Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kirehe: RIB Iraburira Abamotari
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Kirehe: RIB Iraburira Abamotari

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 December 2023 7:08 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha rwasabye abamotari bo mu Karere ka Kirehe kwirinda ibikorwa biganisha ku icuruzwa ry’abantu birimo kubajyana imahanga babanyujije mu nzira zitazwi kandi mu buryo butemewe n’amategeko.

RIB iri mu bukangurambaga bugamije gufasha abatuye uturere twegereye imipaka kumenya amayeri abacuruza abantu bakoresha n’uburyo babakoma mu nkokora, hakiyongeraho n’uburyo bakorana n’inzego ngo abo bantu bafatwe.

Umwe mu baturage bo mu Kagari ka Kiremera mu Murenge  wa Kigarama mu Karere ka Kirehe witwa Emmanuel Mfitumukiza avuga ko hari abamotari bagiraga uruhare mu kwambutsa abakobwa bakajyanwa muri Tanzania gushyingirwa kandi batujuje imyaka y’ubukure.

Avuga ko hari bamwe muri abo bamotari bacisha abo bantu mu nzira zitemewe.

Yunzemo ko nyuma yo gusobanurirwa n’abakozi ba RIB ko ibyo abo bantu bakora bigize ibyaha, agiye gukorana n’inzego  akajya aziha amakuru y’ibyo yabonye cyangwa yumvise kuri abo bamotari.

Ati: “ Abo bamotari rero nabo tugiye kureba uko dufatanya n’abo mu mutekano na  mudugudu iyo tubonye bahetse ibintu dukemanga, dutanga amakuru akamenyekana, uwo mumotari tukamuhagarika n’ibyo yari apakiye byose.”

Umugore witwa Jeannette Uwimana utuye mu Mudugudu wa Rukiri avuga ko hari abakobwa bajyaga muri Tanzania bakabashyingira bakiri bato.

Abaturage basabwe kwirinda kugwa mu cyaha cyo gucuruza abantu

Yabwiye itangazamakuru ko yamenye ko gushyingira abana bato ari icyaha, bityo ko agiye gukorana na bagenzi be bakajya babibwira ababishinzwe bagakumira icyo kintu.

Yagize ati: “ Nitujya tumva hari umuntu bashaka gushyingira akiri muto tuzajya tubivuga babikumire”

Uwimana avuga ko iyo hari umuturage ugiye hanze mu buryo butari bwo cyangwa budakurikije amategeko aba ari imbaraga z’u Rwanda zitakaye.

Umugenzacyaha witwa Njangwe yasabye abatuye Kirehe kuba abaturage beza, abaturage bumva ko gucuruza abantu atari ibintu byo kwihanganira.

Yababwiye ko badakwiye kumva ko bazabibonamo indonke, ngo bumve ko bizabahira.

Ati: “ Muzirikane ko ari icyaha gihanishwa igifungo kigera ku myaka 15. Ujye utekeza ku muryango wawe uba ugiye gusiga hanze. Kandi  uko wabikora kose ntiwaducika. Uzafatwa ufungwe, umuryango wawe uhangayije nawe ugende uhangayike.”

Ku byerekeye abamotari, Njangwe yabahaye umuburo w’uko nibakomeza ibyo kujyana abantu hanze y’u Rwanda mu buryo butemewe bizabagaruka!

Avuga ko ubwo we na bagenzi be bajyaga mu Murenge wa Nyamugari, ahitwa Kagasa bahahuriye n’urugero rw’umumotari wari ujyanye umuntu wari washutswe ngo agiye guhabwa akazi kandi agiye gucuruzwa.

Ubugenzacyaha bushima abamotari bitwara neza ariko bukaburira abazishora mu gucuruza abantu cyangwa ibyaha bifitanye nabyo isano ko bizabihanirwa byanze bikunze.

TAGGED:AbamotariKireheRIBUbugenzacyaha
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rwanda: Bwa Mbere Mu Mateka Abagore Bahawe Ipeti Rya Colonel
Next Article Umunyarwandakazi Yahembewe Kwita Ku Bidukikije
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

You Might Also Like

Mu RwandaUbutabera

Ruhango: Abasaza Babiri Bagiye Kwiba Umwe Arahagwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?