Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kiyovu Yabonye Umufatanyabikorwa Uzayiha $ 50,000
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Kiyovu Yabonye Umufatanyabikorwa Uzayiha $ 50,000

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 October 2024 3:02 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Hari umufatanyabikorwa wa Kiyovu Sports witwa Gorillas Coffee ugiye kuyiha $50,000 azayifasha gukomeza kwiyubaka.

Kiyovu Sports imaranye igihe ibibazo birimo n’ibyo yafatiwe na FIFA birimo kutagura abakinnyi nyuma y’uko hari abayireze ko yabirukanye bidakurikije amategeko.

Byarayishegeshe bigeza n’aho imanuka mu manota kuko ubu ifite amanota atatu yonyine yakuye kuri AS Kigali mu minsi yatambutse.

Gusa abanyamuryango ba yo bafatanyije na Komite Nyobozi y’ikipe yagiranye amasezerano y’ubufatanye na Gorillas Coffee, akaba amasezerano y’umwaka umwe ushobora kongerwa.

Ayo masezerano afite agaciro k’ibihumbi 50$ (angana na miliyoni Frw 67 ).

Ku ikubitiro, igice cya mbere cy’ayo mafaranga cyahise gitangwa, hatangwa $ 20,000 ni ukuvuga arenga miliyoni Frw 20.

Hagati aho hari n’abakinnyi iri kuganiriza kugira ngo bazongere bayibere abakinnyi.

Barimo Riyad Nordien ukomoka muri Afurika y’Epfo, Mugenzi Cédric, Mosengo Tansele, Niyonkuru Ramadhan n’umunyezamu Ishimwe Patrick.

Gusa kugira ngo aba bakinnyi bagaruke, birasaba Kiyovu Sports kubatangaho angana na miliyoni Frw 15 F kuko bamwe muri bo yari ibafitiye imishahara itabishyuye.

Kiyovu Sports ifite icyizere ko mu gihe kitarambiranye, abo bakinnyi bazaba bagarutse muri iyi kipe y’abanya Kigali bo hambere.

Abanyakigali bo muri iki gihe bo biyumva muri AS Kigali kurushaho.

TAGGED:AbafatanyabikorwaAbakinnyiAmafarangaFIFAKiyovuUmujyi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Igisasu Cyarashwe Mu Rugo Rwa Netanyahu
Next Article Kagame Yibukije Ba Minisitiri Bashya Akamaro Ka Minisiteri Bashinzwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

You Might Also Like

ImikinoMu mahanga

Imikino Ya NBA Igiye Gusubukurwa Mu Bushinwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Ese APR FC Iri Ku Rwego Rwo Gukina N’Amakipe Nka Pyramids FC?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu RwandaPolitiki

Minisitiri W’Intebe Yakiriye Abanyarwanda Bitabiriye UCI

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Tigers BBC Yatwaye Bwa Mbere Igikombe Cya Rwanda Cup

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?