Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Maroc: Abantu 632 Bishwe N’Umutingito
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Maroc: Abantu 632 Bishwe N’Umutingito

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 September 2023 10:45 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Ni umutingito ukomeye kurusha indi yose mu mateka ya Maroc
SHARE

Mu Ntara ya Marrakech muri Maroc haraye habereye umutingito ukomeyeuri ku kigero cya 7 ku gipimo cya Richter, ukaba wahitanye abantu 632. Twandika iyi nkuru  nibo bari bamaze kubarurwa.

Imwe mu mpamvu ishobora kuba yateye urupfu rw’abo bantu ni uko ibi byago byabaye mu ijoro abantu basinziriye kandi bibera mu mujyi ufite inzu nyinshi z’amagorofa.

Leta ya Maroc ivuga ko abantu 632 ari bo bahasize ubuzima kugeza ubu, abandi 329 barakomereka.

Hari indi mibare ivuga ko abantu bazize uriya mutingito ari abantu 300, iby’abantu 632 bikaba ari ibikabyo bitangwa na Maroc kugira ngo itabarwe n’amahanga.

Abahanga mu by’imitingito bavuga ko uriya mutingito ufite indiri( épicentre) mu Majyepfo ashyira Uburengerazuba bwa Marrakech, mu bilometero 320 uturutse mu Murwa mukuru Rabbat.

Itangazamakuru ryo muri Maroc rivuga ko ari ubwa mbere umutingito nk’uriya ubaye mu mateka y’ubu bwami.

Abaturage bahisemo kurara hanze banga kugwirwa n’inzu

Inkomere n’abapfuye boherejwe mu bitaro bya Kaminuza bya Marrakech, bitwa Centre Hospitalier de Marrakech.

Ibi ni ibitangazwa n’ikinyamakuru Médias24 gikorera kuri murandasi.

Ibitaro byo mu gace ibi byabereyemo, birasaba abaturage gutanga amaraso ari benshi kugira ngo agoboke abakometse, bagatakaza menshi.

Imijyi yo muri Marrakech yibasiwe ni uwa Ouarzazate, Azilal, Chichaoua na Taroudant.

Fas’ta deprem sonrası yaşanan yıkım. pic.twitter.com/DQVh1m7og7

— Yzb Hakan (@hakaanyzb) September 8, 2023

Uretse inzu zisanzwe zasenywe nawo, uyu mutingito yasinye n’umusigiti uzwi cyane uri ahitwa Jemaa el-Fna ndetse n’inkuta z’i  Médina zirasenyuka.

Ni ahantu hasanzwe harashyizwe mu murage w’isi urindwa na UNESCO.

RFI yanditse ko ibintu bishobora kuba ari bibi cyane mu cyaro cya Marrakech kuko hubatswe n’inzu z’amatafari ya rukarakara ndetse n’amabuye y’amasarabwayi.

Kubera izo mpamvu, hari impungenge ko hari abandi bantu benshi bahasize ubuzima, bakaba batarabona ubutabazi.

TAGGED:featuredGukomerekaIbitaroMarocMarrakechUmutingito
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rurashaka Gusubiza Abana Bose Mu Ishuri
Next Article Mangosuthu Gatsha Buthelezi Yapfuye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

Polisi Irashakisha Abantu Bahohoteye Umugore Bikomeye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

Hari Ubwoba Bw’Intambara Ya Amerika Na Venezuela 

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

General Kabandana Yatabarutse

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbutabera

Kabila Arasomerwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbyamamareImyidagaduroMu Rwanda

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?