Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Miss Muheto ‘Azitabira’ Irushanwa Miss World
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Miss Muheto ‘Azitabira’ Irushanwa Miss World

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 June 2023 7:54 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyampinga w’u Rwanda 2022, Miss Muheto Divine Nshuti yashyizwe ku rutonde rw’abamikazi b’ubwiza bazitabira irushanwa mpuzamahanga, Miss World, rizabera mu Buhinde mu mpera z’umwaka wa 2023.

Rizaba ribaye ku nshuro ya 71 mu mateka yaryo.

Iteganyabikorwa rya mbere ryavugaga ko iri rushanwa rizabera muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu ariko riza kwimurirwa mu Buhinde.

Nta taliki y’igihe rizabera iratangazwa ariko rizaba mu mpera z’umwaka wa 2023 turimo.

Riri mu marushanwa y’ubwiza atanu akomeye kurusha andi ku isi.

Ayo yandi ni Miss Earth, Miss Universe, Miss Supranational na Miss International.

Ryaherukaga kubera mu Buhinde  mu mwaka wa 1996, imyaka ikaba yari ishize ari 27.

Umuyobozi w’imigendekere y’ibikorwa by’iri rushanwa yitwa Julia Morley.

Iyo ryabaye, ryitabirwa n’abakobwa baturutse mu bihugu 130, bakerekaniramo imico y’ibihugu byabo.

Na Muheto Divine Nshuti nawe agomba kuzereka bagenzi be ibyiza by’u Rwanda.

Miss Muheto agomba guhagararira u Rwanda neza

Asanzwe ari nyampinga w’u Rwanda w’umwaka wa 2022.

N’ubwo amakuru avuga ko uyu mukobwa ari we uzahagararira u Rwanda, ku rundi ruhande harakibazwa niba bizamworohera cyane cyane ko amarushanwa y’ubwiza atarakomorerwa, yaba abera imbere mu Rwanda  cyangwa ayo Abanyarwandakazi bazaruhagariramo mu mahanga.

Abakobwa bazaryitabira bazamara iminsi 30 mu Buhinde kandi u Rwanda ruzaba ruyitabiriye ku nshuro ya gatanu.

Inshuro ya mbere rwahagarariwe na Mutesi Jolly( 2016), ubwa kabiri ruhagararirwa na Miss Iradukunda Elsa(2017), ubwa gatatu ruhagararirwa na Miss Iradukunda Liliane( 2018) ku nshuro ya kane rwahagarariwe na Miss Nimwiza Meghan.

Umwaka wa 2020 ku isi ntacyakozwe mu myidagaduro kubera ko yari irembejwe n’icyorezo COVID-19.

Icyakora mu mwaka wa 2021 hagiye yo Miss Ingabire Grace.

TAGGED:featuredIrushanwaMissMuhetoRwandaUbuhindeUbwiza
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ruhango:Umugabo Wemeye Ko Yicishije Umugore We Inzitiramubu Yakatiwe Burundu
Next Article Lt Col Tharcisse Muvunyi Wakanguriye Interahamwe Kumara Abatutsi Yapfuye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Burundi: Ndikuriyo Yongeye Gutorerwa Kuba Umunyamabanga Mukuru Wa CNDD-FDD

Chorale De Kigali Igiye Kuyoborwa N’Umugore Kuva Yabaho

Abanyamakuru B’i Goma Baganiriye N’Ab’i Rubavu Ku Mikoranire

U Rwanda Rwatsinze Uganda Mu Mikino Ya Handball

Kuki Amasezerano Y’Amahoro Akunze Kudakurikizwa?

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Impamvu Zitera Polisi Y’u Rwanda Kudatesha Agaciro Abaturage Ishinzwe

Perezida Trump Arashaka Manda Ya Gatatu Uko Byagenda Kose

‘Board Of Peace’ Ya Trump Ni Iki?

Abasirikare N’Abapolisi B’u Rwanda Bari Muri UN 

Rulindo:Habonetse Imibiri 173 Y’Abazize Jenoside Yakorewe Abatutsi

You Might Also Like

Mu RwandaUbuzima

Dusigaye Twishakamo Ibisubizo Ku Bibazo By’Ubuvuzi – Jeannette Kagame 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Kigali: Umusore Yishe Mugenzi We Amuziza Umukobwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Burundi: Haravugwa Guhangana Hagati Ya Ndayishimiye N’Umunyamabanga  Wa CNDD-FDD

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Chameleone FM: Radiyo Chameleone Agiye Gutangiza i Bujumbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?