Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Maroc: Abantu 632 Bishwe N’Umutingito
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Maroc: Abantu 632 Bishwe N’Umutingito

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 September 2023 10:45 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Ni umutingito ukomeye kurusha indi yose mu mateka ya Maroc
SHARE

Mu Ntara ya Marrakech muri Maroc haraye habereye umutingito ukomeyeuri ku kigero cya 7 ku gipimo cya Richter, ukaba wahitanye abantu 632. Twandika iyi nkuru  nibo bari bamaze kubarurwa.

Imwe mu mpamvu ishobora kuba yateye urupfu rw’abo bantu ni uko ibi byago byabaye mu ijoro abantu basinziriye kandi bibera mu mujyi ufite inzu nyinshi z’amagorofa.

Leta ya Maroc ivuga ko abantu 632 ari bo bahasize ubuzima kugeza ubu, abandi 329 barakomereka.

Hari indi mibare ivuga ko abantu bazize uriya mutingito ari abantu 300, iby’abantu 632 bikaba ari ibikabyo bitangwa na Maroc kugira ngo itabarwe n’amahanga.

Abahanga mu by’imitingito bavuga ko uriya mutingito ufite indiri( épicentre) mu Majyepfo ashyira Uburengerazuba bwa Marrakech, mu bilometero 320 uturutse mu Murwa mukuru Rabbat.

Itangazamakuru ryo muri Maroc rivuga ko ari ubwa mbere umutingito nk’uriya ubaye mu mateka y’ubu bwami.

Abaturage bahisemo kurara hanze banga kugwirwa n’inzu

Inkomere n’abapfuye boherejwe mu bitaro bya Kaminuza bya Marrakech, bitwa Centre Hospitalier de Marrakech.

Ibi ni ibitangazwa n’ikinyamakuru Médias24 gikorera kuri murandasi.

Ibitaro byo mu gace ibi byabereyemo, birasaba abaturage gutanga amaraso ari benshi kugira ngo agoboke abakometse, bagatakaza menshi.

Imijyi yo muri Marrakech yibasiwe ni uwa Ouarzazate, Azilal, Chichaoua na Taroudant.

Fas’ta deprem sonrası yaşanan yıkım. pic.twitter.com/DQVh1m7og7

— Yzb Hakan (@hakaanyzb) September 8, 2023

Uretse inzu zisanzwe zasenywe nawo, uyu mutingito yasinye n’umusigiti uzwi cyane uri ahitwa Jemaa el-Fna ndetse n’inkuta z’i  Médina zirasenyuka.

Ni ahantu hasanzwe harashyizwe mu murage w’isi urindwa na UNESCO.

RFI yanditse ko ibintu bishobora kuba ari bibi cyane mu cyaro cya Marrakech kuko hubatswe n’inzu z’amatafari ya rukarakara ndetse n’amabuye y’amasarabwayi.

Kubera izo mpamvu, hari impungenge ko hari abandi bantu benshi bahasize ubuzima, bakaba batarabona ubutabazi.

TAGGED:featuredGukomerekaIbitaroMarocMarrakechUmutingito
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rurashaka Gusubiza Abana Bose Mu Ishuri
Next Article Mangosuthu Gatsha Buthelezi Yapfuye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?