Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mu burenganzira bwa muntu harimo no kumenya aho abe batarashyingurwa bajugunywe- Dr Gasanabo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Mu burenganzira bwa muntu harimo no kumenya aho abe batarashyingurwa bajugunywe- Dr Gasanabo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 November 2020 12:56 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu kiganiro cyahuje ubuyobozi bwa Komisiyo y’igihugu y’uburenganzira bwa muntu n’izindi nzego zifite aho zihurira n’iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa muntu, Dr Gasanabo Jean Damascène wari uhagarariye CNLG yavuze ko abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi batarabwirwa aho imibiri y’ababo yajugunywe bambuwe uburenganzira bwo kubashyingura.

Iki kiganiro cyari cyahuje ubuyobozi bwa Komisiyo y’igihugu y’uburenganzira bwa muntu n’ibindi bigo birimo CNLG, NCPD n’indi miryango iharanira uburenganzira bwa muntu.

Dr Gasanabo Jean Damascène yavuze ko abahigwaga muri Jenoside yakorewe Abatutsi babujijwe uburenganzira bwo kubaho ndetse n’abayirokotse babuzwa uburenganzira bwo gushyingura ababo kuko hari bamwe batarabwirwa aho imibiri y’ababo yajugunywe kugira ngo bayishyingure.

Avuga ko kuba imyaka ishize igera kuri 26 abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi batarabwirwa aho imibiri y’ababo yajugunywe ari ukubima uburenganzira bwabo bwo gushyingura ababo no kuruhuka umutima.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Yagize ati: “ Abakorewe Jenoside bimwe uburenganzira mu buryo bwinshi burimo kwimwa uburenganzira bwo kubaho kuko bahizwe baricwa ariko nyuma hiyongeraho no kubima uburenganzira bwo kumenya aho imibiri y’ababo itarashyingurwa yajugunywe ngo bayishyingure mu cyubahiro.”

Dr Gasanabo avuga ko n’ubwo bimeze gutyo hari bamwe mu bazi aho imibiri y’abazize Jenoside yajugunywe babohoka umutima bakavuga aho imibiri bayitaye cyangwa bakabwira inzego z’ibanze n’iza IBUKA aho bakeka yaba yaratawe.

Ubushakashatsi ku ihungabanywa ry’uburenganzira bwa muntu muri iki gihe cya COVID-19  buri hafi…

UMUSEKE wabajije Madamu Marie Claire Mukasine uyobora Komisiyo y’igihugu ishinzwe uburenganzira bwa muntu niba ashobora kugira icyo atangariza Abanyarwanda ku byerekeye uko uburenganzira bwa muntu bwubahirijwe cyangwa bwahungabanyijwe mu gihe cya Guma mu Rugo na nyuma y’aho, asubiza ko byose bikubiye mu bushakashatsi buri hafi gutangazwa.

Mukasine yavuze ko buriya bushakashatsi babukoze bwabwitondeye, bukaba bukubiyemo uko uburenganzira bwa muntu bwitaweho cyangwa bwahungabanyijwe kuva gahunda ya Guma mu rugo yatangira kugeza mu Ukwakira, 2020.

- Advertisement -

Ibibukubiyemo bizatangazwa taliki 10, Ukuboza, 2020.

Umwe mu bakozi  biriya Komisiyo utashatse ko dutangaza amazina ye yabwiye UMUSEKE ko mu byo babonye harimo n’uko abapolisi(bamwe na bamwe)bagiye bahohotera abaturage mu gihe cya Guma mu rugo ndetse na nyuma y’aho.

Marie Claire Mukasine mu kiganiro n’abanyamakuru

Ivomo: UMUSEKE.RW

Taarifa Rwanda

TAGGED:AbanyarwandaCNLGfeaturedGasanaboKomisiyoNCPDUburenganzira
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article IPRC-NGOMA yujuje inyubako ifite agaciro ka miliyari 1,3 Frw
Next Article Kigali: Bafashwe bashaka kugurisha isambu ibaruwe ku wundi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?