Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Lourenço Yabwiye Uyobora Afurika Yunze Ubumwe Aho Agejeje Ubuhuza Hagati Ya Kigali Na Kinshasa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Lourenço Yabwiye Uyobora Afurika Yunze Ubumwe Aho Agejeje Ubuhuza Hagati Ya Kigali Na Kinshasa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 December 2024 12:46 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
João Lourenço( Ifoto@Radio CASMIRO)
SHARE

João Lourenço uyobora Angola aherutse gutekerereza Perezida wa Mauritania, akaba na Perezida w’Afurika Yunze ubumwe, witwa Mohamed Ould Cheikh El Ghazouani aho agejeje ubuhuza akora hagati ya Kigali na Kinshasa.

Yabimubwiriye mu kiganiro bagiranye kuri telefoni.

Bombi baganiriye ku bibazo by’umutekano muke biri hirya no hino muri Afurika no muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo mu buryo bw’umwihariko.

Radio Okapi ivuga ko abo bayobozi baganiriye ku byakorwa cyangwa ibizakorwa kugira ngo ibyo bibazo bibonerwe umuti urambye.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

João Lourenço yashyizwemo n’Afurika yunze ubumwe ngo abe umuhuza hagati y’u Rwanda na Repubulika ya Demukarasi ya Congo ku kibazo cya M23, uyu ukaba umutwe w’inyeshyamba z’abaturage ba DRC bavuga ko bahejwe mu mibereho y’igihugu cyabo.

Niyo mpamvu batanga yatumye bafata intwaro bararwana.

Urwego rw’itangazamakuru rwa Mauritania (Agence Mauritanienne d’Information, AMI) ruvuga ko João Lourenço yabwiye umuyobozi  wa Afurika yunze ubumwe aho ibiganiro by’amahoro by’i Luanda yashinzwe kuyobora bigeze.

Perezida wa Mauritania Mohamed-Ould-Cheikh-El-Ghazouani

Bombi bemeranyije ko amahoro muri DRC ari ingenzi mu gutuma igice u Rwanda na DRC biherereyemo gitekana.

Baganiriye kandi ku zindi ngingo zirebana no kuzamura imikorere inoze muri Afurika yunze ubumwe.

- Advertisement -

Ibiganiro by’amahoro hagati ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo n’u Rwanda biherutse gukomwa mu nkokora n’ingingo y’uko DRC yanze ko M23 ihabwa umwanya mu biganiro bibera i Luanda.

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda Amb.Olivier Nduhungirehe yavuze ko tariki 14, Ukuboza, 2024 hari inama yamuhuje na mugenzi we Thérѐse Kayikwamba Wagner yamaze amasaha icyenda.

Baganiriye ku ngingo zinyuranye ariko batinda ku ngingo isaba ko M23 yaganira na DRC.

Uruhande  rwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo rwarabyanze, ruvuga ko rudashobora kuganira n’abo rwita ‘abakora iterabwoba’.

Perezida Tshisekedi nawe yanzuye atyo.

Kutemerera M23 kujya mu biganiro kandi ari yo ngingo ikomeye yari yazinduye Nduhungirehe ngo ayiganireho na mugenzi we, byatumye Perezida Paul Kagame asubika ibyo kugwa i Luanda kuganira na Tshisekedi.

Muri DRC babifashe nko kubangamira inzira iganisha ku mahoro mu kibazo kiri mu Burasirazuba bw’iki gihugu.

TAGGED:AngolafeaturedKagameLorencoM23MauritaniaNduhungireheRwandaUbuhuza
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Hari Kwigwa Uko ‘Serivisi Zimwe’ Za RSB, Rwanda FDA Na RICA Zahuzwa
Next Article Amavubi Arizeza Abanyarwanda Intsinzi Mu Mukino Na Sudani Y’Epfo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?