Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: M 23 Ivuga Ko Yongeye Gufata Ingabo Z’ Uburundi Zifasha Iza DRC
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

M 23 Ivuga Ko Yongeye Gufata Ingabo Z’ Uburundi Zifasha Iza DRC

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 November 2023 7:40 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuvugizi mu bya Politiki wa M23, Lawrence Kanyuka yavuze ko mu masaha ya mu gitondo kuri iki Cyumweru taliki 05, Ugushyingo, 2023 abarwanyi b’umutwe avugira bafatiye ku rugamba abasirikare b’Uburundi barwanaga ku ruhande rw’ingabo za DRC.

Ati “Kandi twafashe abasirikare b’Abarundi bari mu mugambi wo kumaraho ubwoko. M23 iraza gutanga amakuru arambuye.”

Ikindi avuga ni uko hari ibikoresho bya gisirikare avuga ko ari byinshi bafashe ubwo ingabo za DRC zabisigaga zikiruka.

M23 yavuze ko kuri iki Cyumweru bazindukiye ku bitero by’ingabo za DRC zifatanyije n’iza FDLR, iz’Uburundi na Wazalendo ndetse n’abacanshuro b’Abazungu.

Ni igitero cyagabwe ahantu hatandukanye harimo Kitchanga, muri Masisi, ahitwa Bwiza no Kwitabi.

Ibi kandi byamejwe na bamwe mu banyamakuru bakorera mu Burasirazuba bwa Congo, umwe muri bo akaba avuga ko inyeshyamba za M23 zagabye igitero ku barwanyi bashyigikiye Leta, bitwa Wazalendo, zibambura agace ka Burungu, ariko Wazalendo bakaba ari bo bakigenzura ahitwa Kilolirwe na Gitchwe.

Ku rundi ruhande, abandi banyamakuru bo muri Congo bavuga ko inyeshyamba za M23 zafashe ahitwa Nyakabingu, Kabalekasha, Kashagari n’igice cy’ahitwa Rujebeshe, muri Masisi.

Ibyo mu Burasirazuba bwa DRC biherutse kongera gucika mu minsi mike ishize ubwo ingabo za Congo, FARDC n’ingabo za UN, MONUSCO biyemeje gufatanya mu bikorwa bya gisirikare bigamije kurinda umujyi wa Goma n’agace ka Sake muri Masisi ngo bitigarurirwa n’inyeshyamba za M23.

Hari amakuru avuga ko kuri uyu wa Mbere imirwano yakomereje i Kibumba mu nkengero z’umujyi wa Goma.

Ku byerekeye ingabo z’Uburundi zifatanya n’iza DRC mu kurwanya M23, ntiharamenyekana niba  ari izoherejwe gutabara Congo Kinshasa nk’uko igihugu cyatabara ikindi cyangwa niba ari bamwe mu bagize ingabo za Africa y’Iburasirazuba zoherejwe muri kiriya gice kukigaruramo amahoro.

TAGGED:BurundiFARDCFDLRfeaturedImirwanoIngaboIntambaraM23
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Capt Dadis Camara Wayoboye Guinea Yafashwe Ashaka Gutoroka Gereza
Next Article Ikawa Ihingwa Mu Ruhango Igiye Kuvugururwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

DRC: Batangiye Gukingira Ebola

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?