Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kwambara Isaha Bimariye Iki Benshi Ko Bitababuza Gucyererwa?
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Kwambara Isaha Bimariye Iki Benshi Ko Bitababuza Gucyererwa?

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 October 2024 3:56 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Igihe ni ingenzi mu kubyaza umusaruro ubuzima umuntu agifite ku isi. Ifoto:[email protected]
SHARE

Abatuye mu Mijyi y’u Rwanda bakunze kwambara isaha, haba iburyo cyangwa ibumoso. Abatayambara bayigendana kuri telefoni zabo, abandi bakagira isaha mu ngo zabo no mu biro. Icyakora ntibibabuza gukererwa!

Ni ingingo abantu baganiraho kuko iteye kwibaza niba kuri benshi mu Banyarwanda kwambara isaha atari umurimbo aho kuba igikoresho cyo kubafasha kugenzura igihe no kukibyaza umusaruro.

Inama nyinshi zibera mu Rwanda ziba zaramenyeshejwe abazitumiwemo hakiri kare.

Kuri emails zabo cyangwa kuri WhatsApp baba barohererejwe ingengabihe y’igihe inama cyangwa ikindi gikorwa bizatangirira, aho igikorwa kimwe kizatangirira n’aho ikindi kizagera, aho kizabera, abazakitabira n’ibindi.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Na mbere y’uko iyo nama itangira hari ubwo abatumiye abantu bongera kubibutsa gahunda uko iteye.

Ni mu buryo bwo kubarinda kuzakererwa inama, ariko ibyo ntibibuza abantu gukererwa.

Ese gukererwa kw’Abanyarwanda guterwa ni iki?

Ubirebye neza, wasanga byose byaratangiriye mu bwana.

Mu miryango myinshi abana ntibatozwa gukorera ku gihe, ngo bahabwe inshingano ariko bahabwe n’igihe bagomba kuba bazirangirije.

- Advertisement -

Ubumenyi nyabwo ku kamaro k’igihe ntabwo abenshi mu baturage batojwe.

Iyo abana bo mu cyaro bajya kwiga bagenda nk’abagiye gutashya inkwi, bakagenda bakina umupira mu nzira, abaciye ku mapera bakayasoroma, abageze imbere bagahura n’inyoni bakabanza kuzitera amabuye…ibyo byose bikabatwara iminota.

Hari ubwo bagera ku ishuri bagasanga bakererewe bakabihanirwa ariko ejo bigasubira.

Abana bo mu mijyi cyane cyane abo mu Mujyi wa Kigali nabo bakererezwa na byinshi birimo no kuryama batinze bareba filimi cyangwa bumva igiparu bikaza gutuma baryamira.

Kubyutsa abana nabyo biba intambara kuko akenshi baba batarumva ko bikorwa mu nyungu zabo z’ejo hazaza.

Nyuma y’uko babyutse basanga ababyeyi nabo bataritegura neza ngo nabo babategure babajyane ku ishuri.

Kubera kutabara neza uko igihe gikora, uzasanga abatuye Imijyi benshi babyuka mu bihe byegeranye ku buryo bagerera mu muhanda icyarimwe, imodoka si ukubyigana kakahava!

Umubyigano w’imodoka ukunze kuba intandaro yo gukererwa kwa benshi.

Iyo abana batatojwe gukoresha neza igihe hakiri kare, bakura bumva ko gukererwa ari ibintu byakwihanganirwa.

Indi mpamvu twavuga itera abantu gukererwa bakaba barabigize akamenyero ni uko iyo babikoze ntawe ubibahanira.

Birashoboka cyane ko abakozi bagiye bahanirwa gukererwa bazageraho bakamenya ko igihe ari icy’agaciro.

Kwambara isaha ubusanzwe ni iby’abantu bazi akamaro k’igihe iyo gikoreshejwe neza.

Nubwo iyi nyandiko yibanze ku mikoresheje mibi y’igihe bikozwe n’Abanyarwanda bamwe na bamwe, ku rundi ruhande izi ntege nke bisa n’aho ari iza benshi nk’uko umwe mu banyapolitiki wari n’umuhanga mu ndimi, umunyedini n’umunyapolitiki witwa William Penn yigeze kubivuga.

Penn yagize ati: “ Igihe ni ikintu twese dukenera ariko ni nacyo kintu cya mbere twese dupfusha ubusa”.

Penn( 14, Ukwakira, 1644 – 10, Kanama, 1718) yabivuze mu Kinyajana cya 18 amasaha ataraba menshi ariko ukuri kwe n’ubu kuracyafite akamaro.

William Penn

Ku ruhande rw’u Rwanda, Perezida Kagame yigeze gukomoza ku mikoreshereze iboneye y’igihe ikwiye kuranga Abanyarwanda muri rusange n’abayobozi by’umwihariko.

Hari mu ijambo yavuze ubwo yakiraga indahiro y’Abaminisitiri baherutse gushyirwaho muri Guverinoma.

Yavuze ko abayobozi bakwiye gukora inama zikenewe koko, bakagena ‘igihe zitangirira’ n’igihe zirangirira kandi icyo gihe ‘kigakurikizwa’.

Avuga ko ibyo byatanga umusaruro kuruta guhora mu nama za hato na hato kandi inyinshi zitangira ‘zikererewe.’

Umukuru w’igihugu icyo gihe yavuze ko hari n’abayobozi ajya ashaka ngo agire icyo ababaza bakamubwira ko bari mu nama ya mu gitondo yakongera kubashaka bwije nabwo bakamubwira ko bakiri mu nama!

Kubahiriza igihe biracyagoye benshi ku buryo hari n’uwo uhamagara ngo umwishyure umwenda agakererwa, akagusaba ko mwazahura ejo.

Nubwo ibikingamiye iterambere ry’u Rwanda ari byinshi, ariko muri byo harimo no kudakoresha neza igihe.

Gusa birababaje kandi bikanasekeje kubona abantu bambaye isaha ariko ntibakurikize igihe kandi yarabahenze.

Ntitwakirengagiza ko hari n’abambara isaha itabara!

TAGGED:AbanaAbanyarwandafeaturedGukererwaIcyaroIgiheIsahaIterambereKagameUmujyi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Yitangaga Uko Ashoboye- Kagame Avuga Ibigwi Bya Late Karemera
Next Article Hari Umwuka Mubi Hagati Ya Macron Na Netanyahu Bapfa Lebanon
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?