Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Masudi yirukanywe muri Etincelles FC. Ifoto: Igihe.com.

Ubuyobozi bwa Etincelles FC bwirukanye uwari umutoza mukuru Masudi Djuma n’abungiriza be kubera umusaruro muke.

Uwo musaruro wabonetse mumikino ibanza ya Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda, ibyo kumwirukana bikaba byatangarijwe mu itangazo Etincelles FC yasohoye.

Riragira riti: “Ubuyobozi bwa Etincelles FC bumaze gusezerera abatoza bayo kubera umusaruro muke. Ikipe iraba itozwa na Bizimana Abdou (Bekeni) mu gihe hagishakwa abandi bo kubasimbura.”

Ubwo kandi Masudi yirukanywe yari amaze amezi ane gusa muri izo nshingano, yagiyeho asimbuye Seninga Innocent.

Umutoza w’agateganyo wa Etincelles FC witwa Bekeni yigeze nanone kuyitoza, hari muri Werurwe, 2022 asimbuye Umwongereza witwa Calum Shaun wari watangiye izo nshingano mu ntangiriro za 2020 mbere y’uko COVID-19 yaduka mu Rwanda.

Etincelles FC izasubira mu kibuga ku wa Gatandatu, tariki ya 7 Gashyantare 2026 ikine na Musanze FC mu mukino w’umunsi wa 17 wa Shampiyona y’u Rwanda.

Mu rwego rwo kwitegura neza iyi mikino yo kwishyura iyi kipe iri ku mwanya wa nyuma n’amanota 11, yongeyemo abakinyi batatu barimo Umunya-Cameroun Assana Nah Innocent wahoze muri Rayon Sports.

Itangazo risezerera Masudi.

 

Share This Article
Tanga igitekerezo

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Exit mobile version