Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Lebanon: Abaturage Benshi Bari Guhunga Ibitero Bya Israel
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUmutekano

Lebanon: Abaturage Benshi Bari Guhunga Ibitero Bya Israel

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 September 2024 9:07 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Ababyeyi bahamagariwe gutahana abana babo
SHARE

Mu Majyepfo ya Lebanon imiryango iri guhunga ku bwinshi yanga ko abayigize bahitanwa n’ibisasu by’indege za gisirikare za Israel. Ubuyobozi bw’izi ngabo bwari buherutse gusaba abatuye mu bice Hezbollah yigaruriye babivamo vuba vuba.

Minisitiri w’Intebe wa Israel Benyamini Netanyahu yaraye avuze ko ingabo z’igihugu cye zitazatezuka  kurasa abanzi bacyo igihe cyose n’ahantu aho ari ho hose ku isi bizaba ari ngombwa.

Abatuye ibice by’Amajyepfo ya Lebanon bari guhunga bakoresheje imodoka, amakamyo n’ubundi buryo bwose bubonetse.

Mu gusaba abaturage ba Lebanon kuva mu bice batuyemo, bivugwa ko hari  bamwe babonye ubutumwa kuri telefoni zabo buvuye muri Israel bubasaba kuhava.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ni ubutumwa batazi uko ababuboherereje babonye nomero zabo za telefoni, bukaba ubutumwa bw’inyandiko cyangwa bw’amajwi bita voice notes/recordings.

Israel irasaba abaturage kuva aho batuye mu maguru mashya

Ikibazo abaturage ba Lebanon bavuga ko bafite ni uko bitoroshye ko umuntu abona n’aho yahungira.

Biragoye kubona aho umuntu ahungira kuko imihanda yuzuye abantu babuze aho bamenera ngo bave mu bice byugarijwe

Imihanda yo mu bice by’Amajyaruguru y’Umurwa mukuru Beirut yuzuye abantu bari mu modoka, mu makamyo abandi bagenda n’amaguru bashaka uko bahunga urupfu.

Ibisasu biremereye bya Israel bikomeje kwiyesura mu bice bitandukanye bya Lebanon ku buryo abantu bakutse umutima, bayoberwa aho bakwerekeza.

- Advertisement -

Minisiteri y’ubuzima muri Lebanon ivuga ko kugeza ubu hari abantu 492 bamaze guhitanwa n’ibisasu Israel iri kurasa mu bice ivuga ko ari indiri y’abarwanyi ba Hezbollah.

Abagera ku 1,600 barakomeretse bikomeye.

Minisiteri y’ingabo za Israel itangaza ko mu masaha 24 ashize ingabo z’iki gihugu zimaze kurasa ibisasu 1,100.

Ibisasu bya Israel bimereye nabi abatuye mu Majyepfo ya Lebanon

Abo mu Majyepfo ya Lebanon bari guhungira mu Murwa mukuru Beirut ariko bagahura n’ikibazo cy’uko abo muri uyu murwa nabo bari kuzinga utwangushye.

Mu mpera z’Icyumweru gishize, Israel yatangiye kuburira abaturage bo mu bice bya Lebanon bikorerwamo na Hezbollah ko bakwiye guhunga hakiri kare.

Ababyeyi bahise bihutira kujya gucyura abana babo ku mashuri, banga ko baza kuhasiga ubuzima.

Umwe muri bo yabwiye Reuters ko yagiye kubona abona ubutumwa kuri telefoni bumusaba kujya gucyura umwana kuko hari ibisasu byari hafi kuraswa hafi y’ishuri yigaho.

Uwo mubyeyi witwa Issa avuga ko we na bagenzi be  bafite ubwoba bwinshi kuko ibiri kubera muri Lebanon nta cyizere cy’amahoro biri gutanga.

TAGGED:AbabyeyiAbanafeaturedIbisasuIntambaraIsraelLebanontelefoni
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Imbunda Zirenga Miliyoni 100 Ziri Mu Batuye Afurika Batazemerewe
Next Article Umuyobozi Mukuru Wa Polisi Ya Seychelles Ari Mu Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaMu Rwanda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?