Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mbere Yo Kujya Gukorera I N’DJamena Uzabitekerezeho Kabiri!
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Mbere Yo Kujya Gukorera I N’DJamena Uzabitekerezeho Kabiri!

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 29 June 2021 7:12 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

N’Djamena ni umurwa mukuru wa Tchad, iki kikaba igihugu cyo muri Afurika giherutse kugira ibyago gipfusha Umukuru wacyo, bivugwa ko yaguye ku rugamba arashwe n’abanzi b’igihugu. Urutonde ruherutse gukorwa n’ikigo Mercer rwashyize N’Djamena ku mwanya wa mbere mu mijyi ihenze muri Afurika, Lusaka igahenduka kurusha indi.

Byatangajwe muri raporo yiswe Mercer’s 2021 Cost Of Living City Ranking of 400 global cities.

Raporo yabanjirije iyi yari yarashyize N’Djamena ku mwanya wa 15 ubu iri ku mwanya wa 13 mu mijyi yose yo ku isi, bikayigira iya mbere mu mirwa mikuru y’ibihugu by’Afurika aho ubuzima buhenze kurusha ahandi kuri uyu mugabane.

Lusaka yo mbere yahoze iri ku mwanya wa 201 ubu iri ku mwanya wa 208.

I Lusaka ubuzima burahendutse kurusha ahandi muri Afurika

Iyo kuba mu murwa mukuru w’igihugu runaka bihenze, bikumira abimukira bafite amafaranga n’ubumenyi bifuzaga kugishoramo bigatuma gitakaza abashoramari.

Muri iki gihe isi ihanganye na COVID-19 n’ingaruka zayo, byabaye bibi kurushaho kuko abantu bafite amikoro make bigatuma no kuba mu bihugu byabo bitaborohera.

Ikindi ni uko abakora mu bigo mpuzamahanga bahitamo gushaka umuntu uba muri wa mujyi uhenze bakamuhemba make[kuko aho aba haba hahenze] kugira ngo abakorere bitabaye ngombwa ko boherezayo umukozi uzabahenda mu rugendo, kumenyera aho hantu no kuhaba bitewe n’ubuzima bwabo buhenze.

Umuhanga wo muri cya kigo cyakoze ubushakashatsi ku mijyi ihenze witwa Kawoubouga avuga ko  N’Djamena ikiri umujyi uhenze muri Afurika.

Avuga ko Tchad iri mu bibazo by’ubukungu bishingiye ku izamuka ry’ibiciro bya Petelori, ikagira imyenda myinshi ifitiye amahanga hakiyongeraho ibibazo bya Politiki  muri iki gihe kubera urupfu rutunguranye rw’uwahoze ayiyobora ari we Idriss Deby Itno.

Ikindi gituma N’Djamena ihenda ni ikiguzi cy’ubukode bw’inzu z’aho.

Bivugwa ko hahenze ku rwego ushobora kugereranya n’urw’i New York cyangwa i London.

Imijyi yo muri Afurika isa n’iyahendutse ugereranyije n’uko byahoze mu mwaka wa 2020 ni Lagos na Abuja muri Nigeria, ibi bikaba byaratewe n’uko agaciro k’ifaranga rya Nigeria ariryo Naira kagabanutse ugereranyije n’idolari, bigatuma ibintu bihenduka.

Muri Afurika ivuga Igifaransa, ni ukuvuga ibigize ikitwa CFA (Communauté Financière d’Afrique), ubuzima bwarahenze mu mijyi ya  Libreville (Gabon), Abidjan (Ivory Coast) na Bangui (Central African Republic).

Libreville muri Gabon naho hihagazeho

Lusaka niwo murwa mukuru w’igihugu cy’Afurika ubuzima bihendutse kurusha ahandi.

Byatewe n’uko ifaranga rihakoreshwa ryitwa Kwacha ryataye agaciro ku rwego rwo hejuru.

Ryataye agaciro ku ijanisha rya 47%. Lusaka ikurikirwa na Tunis muri Tunisia, hagakurikiraho Windhoek muri Namibia.

Raporo Mercer’s 2021 Cost of Living City Ranking ivuga ko umujyi wa mbere uhenze ku isi ari Umurwa mukuru wa Turkmenistan witwa Ashgabat.

Ashgabat Umurwa mukuru wa Turkmenistan

Hong Kong ni iya kabiri, Beirut muri Lebanon ikaba iya gatatu.

Indi mijyi ihenda ku bimukira ni Tokyo mu Buyapani, Zurich mu Busuwisi, Shanghai mu Bushinwa na Singapore City, umurwa mukuru wa Singapore.

Iriya raporo ishyira imijyi ikurikira ku rutonde rw’indi mijyi ihenda abimukira:

Geneva mu Busuwisi,  Beijing mu Bushinwa na Bern mu Busuwisi mu gihe ahandi ubuzima budahenze ari i  Tbilisi, (Umurwa mukuru wa Georgia) na Bishkek (Umurwa mukuru wa  Kyrgyzstan.)

Tbilisi, Umurwa mukuru wa Georgia

Umurwa mukuru w’u Rwanda, Kigali, uri ku mwanya wa 175 mu gihe mu mwaka wa 2020 wari ku mwanya wa 176, ni ukuvuga ko hagabanutse rimwe ku mwanya wari ufite mu kugira ubuzima buhenze.

TAGGED:AbimukirafeaturedN'DjamenaTchadUbushakashatsiUbuzima
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article I Musanze Huzuye Umudugudu Wa Mbere Wa 12InOne
Next Article Ishyaka Riyobora Igihugu Cyacu Ryakoze Amateka- Perezida W’U Bushinwa Xi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu Rwanda

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?