Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mika: Robo Y’Umugore Ya Mbere Ku Isi Iyobora Ikigo Cy’Ubucuruzi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Mika: Robo Y’Umugore Ya Mbere Ku Isi Iyobora Ikigo Cy’Ubucuruzi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 November 2023 9:16 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ikoranabuhanga riri ku rwego ruteye ubwoba! Riteye ubwoba mu mpu zombi kubera ko, ku ruhande, ririhuta cyane kandi mu nzego zose.

Ku rundi ruhande rirasatira urwego rw’uko umuntu nyamuntu twese tuzi ‘ashobora’ kuzata agaciro mu isi Imana yamuhaye ngo ayobore.

Urugero rubyerekana ni uko muri Pologne baherutse guhanga robo ishushe nk’umugore bise ‘Mika’ iyobora abakozi mu ruganda rukora inzoga.

Mu kiganiro iyi robo Mika yahaye Reuters mu minsi itatu ishize, yavuze ko ikora amasaha 24 mu minsi irindwi.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ngo ntabyo kunanirwa biyibaho.

Mika avuga ko mu nshingano ze harimo kwakira ibyifuzo by’abakiliya, gusesengura isoko kugira ngo amenye aho ikigo cye gishobora gushora kikunguka n’ibindi.

Amahirwe y’abakora muri iki kigo ni uko Mika nta bubasha afite bwo kwirukana abakozi.

Ibye ni ibyavuzwe haruguru ariko ibijyanye no gushaka abakozi byo bigenwa n’Inteko nyobozi y’uruganda Dictador.

Mika aje asanga mukuru we wamutanze ku isi witwa Sophia.

- Advertisement -

Uyu we yasuye n’u Rwanda aganira na Minisitiri w’ikoranabuhanga na Inovasiyo Paula Ingabire Musoni.

Hari taliki 15, Gicurasi, 2019.

Kuba ikoranabuhanga ritera imbere ni ibintu byiza kuko rifasha umuntu gukora vuba vuba ariko nanone abarihanga bakwiye kuzirikana umwanya umuntu afite mu isi n’ibiyikorerwamo byose, byaba ibihumeka n’ibidahumeka.

TAGGED:IkoranabuhangaMikaUmugoreUruganda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Imirwano Mu Bitaro Bya Nyarugenge
Next Article Fatouma Ndangiza Yasabye Uhagarariye DRC Muri EALA Kudasebya u Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?