Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kurya Akaboga Biracyagoye Abanyarwanda Benshi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbukungu

Kurya Akaboga Biracyagoye Abanyarwanda Benshi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 April 2024 1:40 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Akaboga karacyari imbonekarimwe ku Banyarwanda benshi kuko impuzandengo ivuga ko buri Munyarwanda arya ibilo umunani ku mwaka yakagombye kurya ibilo 45 ku mwaka.

Ikigo Gishinzwe Iterambere ry’Ubuhinzi n’Ubworozi, RAB, kivuga ko kurya inyama ku Banyarwanda bikiri ingorane.

Abenshi mu Banyarwanda barya inyama ku minsi mikuru cyangwa mu birori.

Biterwa ni uko hari abazi ko inyama ari iz’abifite.

Umuyobozi w’Ishami ry’ubworozi muri RAB, Dr Ndayisenga Fabrice, asaba abaturage kwitoza kurya n’imyama z’amatungo magufi.

Ati “ Biracyari hasi, ubu Umunyarwanda ntarenza ibiro umunani (8kg) by’inyama ku mwaka. Muri rusange ubaze inyama z’inka n’iz’amatungo magufi.Turashaka ko bizamuka kugeza ku bilo 45 ku mwaka (45kg)”.

Mu rwego rwo kurushaho guteza imbere ubworozi bw’amatungo magufi n’ibiyakomokaho, hatangijwe umushinga PRISIM,(Partnership for Resilient and Inclusive Small Livestock Market.)

Wateguwe na Leta y’ u Rwanda ifatanyije n’Ikigega Mpuzamahanga Giteza imbere Ubuhinzi n’Ubworozi, IFAD binyuze muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) ugashyirwa mu bikorwa n’Ikigo gishinzwe guteza imbere Ubuhinzi n’Ubworozi mu Rwanda (RAB).

Uzakora mu gihe cy’imyaka itanu uhereye muri Werurwe 2021 ukageza muri Nzeri 2026.

Abagenerwa bikorwa b’ibikorwa by’uyu mushinga ni abaturage babarurirwaga mu by’ibyiciro bya I na II by’ubudehe bo mu turere 15 two mu Ntara y’Amajyepfo, Amajyaruguru, Uburengerazuba, aho borozwa amatungo magufi .

Aya matungo ari mu bwoko butatu burimo intama, ingurube n’inkoko.

Umuyobozi w’Umushinga PRISM, Nshokeyinka Joseph, avuga ko ufasha umuturage kubona amatungo magufi kugira ngo abashe kwigira no kugira imibereho myiza.

Yongeraho ko uyu mushinga usibye koroza abaturage, banabigisha uko bategura indyo yuzuye hagamijwe kwirinda ko abana bagira ibibazo by’imirire mibi.

Mu bindi bikorwa by’uyu mushinga, harimo gushyiraho ibikorwa remezo biteza imbere ibikomoka ku matungo magufi ari byo kubaka isoko ry’amatungo muri rusange, kubaka ivuriro riciriritse ry’amatungo n’ibagiro ry’ingurube.

TAGGED:AbaturagefeaturedInyamaRAB
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Komisiyo Y’amatora Yaburiye Abazahimba Imikono
Next Article Nyamasheke: Ubwato Burimo Hotel Bwagonze Ibuye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Muzaze Dushimire Imana Ibyiza Yagejeje Ku Gihugu-Amb Murigande

Kagame Yaganiriye Na Mugenzi We Wa Mozambique

Perezida Wa Mozambique Yatangiye Uruzinduko Mu Rwanda

Uburundi Bugiye Kubaka Gariyamoshi

Ubuhinde Burashaka ‘Kwigira’, Burambiwe Amerika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Yanditse Igitabo Ku Gahinda Yatewe No Gupfusha Umugore We

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Gisagara: Abashakanye Baravugwaho Kwica Umuntu Muri 2021 Bamuta Mu Bwiherero

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu Rwanda

Meteo Rwanda Irateguza Imvura Irimo Inkuba Mu Gihugu Hose

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Nyagatare: Hatangijwe Umushinga Mugari Wo Guhinga Ubutaka Bukomatanyije

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Abanyamakuru Barekuwe N’Urukiko Rwa Gisirikare

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?