Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kirehe: Kugombora Abarumwe N’Inzoka Biri Gucika
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubuzima

Kirehe: Kugombora Abarumwe N’Inzoka Biri Gucika

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 January 2024 2:05 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Imani Basomingera uyobora Ikigo nderabuzima cya Murindi mu Murenge wa Nasho mu Karere ka Kirehe avuga ko abagombora abarumwe n’inzoka bagabanutse kandi bashishikarizwa kuzana abantu kwa muganga.

Imani Basomingera uyobora Ikigo nderabuzima cya Murindi

Abaturage bo muri uyu Murenge bavuga ko kurumwa n’inzoka byahoze ari ikibazo.

Umuturage witwa Habimana Juvenal avuga ko inzoka zikunda kubaruma ari izitwa Insana.

Avuga ko izo nzoka zitegera abaturage ku nzira zikabaruma.

Mu rwego rwo kubafasha kugera kwa muganga, Habimana avuga ko babanza kugombora umuturage kugira ngo agere kwa muganga agihumeka.

Ati: ” Hari ubwo tugombora umuntu kugira ngo ashobore kugera kwa muganga atarakomerezwa”

Hitimana avuga ko bagombora umuntu kugira ngo abashe kugera kwa muganga

Inzoka zikunze kuruma abantu bagenda mu nzira, abandi bagiye guhakura, abandi zikabasanga mu mirima bahinga.

Uyu muturage avuga ko mbere batarabona ikigo nderabuzima hafi yabo bigomboraga ariko muri iki gihe byagabanutse.

Kugombora ngo ni ugufata ibiti (atibuka amazina) bakabitwika, amakara yabyo agatanga ivu basiga aho umuntu yarumwe n’inzoka.

Umuti uvuye mo wivanga n’amaraso y’uwarumwe n’inzoka ugahagarika ubumara.

Umugore witwa Mukabatsobe avuga ko yigeze kurumwa n’inzoka ajya kwa muganga hakiri kare aravurwa arakira.

Icyakora avuga ko hari abaremba iyo batinze kugera kwa muganga.

Ku rundi ruhande, umuyobozi w’Ikigo nderabuzima cya Murindi mu Murenge wa Nasho mu Karere ka Kirehe witwa Basomingera avuga ko muri rusange abaribwa n’inzoka bagabanutse.

Mu mwaka wa 2023 abagannye ikigo nderabuzima ayobora bari abantu barindwi.

Ndetse ngo hari ubwo hashira amezi abiri nta muntu urumwe n’inzoka uje kwivuriza aho ayobora.

Kurumwa n’inzoka niyo yaba idafite ubumara ubwabyo ni ikibazo mu rwego rw’ubuzima.

Niyo mpamvu abaganga basaba abarumwe n’inzoka guhita bajya kwa muganga.

Inzoka ziruma abantu bitewe n’uko zitabara iyo zisumbirijwe cyangwa se zishaka ibyo zirya.

Imibare itangwa na RBC ivuga ko byibura abantu 1000 barumwa n’inzoka ku mwaka.

Ubukangurambaga bwo kwivuza kurumwa n’inzoka buri mu bifasha abaturage gukira ubwo buribwe no kwirinda ibyatuma barumwa nazo.

TAGGED:featuredInzokaKireheRBCUbuzima
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Wa Liberia Yananiwe Kuvuga Kubera Umutima
Next Article Mu Rwanda Haje Ubwoko Bushya Bw’Imodoka Z’Amashanyarazi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kuki Ibibazo By’Ubufaransa Bizajegeza Uburayi Bwose

Gaza: Hamas Yasabye Abarwanyi 7,000 Gusubira Aho Ingabo Za Israel Zavuye

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

DRC: Leta Yategetse FDLR Kwishyira Mu Maboko Y’Ingabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?