Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kigali: Polisi Irashakisha Umuturage Wakoraga Inzoga Yitwa ‘Igikwangari’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Kigali: Polisi Irashakisha Umuturage Wakoraga Inzoga Yitwa ‘Igikwangari’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 01 November 2022 8:32 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Polisi y’u Rwanda iri gushakisha umugabo witwa Dany Irihamye kubera ko iherutse gusanga iwe ingunguru zirimo inzoga yitwa Igikwangari ingana na Litiro 1,680 ariko arayicika. Yari asanzwe atuye mu Murenge wa Kigali mu Karere ka Nyarugenge.

Umukwabo wo gufata ziriya nzoga wabaye kuri uyu wa Mbere taliki 31, Ukwakira, 2022 nyuma y’uko Polisi ihawe amakuru n’abaturage ko kwa Irihamye hakorerwa inzoga ‘zidasanzwe.’

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Mujyi wa Kigali, Chief Inspector of Police (CIP), Sylvestre Twajamahoro, yavuze ko abaturage bo mu Mudugudu wa Nyabikoni ari bo batanze amakuru yatumye izi nzoga zifatwa.

Ati: “Abaturage batanze amakuru bavuga ko mu rugo rw’uwitwa Irihamye hengerwa inzoga zitujuje ubuziranenge zitwa ‘ibikwangari’ kandi ko hakunze kugorobereza insoresore zivugwaho gukora urugomo n’ubujura.”

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Mujyi wa Kigali, Chief Inspector of Police (CIP), Sylvestre Twajamahoro

Nyuma yo kujya mu rugo rw’uriya mugabo hakasanga ziriya nzoga, undi yarabimenye kare arabacika, ubu ari gushakishwa.

Ni umugabo wu mu Mudugudu wa Nyabikoni, Akagari ka Nyabugogo, Umurenge wa Kigali mu Karere ka Nyarugenge.

Aho yari atuye bamuhimbaga Kazungu.

CIP Twajamahoro yashimiye abaturage batanze amakuru yatumye ziriya nzoga zifatwa zikangizwa kuko n’ubundi zingiza abantu buhoro buhoro.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’akagari ka Nyabugogo, Kalisa Musoni,  yasobanuriye abaturage ububi n’ingaruka z’inzoga z’inkorano, zirimo kuba zangiza ubuzima  bw’umuntu uzinywa zikanateza  ubukene ku muryango we.

Akenshi zituma uwazinyoye akazimenyera, ahuma.

Yabashishikarije kwirinda kuzinywa, abazikora nabo abasaba gushora imari mu mishinga yemewe n’amategeko bakiteza imbere aho gushakishiriza mu bucuruzi bubujijwe.

Inzoga y’igikwangari ikorwa ite?

Abakora izi nzoga bafata isukari, amasaka make, umusemburo ushyirwa mu migati cyangwa amandazi, bakabivanga barangiza bagacanira amazi yamara gushyuha bagafata amatafari ahiye bakayasya ubundi bakavanga na rwa ruvange twavuze haruguru kugira ngo rugire ibara ritukura.

Nyuma bafata ibyo byose bakabitara, nyuma y’igihe runaka, bakabyarura ubundi bakagurisha abaturage.

Taarifa yamenye ko icupa rimwe ry’inzoga y’igikwangari rigura hagari ya Frw 800 na Frw 1000.

Birumvikana ko rihenze kandi, ikibabaje kurushaho, rikaba ari n’uburozi.

Ababinywa bavuga ko baba bumva ari nk’izindi nzoga, ariko ngo bisindisha vuba kandi bigatinda mu muntu.

Icyo amategeko avuga kuri iki cyaha…

Ibinyobwa byose bicuruzwa bidafite icyangombwa cy’ubuziranenge mu Rwanda bifatwa nk’ibiyobyabwenge byoroheje nk’uko biteganwa n’ iteka rya Minisiteri y’ubuzima No.001/MoH/2019  ryo ku wa 04/03/2019 riteganya urutonde n’ibyiciro by’ibiyobyabwenge.

Ingingo ya  263 mu itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ivuga ko; umuntu wese ukora, uhinga, uhindura, utunda, ubika, uha undi, ugurisha mu gihugu ibiyobyabwenge aba akoze icyaha.

Iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka 7 ariko kitarenze imyaka 10 n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni 5 ariko atageze kuri miliyoni 10 ku byerekeye ibiyobyabwenge byoroheje.

TAGGED:featuredIgikwangariPolisiRwandaUbuziranenge
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article DRC: Urubyiruko Rwasabwe Kujya Mu Gisirikare Ku Bwinshi
Next Article Kazakhstan Irashaka Icyayi Kinshi Gituruka Mu Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?