Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: King James Agiye Gufasha Undi Muhanzi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

King James Agiye Gufasha Undi Muhanzi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 January 2024 4:58 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuhanzi Ruhumuriza James wamenyekanye nka King James yatangaje ko agiye gufasha uwitwa Manick Yani ngo azamure urwego rw’umuziki akora.

Uyu muhanzi yabwiye itangazamakuru ko yatangiye umuziki mu mwaka wa 2017 yiga mu wa kabiri w’amashuri yisumbuye.

Avuga ko yaririmbaga muri korali y’aho yigaga muri Rutsiro.

Mu mwaka wa 2022 yabonye umuterankunga bakorana umwaka umwe.

Muri icyo gihe yakoze indirimbo eshatu zirimo Kabaye, Torera na Ibubu yakoranye na Jowest.

Nyuma y’izi ndirimbo bahagaritse amasezerano, bituma amara igihe kinini adakora umuziki kuko nta bushobozi yari afite.

Ati “Nari naracitse intege, nureba urasanga naherukaga gusohora indirimbo mu mezi atandatu ashize. Numvaga bizangora kwikorana umuziki kuko ntumvaga ko nasohora izitari no ku rwego rw’izo nakoraga mbere.”

Yaje kwigira inama yo gufata indirimbo yise ‘Akayobe’ yari yakoreye muri Country Records, amashusho yayo ayashyira ku mbuga nkoranyambaga ariko mu buryo bwo kwishimisha.

Yakiriwe neza n’abantu batandukanye batangira kuyasubiramo, aza no kugera kuri King James.

James yaje kumuhamagara undi biramutungura.

Nyuma yo kuganira na King James, bemeranyije ku mushinga wo gukorana indirimbo ‘Akayobe’ bateganya gusohora mu minsi mike iri imbere.

Nubwo bavuganaga kenshi, Manick Yani yarinze agera ku munsi wo gufata amajwi y’iyi ndirimbo ataremera ko uwo bavugana ari King James.

Icyakora baje kumenyana ndetse baranakorana, undi amwemerera kumufasha mu muziki.

Nyuma yo gukorana indirimbo na King James yamwemereye kumufasha mu muziki.

Manick Yani avuka mu muryango w’abana batandatu, ni uwa kabiri muri bo.

Ni mubyara wa Yvanny Mpano, umwe mu bahanzi bamaze igihe bagerageza gufatisha izina mu muziki w’u Rwanda.

TAGGED:featuredIndirimboJamesKingUmuziki
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ndayishimiye Yiyemeje Gufatanya Na Tshisekedi Mu Kurwanya u Rwanda
Next Article Tshisekedi Yakiriye Ndayishimiye Amwizeza Kumuba Hafi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?