Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Magendu Ikomeje Kuva Muri Uganda Yinjizwa Mu Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Magendu Ikomeje Kuva Muri Uganda Yinjizwa Mu Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 May 2022 1:35 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ku wa Gatanu taliki 13, Gicurasi, 2022 mu Karere Nyagatare hafatiwe abantu babiri bafite imifuka umunani ifungiyemo imyenda yinjijwe mu Rwanda mu buryo bwa magendu. Ni imifuka bita amabaro.

Bamwe bafatiwe muri uyu Murenge

Polisi yemeza ko iriya abinjije iriya mifuka bari bayivanye muri Uganda.

Imifuka itanu yafatiwe mu Mudugudu wa Gishara mu Kagari ka Kagitumba, Umurenge wa Matimba indi tatu yafatiwe mu Mudugudu wa Nyakanoni, Akagari ka Shonga mu Murenge wa Tabagwe.

Iyi mifuka itatu ya nyuma abari bayifite bayikubise hasi bariruka.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’i Burasirazuba, Superintendent of Police (SP) Hamdun Twizeyimana, avuga ko ariya  mabaro yose yafashwe biturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage.

Ati: “Saa saba z’amanywa nibwo Polisi yahawe amakuru n’abaturage batuye mu Tugari tubiri ari two Kagitumba na Shonga bavuga ko hari abantu bikoreye amabaro y’imyenda ya Caguwa ya magendu. “

SP Twizeyimana avuga ko abapolisi bahise batangira ibikorwa byo gufata  bariya bantu.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’i Burasirazuba, Superintendent of Police (SP) Hamdun Twizeyimana

Yashimiye abaturage bakomeje gutanga amakuru, abakora ubucuruzi bwa magendu n’abandi bakora ibinyuranyije n’amategeko bagafatwa, abasaba gukomeza kuyatangira ku gihe.

Imyenda yafashwe yashyikirijwe ikigo cy’igihugu gishinzwe imisoro n’amahoro (RRA) Ishami rya Nyagatare,

Abafashwe bo  bashyikirijwe Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rukorera kuri sitasiyo ya Matimba.

Itegeko ry’umuryango w’ibihugu byo mu Karere k’Afurika y’Iburasirazuba rinakoreshwa mu Rwanda ingingo yaryo ya 199 rivuga ko ibicuruzwa bya magendu byafashwe bitezwa cyamunara.

Imodoka yakoreshejwe muri ubwo bucuruzi bwa magendu nayo itezwa cyamunara ndetse umushoferi wayo agacibwa amande angana n’ibihumbi bitanu by’amadorali y’Amerika (US$5000).

Imifuka bafatanywe
TAGGED:featuredIntaraMagenduRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Karasira Agiye Gusohora Indirimbo Yahimbiye Uwo Atwite
Next Article Macron Agiye Gutegeka u Bufaransa ‘Mu Bundi Buryo’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ofisiye Ba Israel Bategetswe Gukoresha Mu Kazi iPhones Gusa 

I Rulindo Ngo Bagira Isuku Nyinshi

Indonesia: Abahitanywe N’Imyuzure Bamaze Kugera Kuri 414

Tshisekedi Hari Ibyo Avuga Ko Atazasinyira i Washington

Uburayi: Abanyamuryango Ba FPR-Inkotanyi Baganiriye Ku Iterambere Ry’u Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ibya Rayon Sports Leta Yongeye Ibyinjiramo

Zelenskyy Aribaza Ukuntu Azemera Guha Uburusiya Ubutaka Bikamushobera

Kagame Yaganiriye Na Touadéra Uko RDF Yakomeza Imikoranire N’Ingabo Ze

Israel Yishe Umuyobozi Ukomeye Wa Hezbollah Imusanze Muri Lebanon

Ikipe Y’u Rwanda Ya Basketball Yakubiswe Incuro Ku Mukino Wa Mbere Ugana Ku Gikombe Cy’Isi

You Might Also Like

Ububanyi n'Amahanga

RDF Ikomeje Kubakira Ubushobozi Ingabo Za Centrafrique 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'Abaturage

Nyamasheke: Bahangayikishijwe N’Uko Bateye Imyaka Ikuma Inzara Ikaba Ibugarije

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Guverineri Kayitesi Asobanura Uko Abatuye Intara Ye Bava Mu Bukene

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Indonesia: Umutingito Wateye Tsunami Yishe Abantu 248

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?