Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: M 23 Ivuga Ko Yongeye Gufata Ingabo Z’ Uburundi Zifasha Iza DRC
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

M 23 Ivuga Ko Yongeye Gufata Ingabo Z’ Uburundi Zifasha Iza DRC

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 November 2023 7:40 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuvugizi mu bya Politiki wa M23, Lawrence Kanyuka yavuze ko mu masaha ya mu gitondo kuri iki Cyumweru taliki 05, Ugushyingo, 2023 abarwanyi b’umutwe avugira bafatiye ku rugamba abasirikare b’Uburundi barwanaga ku ruhande rw’ingabo za DRC.

Ati “Kandi twafashe abasirikare b’Abarundi bari mu mugambi wo kumaraho ubwoko. M23 iraza gutanga amakuru arambuye.”

Ikindi avuga ni uko hari ibikoresho bya gisirikare avuga ko ari byinshi bafashe ubwo ingabo za DRC zabisigaga zikiruka.

M23 yavuze ko kuri iki Cyumweru bazindukiye ku bitero by’ingabo za DRC zifatanyije n’iza FDLR, iz’Uburundi na Wazalendo ndetse n’abacanshuro b’Abazungu.

Ni igitero cyagabwe ahantu hatandukanye harimo Kitchanga, muri Masisi, ahitwa Bwiza no Kwitabi.

Ibi kandi byamejwe na bamwe mu banyamakuru bakorera mu Burasirazuba bwa Congo, umwe muri bo akaba avuga ko inyeshyamba za M23 zagabye igitero ku barwanyi bashyigikiye Leta, bitwa Wazalendo, zibambura agace ka Burungu, ariko Wazalendo bakaba ari bo bakigenzura ahitwa Kilolirwe na Gitchwe.

Ku rundi ruhande, abandi banyamakuru bo muri Congo bavuga ko inyeshyamba za M23 zafashe ahitwa Nyakabingu, Kabalekasha, Kashagari n’igice cy’ahitwa Rujebeshe, muri Masisi.

Ibyo mu Burasirazuba bwa DRC biherutse kongera gucika mu minsi mike ishize ubwo ingabo za Congo, FARDC n’ingabo za UN, MONUSCO biyemeje gufatanya mu bikorwa bya gisirikare bigamije kurinda umujyi wa Goma n’agace ka Sake muri Masisi ngo bitigarurirwa n’inyeshyamba za M23.

Hari amakuru avuga ko kuri uyu wa Mbere imirwano yakomereje i Kibumba mu nkengero z’umujyi wa Goma.

Ku byerekeye ingabo z’Uburundi zifatanya n’iza DRC mu kurwanya M23, ntiharamenyekana niba  ari izoherejwe gutabara Congo Kinshasa nk’uko igihugu cyatabara ikindi cyangwa niba ari bamwe mu bagize ingabo za Africa y’Iburasirazuba zoherejwe muri kiriya gice kukigaruramo amahoro.

TAGGED:BurundiFARDCFDLRfeaturedImirwanoIngaboIntambaraM23
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Capt Dadis Camara Wayoboye Guinea Yafashwe Ashaka Gutoroka Gereza
Next Article Ikawa Ihingwa Mu Ruhango Igiye Kuvugururwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

Sassou Nguesso Ari i Kinshasa Mu Bukwe Bw’Umukobwa Wa Tshisekedi

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaPolitiki

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Kabila Yasabiwe Urwo Gupfa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Ibibera Muri DRC Bitugiraho Ingaruka Mu Buryo Bwinshi- Amb. Ngoga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?