Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Lebanon: Abaturage Benshi Bari Guhunga Ibitero Bya Israel
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUmutekano

Lebanon: Abaturage Benshi Bari Guhunga Ibitero Bya Israel

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 September 2024 9:07 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Ababyeyi bahamagariwe gutahana abana babo
SHARE

Mu Majyepfo ya Lebanon imiryango iri guhunga ku bwinshi yanga ko abayigize bahitanwa n’ibisasu by’indege za gisirikare za Israel. Ubuyobozi bw’izi ngabo bwari buherutse gusaba abatuye mu bice Hezbollah yigaruriye babivamo vuba vuba.

Minisitiri w’Intebe wa Israel Benyamini Netanyahu yaraye avuze ko ingabo z’igihugu cye zitazatezuka  kurasa abanzi bacyo igihe cyose n’ahantu aho ari ho hose ku isi bizaba ari ngombwa.

Abatuye ibice by’Amajyepfo ya Lebanon bari guhunga bakoresheje imodoka, amakamyo n’ubundi buryo bwose bubonetse.

Mu gusaba abaturage ba Lebanon kuva mu bice batuyemo, bivugwa ko hari  bamwe babonye ubutumwa kuri telefoni zabo buvuye muri Israel bubasaba kuhava.

Ni ubutumwa batazi uko ababuboherereje babonye nomero zabo za telefoni, bukaba ubutumwa bw’inyandiko cyangwa bw’amajwi bita voice notes/recordings.

Israel irasaba abaturage kuva aho batuye mu maguru mashya

Ikibazo abaturage ba Lebanon bavuga ko bafite ni uko bitoroshye ko umuntu abona n’aho yahungira.

Biragoye kubona aho umuntu ahungira kuko imihanda yuzuye abantu babuze aho bamenera ngo bave mu bice byugarijwe

Imihanda yo mu bice by’Amajyaruguru y’Umurwa mukuru Beirut yuzuye abantu bari mu modoka, mu makamyo abandi bagenda n’amaguru bashaka uko bahunga urupfu.

Ibisasu biremereye bya Israel bikomeje kwiyesura mu bice bitandukanye bya Lebanon ku buryo abantu bakutse umutima, bayoberwa aho bakwerekeza.

Minisiteri y’ubuzima muri Lebanon ivuga ko kugeza ubu hari abantu 492 bamaze guhitanwa n’ibisasu Israel iri kurasa mu bice ivuga ko ari indiri y’abarwanyi ba Hezbollah.

Abagera ku 1,600 barakomeretse bikomeye.

Minisiteri y’ingabo za Israel itangaza ko mu masaha 24 ashize ingabo z’iki gihugu zimaze kurasa ibisasu 1,100.

Ibisasu bya Israel bimereye nabi abatuye mu Majyepfo ya Lebanon

Abo mu Majyepfo ya Lebanon bari guhungira mu Murwa mukuru Beirut ariko bagahura n’ikibazo cy’uko abo muri uyu murwa nabo bari kuzinga utwangushye.

Mu mpera z’Icyumweru gishize, Israel yatangiye kuburira abaturage bo mu bice bya Lebanon bikorerwamo na Hezbollah ko bakwiye guhunga hakiri kare.

Ababyeyi bahise bihutira kujya gucyura abana babo ku mashuri, banga ko baza kuhasiga ubuzima.

Umwe muri bo yabwiye Reuters ko yagiye kubona abona ubutumwa kuri telefoni bumusaba kujya gucyura umwana kuko hari ibisasu byari hafi kuraswa hafi y’ishuri yigaho.

Uwo mubyeyi witwa Issa avuga ko we na bagenzi be  bafite ubwoba bwinshi kuko ibiri kubera muri Lebanon nta cyizere cy’amahoro biri gutanga.

TAGGED:AbabyeyiAbanafeaturedIbisasuIntambaraIsraelLebanontelefoni
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Imbunda Zirenga Miliyoni 100 Ziri Mu Batuye Afurika Batazemerewe
Next Article Umuyobozi Mukuru Wa Polisi Ya Seychelles Ari Mu Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Musanze: Abanyonzi Bibukijwe Akamaro Ka Gerayo Amahoro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Intara Ya Ituri Iri Kuberamo Imirwano Ikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?