Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Magendu Ikomeje Kuva Muri Uganda Yinjizwa Mu Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Magendu Ikomeje Kuva Muri Uganda Yinjizwa Mu Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 May 2022 1:35 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ku wa Gatanu taliki 13, Gicurasi, 2022 mu Karere Nyagatare hafatiwe abantu babiri bafite imifuka umunani ifungiyemo imyenda yinjijwe mu Rwanda mu buryo bwa magendu. Ni imifuka bita amabaro.

Bamwe bafatiwe muri uyu Murenge

Polisi yemeza ko iriya abinjije iriya mifuka bari bayivanye muri Uganda.

Imifuka itanu yafatiwe mu Mudugudu wa Gishara mu Kagari ka Kagitumba, Umurenge wa Matimba indi tatu yafatiwe mu Mudugudu wa Nyakanoni, Akagari ka Shonga mu Murenge wa Tabagwe.

Iyi mifuka itatu ya nyuma abari bayifite bayikubise hasi bariruka.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’i Burasirazuba, Superintendent of Police (SP) Hamdun Twizeyimana, avuga ko ariya  mabaro yose yafashwe biturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage.

Ati: “Saa saba z’amanywa nibwo Polisi yahawe amakuru n’abaturage batuye mu Tugari tubiri ari two Kagitumba na Shonga bavuga ko hari abantu bikoreye amabaro y’imyenda ya Caguwa ya magendu. “

SP Twizeyimana avuga ko abapolisi bahise batangira ibikorwa byo gufata  bariya bantu.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’i Burasirazuba, Superintendent of Police (SP) Hamdun Twizeyimana

Yashimiye abaturage bakomeje gutanga amakuru, abakora ubucuruzi bwa magendu n’abandi bakora ibinyuranyije n’amategeko bagafatwa, abasaba gukomeza kuyatangira ku gihe.

Imyenda yafashwe yashyikirijwe ikigo cy’igihugu gishinzwe imisoro n’amahoro (RRA) Ishami rya Nyagatare,

- Advertisement -

Abafashwe bo  bashyikirijwe Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rukorera kuri sitasiyo ya Matimba.

Itegeko ry’umuryango w’ibihugu byo mu Karere k’Afurika y’Iburasirazuba rinakoreshwa mu Rwanda ingingo yaryo ya 199 rivuga ko ibicuruzwa bya magendu byafashwe bitezwa cyamunara.

Imodoka yakoreshejwe muri ubwo bucuruzi bwa magendu nayo itezwa cyamunara ndetse umushoferi wayo agacibwa amande angana n’ibihumbi bitanu by’amadorali y’Amerika (US$5000).

Imifuka bafatanywe
TAGGED:featuredIntaraMagenduRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Karasira Agiye Gusohora Indirimbo Yahimbiye Uwo Atwite
Next Article Macron Agiye Gutegeka u Bufaransa ‘Mu Bundi Buryo’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?