Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Minisitiri Biruta Yahuye Na Mugenzi We W’U Bubiligi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Minisitiri Biruta Yahuye Na Mugenzi We W’U Bubiligi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 26 April 2021 2:30 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Dr Vincent Biruta ushinzwe ububanyi n’amahanga w’u Rwanda yahuye na mugenzi we ushnzwe ububanyi n’amahnaga w’u Bubiligi Sophie Wilmès baganira ku ngingo zirimo kongera ubufatanye mu butwererana mu by’ubukungu no mu zindi nzego.

Aba bayobozi kandi baganiriye uko ibihugu byombi byafatanya mu rugamba isi irimo rwo kurwanya icyorezo COVID-19.

Ububiligi n’u Rwanda bifitanye amateka yatangiye nyuma y’intambara ya  mbere y’isi ubwo u Bubiligi bwahabwaga u Rwanda ngo burukolonize.

Aya mateka ariko ntiyabuze kwandikishwa ikaramu itukura hamwe na hamwe harimo gukoresha Abanyarwanda imirimo y’agahato, shiku gukubitira abatware imbere y’abagaragu babo.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ikindi ni uko Abakoloni b’Ababiligi bagize uruhare mu gufasha abategetsi babibye ingengabitekerezo yo kwanga Abatutsi, iyi ikaba yaraje kuvamo Jenoside yabakorewe muri 1994.

Nyuma y’uko Jenoside ihagaritswe n’Inkotanyi, u Bubiligi bwasabye imbabazi u Rwanda kubera uruhare rwemeye ko rwagize mu bibi byarubayemo byose.

Kuva icyo gihe umubano w’ibihugu byombi wavuyemo igihu, utangira kuba mwiza n’ubwo hatagiye haburamo ibintu bimwe biwutokoza.

Sophie Wilmès ni muntu ki?

Mugenzi we ushinzwe ububanyi n’amahanga w’u Bubiligi Madamu Sophie Wilmès yavutse muri 1975.Yatangiye kuba Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Bubiligi muri 2020.

- Advertisement -
Madamu Sophie Wilmes

Mbere yari Minisitiri w’Intebe w’u Bubiligi.

Niwe mugore wenyine wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Bubiligi mu mateka yabwo yose.

Muri 2014 yabaye Umudepite, aza no kuba Minisitiri ushinzwe ingengo y’imari w’u Bubiligi.

Icyo gihe Minisitiri w’Intebe yari Charles Michel.

Mu Ukwakira 2020 nibwo Minisitiri w’Intebe w’u Bubiligi Bwana Alexandr De Croo yamugize Minisitiri w’ububanyi n’amahanga.

TAGGED:BirutaBubiligiCOVID-19featuredRwandaSophie
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abanyeshuri 62 Bananiwe Gusoza Amasomo Yari Kubahesha Ipeti Rya Su-Liyetona
Next Article Uwahoze Ari Minisitiri W’Intebe Wa Idriss Deby Yongerewe Icyizere
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaMu Rwanda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?