Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Leta Yatangiye Gukurikirana Abacuruzi Bahanika Ibiciro Ku Bikoresho By’Isuku By’Abagore
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Leta Yatangiye Gukurikirana Abacuruzi Bahanika Ibiciro Ku Bikoresho By’Isuku By’Abagore

admin
Last updated: 15 September 2021 9:03 am
admin
Share
SHARE

Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda yatangaje ko abacuruzi 22 bamaze guhanishwa gucibwa amande angana na 13,020,000 Frw, bazira amakosa arimo guhanika ibiciro by’ibikoresho by’isuku by’abari n’abategarugori, kandi byarakuriweho umusoro ku nyongeragaciro (VAT).

Mu 2019 nibwo Leta yakuye umusoro ku nyongeragaciro ku bikoresho by’isuku by’abagore nk’ibyifashishwa mu gihe cy’imihango, kugira ngo buri wese agerweho n’ibi bikoresho. Nyamara hari abacuruzi bakomeje kuzamura ibiciro kuri ibi bikoresho.

Minisiteri y’Ubucuruzi n’inganda yatangaje ko iheruka gukora ubugenzuzi ifatanyije n’Ikigo gishinzwe kugenzura ubuziranenge, ihiganwa mu bucuruzi no kurengera umuguzi (RICA) n’Ikigo gishinzwe Ubuziranenge (RSB).

Yakomeje iti “Bamwe mu bacuruzi basanzwe bacuruza ibikoresho by’isuku by’abari n’abategarugori ku biciro byo hejuru y’ibyagenwe kandi byarakuriweho umusoro ku nyongeragaciro (VAT), abandi bacuruza ibicuruzwa bitujuje ibiro n’ubuziranenge. Abacuruzi 22 bakaba barafatiwe muri ayo makosa bagacibwa amande angana na 13,020,000 Frw.”

“Minisiteri y’Ubucuruzi n’inganda iramenyesha abacuruzi bose ko gucuruza ibikoresho by’isuku by’abari n’abategarugori ku biciro birenze ibyagenwe no gucuruza ibicuruzwa bitujuje ibiro cyangwa ubuziranenge, bitemewe kandi amategeko abihanira.”

Yavuze ko abacuruzi bagomba kuba bafite iminzani yemewe n’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Ubiziranenge (RSB) kugira ngo ibicuruzwa bijye bipimwa mbere yo gutwarwa n’umuguzi.

TAGGED:AbagorefeaturedIsukuMinisiteri y'ubucuruzi n'inganda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umuhanzi Ariana Grande ‘Yarusimbutse’
Next Article Croix Rouge Yagobotse Abaturage Ba Rubavu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

Abanywera Urumogi Muri Gereza Baburiwe

General Kabandana Yatabarutse

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUmutekano

Hari Ubwoba Bw’Intambara Ya Amerika Na Venezuela 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rubavu: Minisitiri W’Intebe Yasuye Inganda Zikora Ku Kiyaga Cya Kivu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbuzima

Ebola Yagarutse Muri DRC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?