Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Miss Muheto ‘Azitabira’ Irushanwa Miss World
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Miss Muheto ‘Azitabira’ Irushanwa Miss World

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 June 2023 7:54 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyampinga w’u Rwanda 2022, Miss Muheto Divine Nshuti yashyizwe ku rutonde rw’abamikazi b’ubwiza bazitabira irushanwa mpuzamahanga, Miss World, rizabera mu Buhinde mu mpera z’umwaka wa 2023.

Rizaba ribaye ku nshuro ya 71 mu mateka yaryo.

Iteganyabikorwa rya mbere ryavugaga ko iri rushanwa rizabera muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu ariko riza kwimurirwa mu Buhinde.

Nta taliki y’igihe rizabera iratangazwa ariko rizaba mu mpera z’umwaka wa 2023 turimo.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Riri mu marushanwa y’ubwiza atanu akomeye kurusha andi ku isi.

Ayo yandi ni Miss Earth, Miss Universe, Miss Supranational na Miss International.

Ryaherukaga kubera mu Buhinde  mu mwaka wa 1996, imyaka ikaba yari ishize ari 27.

Umuyobozi w’imigendekere y’ibikorwa by’iri rushanwa yitwa Julia Morley.

Iyo ryabaye, ryitabirwa n’abakobwa baturutse mu bihugu 130, bakerekaniramo imico y’ibihugu byabo.

- Advertisement -

Na Muheto Divine Nshuti nawe agomba kuzereka bagenzi be ibyiza by’u Rwanda.

Miss Muheto agomba guhagararira u Rwanda neza

Asanzwe ari nyampinga w’u Rwanda w’umwaka wa 2022.

N’ubwo amakuru avuga ko uyu mukobwa ari we uzahagararira u Rwanda, ku rundi ruhande harakibazwa niba bizamworohera cyane cyane ko amarushanwa y’ubwiza atarakomorerwa, yaba abera imbere mu Rwanda  cyangwa ayo Abanyarwandakazi bazaruhagariramo mu mahanga.

Abakobwa bazaryitabira bazamara iminsi 30 mu Buhinde kandi u Rwanda ruzaba ruyitabiriye ku nshuro ya gatanu.

Inshuro ya mbere rwahagarariwe na Mutesi Jolly( 2016), ubwa kabiri ruhagararirwa na Miss Iradukunda Elsa(2017), ubwa gatatu ruhagararirwa na Miss Iradukunda Liliane( 2018) ku nshuro ya kane rwahagarariwe na Miss Nimwiza Meghan.

Umwaka wa 2020 ku isi ntacyakozwe mu myidagaduro kubera ko yari irembejwe n’icyorezo COVID-19.

Icyakora mu mwaka wa 2021 hagiye yo Miss Ingabire Grace.

TAGGED:featuredIrushanwaMissMuhetoRwandaUbuhindeUbwiza
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ruhango:Umugabo Wemeye Ko Yicishije Umugore We Inzitiramubu Yakatiwe Burundu
Next Article Lt Col Tharcisse Muvunyi Wakanguriye Interahamwe Kumara Abatutsi Yapfuye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?