya bifunga saa tatu z’ijoro mu Gihugu hose.

Umujyi wa Kigali

Umujyi wa Kigali washyiriweho umwihariko, aho “Imihango y’ubukwe: Kwiyakira bijyanye n’ubukwe birabujijwe.”

Imihango y’ubukwe harimo gusaba, ishyingirwa rikorewe imbere y’Ubuyobozi bwa Leta n’irikorewe mu nsengero ntibigomba kwitabirwa n’abantu barenze 40.

Imihango y’ubukwe ibereye mu rugo ntigomba kwitabirwa n’abantu barenze 20. Abateguye iyo mihango bagomba kubimenyesha Ubuyobozi bw’Inzego z’Ibanze iminsi 7 mbere y’uko iba.

- Advertisement -

Abitabiriye ibyo bikorwa bagomba kwerekana ko bikingije mu buryo bwuzuye kandi bipimishije COVID- 19 mu masaha 24 mbere y’uko biba.

Aho bishoboka, amakoraniro yose agomba kubera hanze cyangwa ahantu hagera umwuka uhagije.

Uretse ibijyanye n’ubukwe, “Ibirori no kwiyakira bijyanye n’iminsi mikuru byose birabujijwe.”

Aya mabwiriza yanageze ku ngendo mu modoka zitwara abantu mu buryo bwa rusange, aho zizakomeza, ariko bisi zizajya zitwara abantu bicaye gusa bangana na 100% by’umubare w’abantu zagenewe gutwara.

Amabwiriza akomeza ati “Amadirishya agomba kuba afunguye kugira ngo imodoka zinjiremo umwuka uhagije. Ibi bizakurikizwa mu Gihugu hose. Abatwara imodoka rusange zitwara abagenzi bajya n’abava mu Mujyi wa Kigali barasabwa gutwara gusa abagenzi bikingije Covid-19.”

Utubari kandi tuzakomeza gufungura mu byiciro hubahirizwa amabwiriza yo kwirinda Covid- 19, ariko tukakira abatarenze 50% by’ubushobozi bw’aho twakirira abantu.

Utubari tugomba gufunga saa mbiri z’ijoro (mbere y’ibindi bikorwa kuko byo bizajya bifunga saa tatu), kandi abakiriya bagomba kuba barikingije Covid-19 mu buryo bwuzuye.

Mu nsengero, imihango yose igomba kwitabirwa n’abantu batarenze 30% by’ubushobozi bw’izo nsengero bwo kwakira abantu.

Abitabira amateraniro bagomba kuba barikingije Covid-19 mu buryo bwuzuye.

Ahandi mu Gihugu

Aya mabwiriza avuguruye ateganya ko abafite ibikorwa by’ubucuruzi mu Gihugu hose bagomba gukora ku buryo abakozi babo bose baba barikingije Covid-19 mu buryo bwuzuye.

Inama zikorwa imbonankubone zizakomeza, ariko umubare w’abazitabira ntugomba kurenga 50% by’ubushobozi bwo kwakira abantu bw’aho bateranira.

Abitabiriye inama bose bagomba kuba barikingije byuzuye kandi bakagaragaza ko bipimishije Covid- 19 mu masaha 24 mbere y’uko inama iterana.

Amabwiriza avuga ko “Uretse mu Mujyi wa Kigali, imihango yose ibera mu nsengero igomba kwitabirwa n’abantu batarenze 50% by’ubushobozi bw’izo nsengero bwo kwakira abantu.”

Mu Mujyi wa Kigali ndetse n’Imijyi yunganira Umujyi wa Kigali, abitabira amateraniro bagomba kuba barikingije Covid-19 mu buryo bwuzuye.

Uretse mu Mujyi wa Kigali kandi, imihango y’ubukwe harimo gusaba, ishyingirwa rikorewe imbere y’Ubuyobozi bwa Leta n’irikorewe mu nsengero no kwiyakira bijyanye n’ubukwe, ndetse n’andi makoraniro ntibigomba kwitabirwa n’abantu barenze 75.

Ibirori bibera mu ngo ntibigomba kwitabirwa n’abantu barenze 20.

Abateguye ibyo birori bagomba kubimenyesha Ubuyobozi bw’Inzego z’Ibanze iminsi 7 mbere y’uko biba.

Abitabiriye ibyo bikorwa bagomba kwerekana ko bakingiwe mu buryo bwuzuye kandi bipimishije Covid- 19 mu masaha 24 mbere y’uko biba.

Aho bishoboka, amakoraniro yose agomba kubera hanze cyangwa ahantu hagera umwuka uhagije.

Ibitaramo by’umuziki, kubyina na konseri n’ibindi bitaramo by’imyidagaduro bibereye ahandi hose bibaye bihagaritswe.

Ibikorwa bya siporo y’umuntu ku giti cye n’izikorerwa hanze abantu bategeranye bizakomeza.

Itangazo rya Minisitiri w’Intebe rikomeza riti “Abanyarwanda n’Abaturarwanda bose barashishikarizwa kwikingiza byuzuye, kwipimisha kenshi, kandi barakangurirwa gukorera mu rugo bifashishije ikoranabuhanga igihe cyose bishoboka no kurushaho kubahiriza amabwiriza yo kwirinda Covid-19. Abatazabyubahiriza bazafatirwa ibihano.”

Guverinoma y’u Rwanda ikomeje korohereza abantu kwipimisha COVID-19 kugira ngo bamenye uko bahagaze, aho yagabanyie igiciro cy’igipimo cya PCR kigera ku 30,000 Frw kivuye ku 47,200 Frw.

Leta izajya yishyura amafaranga aburaho.

Ni nyuma yo kugabanya ikiguzi cy’igipimo gitanga igisubizo cyihuse (Rapid Test), cyavuye ku 10,000 Frw kikagera ku 5000 Frw.

TAGGED:COVID-19Dr Edouard NgirentefeaturedIbiroriIminsi MIkuruMInisitiri w'INtebeUmujyi wa Kigali
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Minisitiri w’Ibikorwa Remezo Wa RDC Yarashweho n’Abapolisi
Next Article Urubyiruko Rw’u Rwanda Rurasabwa Kugira Imihigo Nk’Iy’Inkotanyi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?