Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mu burenganzira bwa muntu harimo no kumenya aho abe batarashyingurwa bajugunywe- Dr Gasanabo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Mu burenganzira bwa muntu harimo no kumenya aho abe batarashyingurwa bajugunywe- Dr Gasanabo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 November 2020 12:56 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu kiganiro cyahuje ubuyobozi bwa Komisiyo y’igihugu y’uburenganzira bwa muntu n’izindi nzego zifite aho zihurira n’iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa muntu, Dr Gasanabo Jean Damascène wari uhagarariye CNLG yavuze ko abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi batarabwirwa aho imibiri y’ababo yajugunywe bambuwe uburenganzira bwo kubashyingura.

Iki kiganiro cyari cyahuje ubuyobozi bwa Komisiyo y’igihugu y’uburenganzira bwa muntu n’ibindi bigo birimo CNLG, NCPD n’indi miryango iharanira uburenganzira bwa muntu.

Dr Gasanabo Jean Damascène yavuze ko abahigwaga muri Jenoside yakorewe Abatutsi babujijwe uburenganzira bwo kubaho ndetse n’abayirokotse babuzwa uburenganzira bwo gushyingura ababo kuko hari bamwe batarabwirwa aho imibiri y’ababo yajugunywe kugira ngo bayishyingure.

Avuga ko kuba imyaka ishize igera kuri 26 abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi batarabwirwa aho imibiri y’ababo yajugunywe ari ukubima uburenganzira bwabo bwo gushyingura ababo no kuruhuka umutima.

Yagize ati: “ Abakorewe Jenoside bimwe uburenganzira mu buryo bwinshi burimo kwimwa uburenganzira bwo kubaho kuko bahizwe baricwa ariko nyuma hiyongeraho no kubima uburenganzira bwo kumenya aho imibiri y’ababo itarashyingurwa yajugunywe ngo bayishyingure mu cyubahiro.”

Dr Gasanabo avuga ko n’ubwo bimeze gutyo hari bamwe mu bazi aho imibiri y’abazize Jenoside yajugunywe babohoka umutima bakavuga aho imibiri bayitaye cyangwa bakabwira inzego z’ibanze n’iza IBUKA aho bakeka yaba yaratawe.

Ubushakashatsi ku ihungabanywa ry’uburenganzira bwa muntu muri iki gihe cya COVID-19  buri hafi…

UMUSEKE wabajije Madamu Marie Claire Mukasine uyobora Komisiyo y’igihugu ishinzwe uburenganzira bwa muntu niba ashobora kugira icyo atangariza Abanyarwanda ku byerekeye uko uburenganzira bwa muntu bwubahirijwe cyangwa bwahungabanyijwe mu gihe cya Guma mu Rugo na nyuma y’aho, asubiza ko byose bikubiye mu bushakashatsi buri hafi gutangazwa.

Mukasine yavuze ko buriya bushakashatsi babukoze bwabwitondeye, bukaba bukubiyemo uko uburenganzira bwa muntu bwitaweho cyangwa bwahungabanyijwe kuva gahunda ya Guma mu rugo yatangira kugeza mu Ukwakira, 2020.

Ibibukubiyemo bizatangazwa taliki 10, Ukuboza, 2020.

Umwe mu bakozi  biriya Komisiyo utashatse ko dutangaza amazina ye yabwiye UMUSEKE ko mu byo babonye harimo n’uko abapolisi(bamwe na bamwe)bagiye bahohotera abaturage mu gihe cya Guma mu rugo ndetse na nyuma y’aho.

Marie Claire Mukasine mu kiganiro n’abanyamakuru

Ivomo: UMUSEKE.RW

Taarifa Rwanda

TAGGED:AbanyarwandaCNLGfeaturedGasanaboKomisiyoNCPDUburenganzira
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article IPRC-NGOMA yujuje inyubako ifite agaciro ka miliyari 1,3 Frw
Next Article Kigali: Bafashwe bashaka kugurisha isambu ibaruwe ku wundi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?