Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Minisitiri Bayisenge Asaba Abanyamakuru Gukomeza Ubunyamwuga
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Minisitiri Bayisenge Asaba Abanyamakuru Gukomeza Ubunyamwuga

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 November 2021 12:22 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri w’uburinganire n’iterambere ry’umuryango Professeur Jeannette Bayisenge yasabye abayobozi b’ibinyamakuru gukora k’uburyo abakobwa n’abagore babakorera bakora bisanzuye  kandi kinyamwuga kugira ngo n’abifuza gukora itangazamakuru barijyemo babishaka.

Yabivuze ubwo yafunguraga ibiganiro byahuje abakora itangazamakuru, abafata ibyemezo mu nzego za  Politiki, abakora mu rwego rw’ubugenzacyaha, Polisi y’u Rwanda n’abandi bafatanyabikorwa barimo na Ambasade y’u Buholandi mu Rwanda.

Biriya biganiro byataguwe n’Ihuriro ry’abagore bakora itangazamakuru rigamije impinduka( Women Media Owners for Change) hagamijwe kuganira uko ikibazo cy’ihohoterwa giteye mu mwuga w’itangazamakuru n’icyakorwa ngo rihagarare.

Minisitiri Professeur Jeannette Bayisenge yibukije abanyamakuru ko akazi bakora ari ingenzi ariko bagomba gukomeza ubunyamwuga.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Bayisenge ati: “Birabasaba gukomeza gukora mu buryo bwa kinyamwuga, mwubahiriza amahame agenga itangazamakuru kugira ngo n’umwana w’umukobwa ushaka kuza muri uyu mwuga abone ko ababirimo bafite icyerekezo.”

Yavuze ko abafite ibinyamakuru bayobora bagomba gushyigikira abakobwa n’abagore bakora mu itangazamakuru kugira ngo batange umusaruro mu kazi kabo.

Ngo ni ngombwa ko abakobwa n’abagore bubakirwa ubushobozi kugira ngo bakomeze gufatanya ‘na basaza babo’ mu kuzuza neza inshingano z’itangazamakuru.

Minisitiri Bayisenge yavuze ko itangazamakuru rifite uruhare runini mu iterambere ry’u Rwanda kandi ko Minisiteri ayobora izakorana naryo kugira ngo rikomeze guhugura abaturage hagamijwe iterambere ryabo.

Abitabiriye biriya biganiro baganirijwe kandi n’ubuyobozi mu rwego rw’ubugenzacyaha, Polisi y’u Rwanda n’izindi nzego.

- Advertisement -

Umuyobozi wungirije w’Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha Isabelle Kalihangabo yavuze ko  ikibazo gikunze kubaho ari uko abantu batinda kugeza ikirego ku nzego z’ubugenzacyaha.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda Commissioner of Police( CP) John Bosco Kabera nawe yunze murya Madamu Kalihangabo avuga ko kurindira ko icyaha kizakorwa kenshi kugira ngo kibone kugenzwa bigora ko abagenzacyaha bamenya umuzi wacyo.

CP Kabera yasabye abanyamakuru kujya bakurikirana imanza z’abantu bakurikiranyweho guhohotera abandi kugeza igihe bazakatirirwa n’inkiko, ntibicire k’ugutangaza ko runaka yafashwe akurikiranywe icyaha runaka gusa.

Regine Akarikumutima umwe mu banyamakuru bagize ihuriro ry’abagore b’abanyamakuru baharanira impinduka.
TAGGED:AbanyamakuruBayisengefeaturedKaberaKalihangabo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ni Ukugabanya Amashagaga Mu Kuguru – CP Kabera Yaburiye Abatwara Ibinyabiziga
Next Article Abanyeshuri 7700 Batsinzwe Ibizamini Bisoza Amashuri Yisumbuye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?