Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Minisitiri Ngamije Yasobanuye Impamvu Hari Abakingiwe COVID-19 Bapfa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Icyorezo COVID-19

Minisitiri Ngamije Yasobanuye Impamvu Hari Abakingiwe COVID-19 Bapfa

Last updated: 15 July 2021 6:21 pm
Share
SHARE

Minisitiri w’Ubuzima Dr Ngamije Daniel yatangaje ko hari abantu bakeya bakingiwe COVID-19 ariko bayandura bakaremba ndetse bagapfa, bitewe n’indwara zikomeye bari basanganywe.

Yabigarutseho kuri uyu wa Kane mu kiganiro n’abanyamakuru, cyakurikiye inama y’abaminisitiri yemeje ko Umujyi wa Kigali n’uturere umunani bigomba kujya muri gumamu rugo, kubera ubwandu bukabije bwa COVID-19.

Dr Ngamije yavuze ko hari abantu bake bari barakingiwe iki cyorezo, ariko baza kuremba ndetse barapfa.

Ntabwo yatangaje umubare, uretse kuvuga gusa ko ari “bake”.

Ati “Benshi mu bapfuye banakingiwe wasangaga bafite indi ndwara bamaranye igihe. Akaba afite impyiko zamurenze, afite wenda ikibazo cy’umutima, kanseri se yamaze gukwira umubiri wose, COVID ikazamo, arakingiwe ariko urumva ko kanseri itasubiye inyuma. Ni nk’ibyo bibazo twagiye duhura nabyo.”

Mu kwezi gushize Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima, RBC, Dr Nzanzimana Sabin, yemeje ko hari hamaze gupfa abantu batatu. Mu gihe bari barakingiwe COVID-19, bishwe n’izindi ndwara bari basanganywe.

Kugeza ubu mu Rwanda abantu bakingiwe bamaze kuba ibihumbi 401, mu gihe intego ari ugukingira kugeza kuri 70% by’abaturarwanda.

Abamaze kwicwa n’iki cyorezo ni 607.

TAGGED:COVID-19Dr Daniel NgamijeGuma mu Rugo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Resitora Zashyizwe Muri Serivisi Zizafunga Muri Guma Mu Rugo
Next Article Afurika y’Epfo Yahamagaje Inkeragutabara Zose Mu Gihugu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

Mu RwandaUbuzima

Kagame Yaganiriye N’Abayobora Ikigo Nyafurika Cy’Imiti

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzima

Gukaraba Intoki Byongere Bigirwe Akamenyero Mu Banyarwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

BDF Igiye Guha Imirenge SACCO Miliyari Frw 30

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Abanyarwanda Batega RwandAir Imbere Mu Gihugu Bariyongera

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?