Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Leta Y’u Rwanda Ikodesha Inzu Zo Gukoreramo Kandi Ifite Izipfa Ubusa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Leta Y’u Rwanda Ikodesha Inzu Zo Gukoreramo Kandi Ifite Izipfa Ubusa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 November 2023 8:21 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Depite Gloriose Uwanyirigira hamwe na bagenzi be bagize Komite mu Nteko ishinga amategeko ishinzwe kugenzura uko umutungo wa Leta ukoreshwa bavuga ko bibabaje kuba Leta ikodesha inzu ikoreramo kandi hari izindi zirangewe n’ibigunda, zikeneye gusanwa gusa.

Mu nyubako 49,937, Umugenzuzi mukuru w’imari ya Leta yagenzuye, yasanze izigera kuri 950 ziri aho gusa zidakoreshwa kandi, mu by’ukuri, nta kibazo kinini zifite.

Depite Uwanyirigira avuga ko iki kibazo gikwiye gufatirwa ingamba zihuse, bigakorwa n’ikigo gishinzwe imyubakire, Rwanda Housing Authority, kuko bihombya Leta kandi mu bintu bidafatika.

We na bagenzi bo muri PAC bavuga ko gusana no gukoresha inyubako za Leta ziri hirya no hino mu Rwanda byagabanya cyangwa bigakuraho amafaranga Leta itanga izikodesha.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Leta ikodeshereza ibigo 35  birimo n’inkiko.

Hari Umudepite witwa Beline Uwineza wavuze ko inyubako nshya ya RURA itaratahwa yose kandi isa n’uyuzuye, kandi ngo iramutse itangiye  gukorerwamo byafasha ibigo byinshi nabyo kwimuka bikabona aho bikorera.

Imibare itangwa n’Abadepite ivuga ko inzu za Leta zipfa ubusa ziri henshi.

Nk’ubu inzu 61 zirapfa ubusa mu Mujyi wa Kigali, inzu 301 zirapfa ubusa mu Ntara y’Amajyepfo, inzu 252 zirapfa ubusa mu Ntara y’Uburengerazuba, inzu 245 zirapfa ubusa mu Ntara y’Amajyaruguru n’aho inzu 181 zirapfa ubusaa mu Ntara y’Uburasirazuba.

Ikigo cy’igihugu kita ku buhinzi n’ubworozi, RAB, gifite inzu 52 nzima zidakoreshwa, kikagira izindi 308 zikeneye kuvugururwaho gato ndetse n’izindi 68 zikwiye gusenywa burundu.

- Advertisement -

Izo nzu ziherereye mu bigo by’ubushakashatsi bya RAB biri mu Rubirizi, i Ngoma, Nyamagabe, Gishwati, Musanze, Rubona, Muhanga, Nyagatare n’ahandi.

Izindi nzu zipfa ubusa kandi zikeneye kuvugururwa ni ishuri ry’indimi rya Kaminuza y’u Rwanda( EPLM) riri i Taba muri Huye, urukiko rwa Kanto rwa Gakenke, aho kwidagadurira muri Kaminuza y’u Rwanda hitwa ‘Theâtre de Verdure’ n’ahandi.

Kuba Leta ikodesha birayihenda cyane kubera ko urugero nk’ubu Urukiko rw’ikirenga rukodesha aho rukorera miliyoni Frw 117 ku kwezi, ni ukuvuga miliyari Frw 1.4 ku mwaka

 Icyakora umuyobozi wa RHA witwa Alphonse Rukaburandekwe yabwiye The New Times  ko iki kibazo bagiye kugishakira umuti urambye bidatinze.

Alphonse Rukaburandekwe avuga ko iki kibazo bagiye kugishakira umuti urambye bidatinze.
TAGGED:AbadepitefeaturedGukodeshaGuverinomaInyubakoLeta
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Dosiye Irega CG Gasana Yagejejwe Mu Rukiko
Next Article Karongi: Bamusanze Yimanitse, Harakekwa Umugore We Wamuhozaga Ku Nkeke
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?