Mu Rwanda
Twese tuzi ko akarengane na ruswa bidindiza iterambere, tubirwanye- Perezida Kagame

Nyuma yo kwakira indahiro y’Umuvunyi Mukuru Madamu Madeleine Nirere, Perezida wa Repubulika Paul Kagame yongeye kwibutsa abari aho ko akarengane na ruswa bidindiza iterambere kandi bigapyinagaza umuturage, abasaba kuzakorana n’Umuvunyi bakabihashya.
Umukuru w’Igihugu yavuze ko ibigo byo kurwanya ruswa n’akarengane byashyizweho bityo ko bigomba gukora akazi bishinzwe.
Avuga ko buri kigo cyahawe uburyo bwose bwo gukora akazi gishinzwe bityo ko kigomba kugakora kidasiganya ikindi.
Perezida Kagame ati: “ Twese dukora ibyo dushinzwe kugira ngo duhashye ruswa. Dufite inzego zashyizweho kugira ngo turwanye ruswa kandi buri rwego rufite ibyangombwa byose kugira ngo rukore.”
Yashimiye Madamu Nirere Madeleine wemeye gukora neza inshingano yahawe z’Umuvunyi mukuru, ariko asaba n’abandi kuzamufasha.
Yarangije amwifuriza akazi keza.

Perezida Paul Kagame
Taarifa Rwanda
-
Imyidagaduro2 days ago
Kimenyi Yves Yambitse Impeta Miss Muyango
-
Imibereho Y'Abaturage2 days ago
Nyamagabe: Umupfakazi Wa Jenoside Yishwe Akaswe Ijosi
-
Mu mahanga16 hours ago
Umunyapolitiki Ukomeye Ruswa Y’Igitsina Imukozeho
-
Politiki3 days ago
Umugore Wa Ambasaderi W’u Butaliyani Wiciwe Muri RDC Yavuze Ko Yagambaniwe
-
Imibereho Y'Abaturage2 days ago
I Karongi ‘Umuryango Wari Uzimye’ Habura Gato!
-
Mu Rwanda1 day ago
Urukiko Rw’Ikirenga Rwimutse, Ubushinjacyaha Nibwo Butahiwe
-
Politiki1 day ago
Kuki U Rwanda Rwafashe Rusesabagina Induru Zikavuga?
-
Ubukungu2 days ago
Ibyo Perezida Kagame Yiyemeje Ubwo Yinjiraga Muri Giants Club