Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ku Isi Abantu Ni Magirirane-Mushikiwabo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

Ku Isi Abantu Ni Magirirane-Mushikiwabo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 July 2021 12:01 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umunyamabanga mukuru w’Umuryango w’ibihugu bikoresha Igifaransa Madamu Louise Mushikiwabo avuga ko icyorezo COVID-19 cyatumye abatuye Isi babona ko burya bose ari bamwe, ko ibyago by’umuturanyi biba byototera undi.

Yagize ati: “ Isomo abantu bakuye kandi bagomba gukomeza kuzirikana ni uko COVID-19 yatweretse ko burya turi magirirane.”

Yemeza ko iki cyorezo cyaje ari simusiga, ntawe gitinya, umukire, umukene n’undi uri hagati aho.

Kuva mu Bushinwa, ukambuka Moscow  ugakomeza London na Paris, ukamanuka Rio de Jenerio ugafata Dakar, N’Djamena, Kigali, New Delhi na Canberra…ntaho cyasize.

Kicyaduka ikizere cyo kucyirinda cyari ukuguma mu rugo, waba usohotse ukibuka agapfukamunwa.

Agapfukamunwa kabaye imari hirya no hino ku isi k’uburyo hari n’aho ibihugu byibaga udupfukamunwa tugenewe ibindi.

Mushikiwabo avuga ko icyorezo COVID-19  gikomeje kuba ikibazo ku bantu kuko n’ubwo hari inganda zikora inkingo zacyo, nazo ari nke.

Kuba ari nke kandi zikaba ziri mu bihugu bike byateye ikibazo kuko ibyo bihugu bisa n’ibishaka kuzikubira, ntibizisaranganye n’ibindi.

Ndetse n’umugambi wari warashyizwemo wo kuzisaranganya ibihugu bikennye wiswe COVAX nawo wabaye uhagaze kubera ko u Buhinde bwanze kuzirekura butabanje gukingira ababutuye, kandi ni benshi kuko barenga miliyari.

Mushikiwabo avuga ko iyi myumvire yo kuba nyamwigendaho,  yo kumva ko abandi ari abandi…yatumye amahame isi yari yarihaye yo kuzuzanya kugira ngo abayituye babeho neza , akomwa mu nkokora.

Kudakorana mu bihe bikomeye nk’ibyo mu cyorezo nka COVID-19  kuri Mushikiwabo ni ikibazo.

Mu nyandiko ye yacishije ku rubuga rwa Organisation Internationale de la Francophonie, Louise Mushikiwabo avuga ko ikindi kibazo gihari ari uko n’Umuryango Mpuzamahanga w’Ubucuruzi utitwara neza muri ibi bihe.

Ku rundi ruhande, yibaza uko imikorere ya UN n’izindi nzego mpuzamahanga zikora politiki iteye muri iki gihe n’icyo yakoze kugira ngo ifashe isi muri rusange kwigobotora ingaruka za COVID-19.

Abishingira ku ngingo y’uko no mu bihe by’icyo cyorezo, imitwe ya gisirikare yakomeje koreka imbaga hirya no hino ku isi.

Mushikiwabo avuga ko guhangana n’icyorezo nka COVID-19 cyangwa ikindi kibazo cyose kije cyugarije isi bisaba imikoranire ihamye muri Politiki, ubukungu n’ubuzima kandi bikagakorwa mu buryo bukomatanyije, bwuzuzanya.

Asanga ubu bwuzuzanye ari ingenzi kuko iyo buhari mu rugero rufatika bigirira akamaro inyokomuntu yose, agatanga urugero rw’uko gukingira abantu benshi muri iki gihe bizagirira akamaro abatuye isi bose.

Mushikiwabo avuga ko igihe cyose Leta nyinshi zizumva ko zahejwe mu bikorerwa mu isi, icyo gihe ubufatanye mpuzamahanga buzaba badashinga.

Avuga atavuga ku bihugu bikennye gusa ahubwo ko n’ibiri kuzamuka mu majyambere nabyo bihezwa kandi bigaragara ko bifite ijambo.

Ku byerekeye Afurika by’umwihariko, Louise Mushikiwabo avuga ko ibihugu byayo bigomba gukorana hagati yabyo kugira ngo bihuze imbaraga hagamijwe kwikemurira ibibazo.

Kandi asanga byaratangiye gutanga umusaruro.

Hari icyo asaba IMF…

Mushikiwabo asaba Ikigega mpuzamahanga cy’imari kureba uko cyadohorera ibihugu bigifitiye umwenda, bigahabwa uburyo bwo kuwishyura hakurikijwe amikoro bifite.

Asaba kandi Umuryango w’abibumbye kuvugurura inzego zawo kugira ngo  n’ibindi bihugu bigire umwanya mu Kanama kawo gashinzwe amahoro ku isi.

Kuri Mushikiwabo, isi y’ejo hazaza igomba kuba ishingiye ku bufatanye hagati y’ibihugu aho kuba ku buremere bwa buri gihugu.

Asanga Afurika n’u Burayi bigomba gukomeza umurunga ubihuza mu ngeri zirimo uburezi, ubucuruzi, uburenganzira bwa muntu, kwita ku bidukikije n’ibindi.

Urubyiruko, abagore  na Sosiyete sivile nabo ngo  bagomba kugira uruhare mu bibera ku isi kandi n’Imiryango mpuzamahanga irimo n’uwo Mushikiwabo ayobora igomba kuzagira uruhare mu bizabera ku isi mu gihe izaba isubiye ku murongo w’ubufatanye mpuzamahanga.

TAGGED:COVID-19featuredIbihuguMushikiwaboUbufatanye
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ikishe Amafi Yo Muri Muhazi Cyamenyekanye
Next Article Impamvu Zateye Laurent Gbagbo Gusura Jean Pierre Bemba I Kinshasa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Icyerekezo Minisiteri Y’Uburezi Ifite Ku Mubare W’Abarimu

Umuyobozi Wa Polisi Ashima Umusanzu W’Iya Eswatini 

Menya Uko u Rwanda Rwakiriye Amasezerano Yasinywe Hagati Ya Kinshasa Na AFC/M23

Ruhango: Arakekwaho Kwicisha Nyirakuru Inkoni

Kicukiro: Abagore Bigishijwe Ko Burya Amafaranga Abyara Andi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abayobozi Ba BBC Baravugwaho Kubeshyera Trump 

Guhangana N’Imihindagurikire Y’Ikirere Bizahenda u Rwanda

Nyamasheke: Abaturage Barasaba Kugabanyirizwa Tike Y’Ubwato Bubafasha Kujya Guhaha

Gicumbi: Abiga Inderabarezi Basaba Ko Bakongererwa Imashini N’Ibitabo

U Rwanda Rwaganiriye Na Maroc K’Ubufatanye Mu Bya Gisirikare 

You Might Also Like

Mu mahanga

Trump Ati: “BBC Ngomba Kuyirega Byanze Bikunze”

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

2.9% By’Abanyarwanda Bafite Diyabete:RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Abayobozi Mu Bufaransa Bari Muri DRC Kuganira Ku Mikorere Mishya Ya MONUSCO

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwafashije Guinea Conakry Gukora Ikoranabuhanga Ryita Ku Masoko Ya Leta 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?