Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Makenga Yabwiye Leta Ya DRC Ko Niba Ishaka Intambara Izayibona
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Makenga Yabwiye Leta Ya DRC Ko Niba Ishaka Intambara Izayibona

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 July 2023 7:10 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Gen Makenga wari umaze igihe ataboneka mu ruhame yongeye kugaragara abwira Guverinoma ya DRC ko ibyo gushyirwa mu nkambi bitareba umutwe ayoboye ndetse yongeraho ko igihe cyose izashotora abarwanyi be intambara izakurikiraho izaba ikomeye cyane.

Ku rundi ruhande ariko, ingabo za DRC nazo ziri kwitegura intambara binyuze mu kwisuganya kandi hari amakuru avuga ko ziri kuyitegura zifatanyije n’abarwanyi ba FDLR.

Makenga n’abasirikare be bakuru bakambitse mu mashyamba ya Jomba muri Rutshuru.

Gen Makenga yavuze ko ibireba M23 yabikoze, ariko Guverinoma ya Congo yo ibyayo ibirenza amaso.

Yagize ati: “ Ibyo ni uguhagarika imirwano, gusubira inyuma kwa M23 ndetse n’ibiganiro hagati ya Guverinoma na M23. Mu cyubahiro tugomba Abakuru b’ibihugu, M23, yakoze ibyo yasabwaga mu gihe itegereje ibiganiro aho tuzaganira ku mpamvu muzi z’amakimbirane. Icyo nakubwira ni uko ibyo byo gushyirwa mu nkambi ntabwo bitureba na gato”.

Imyiteguro y’intambara ku ruhande rwa M23 iherutse no kugarukwaho na  Lt Col Alfred Musubao Muriro  wagaraye abwira abasirikare be ko bagomba kuba maso kuko abarwanyi ba FDLR nabo bakomeje kubasatira.

Lt Col Muriro yagize ati: “Twiteguye kurwana intambara, ntabwo ari ukuyikunda ariko nibadutera mu birindiro byacu, nta bindi, tuzakora ibishoboka byose mu kwirwanaho”.

Yavuze ko bagikomeje gusaba Leta kuganira nabo ku bibazo bihari bakabibonera umuti mu mahoro ariko ngo Leta yo ibirenza ingohe.

Leta ya DRC nayo iri kwitegura…

Guverinoma ya Congo ivuga ko nayo yiteguye kurwanya M23 mu buryo bwose.

Yemeza ko izabikora ku buryo yigarurira ibice byose uyu mutwe wari warafashe.

Gen Makenga we avuga ko niba Congo ishaka amahoro, nabo bazayakurikiza, ariko niba ishaka intambara nta kabuza izarota.

Yibukije DRC ko M23 ihari kandi ko yiteguye intambara kandi ko ibyo DRC ishaka ari byo bizagena uko ibihe biri imbere bizagenda.

TAGGED:CongoDRCfeaturedGuverinomaIntambaraM23
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kenya: Imodoka Ziherekeza Odinga Zarashwe
Next Article Perezida Kagame Yitabiriye Isabukuru Y’Ubwigenge Bw’Ibirwa Bya Bahamas
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abavandimwe Alicia Na Germaine Bakoze Indirimbo Bizeyeho Byinshi

Kubaka Urugomero Rwa Nyabarongo Bizatuma Havuka Ikiyaga Kizakora Ku Turere 8

Nyagatare: Batashye Isoko Risakaye Bari Barifuje Igihe Kirekire

Urwibutso Rwa Jenoside Yakorewe Abayahudi Baruhumanyije

Drones Zigiye Gukoreshwa Mu Kurwanya Imibu Yo Mu Bugesera

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

Rwandair Yaguze Izindi Ndege Ngari 

RDB Yamaze Impungenge Abafite Hoteli Mu Birunga

Uburundi Bwatsembye Ko Butazafungura Vuba Umupaka Wabwo N’u Rwanda

Rwamagana:Uwahoze Ari Umunyamakuru Wa Radio Agiye Kwishingira Iye

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Kigali: Abagore Baravugwa Kenshi Mu Biyobyabwenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

UNHCR Yaganirije AFC/M23 Ku Kibazo Cy’Impunzi Ziri Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rushaka Kuba Igihugu Gikize Byuzuye-Kagame

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Perezida Wa Palestine Yimwe Visa Yo Kuzajya Muri Amerika Mu Nama Ya UN

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?