Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mu Mibare: Uko Koperative Zihagaze Mu Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Mu Mibare: Uko Koperative Zihagaze Mu Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 June 2023 2:19 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Koperative ni urwego rushyirwaho n’abantu bagiriranye icyizere ariko bakagengwa n’itegeko kugira ngo umutungo bahurije hamwe uzabagirire akamaro mu buryo bw’imari cyangwa mu bundi buryo ntawe uhutaye.

Iyo Koperative idahombye cyangwa ngo igwingire, iba isoko y’amajyambere ku bayigize.

Ushobora kuyishanga mu Mujyi cyangwa mu cyaro.

Icyakora, nk’uko imibare ibigaragaza, inyinshi ziba mu cyaro kubera ko ziganje mu rwego rw’ubuhinzi n’ubworozi.

Ikigo cy’igihugu gishinzwe iterambere ry’amakoperative , RCA, kivuga ko mu Rwanda hari koperative 4,946 zikora mu rwego rw’ubuhinzi.

Zigizwe n’abanyamuryango bose hamwe 1,144,125.

Muri bo abagabo ni 641,026 mu gihe abagore ari 503,099.

Umutungo w’izi Koperative zose wose hamwe ni Frw 135,037,540,113.

Ni amafaranga menshi agira uruhare runini mu bukungu bw’igihugu.

Mu cyaro, amakoperative atuma abayagize bagira icyo binjiza buri mwaka iyo bamaze kugabana inyungu yavuye mu ishoramari bakoze.

Akamaro kazo kandi kagera ku isi hose kubera ko kugeza ubu habarurwa koperative miliyoni eshatu(3).

Ikindi ni uko 12% by’abatuye isi baba muri koperative.

Mu Rwanda ho habarurwa koperative 10,563 zibumbiyemo abantu miliyoni 5,114,731.

Amakoperative afatiye runini Abanyarwanda mu bukungu bwabo

Imibare ivuga ko ubuhinzi bwihariye 46.8% ya koperative zose ziba mu Rwanda.

Urwego rwa kabiri ziganjemo ni urwa serivise rufite 16.9% n’aho ubucuruzi bukagira 14.8%.

Ubukorikori n’ubugeni bwo bufite koperative zifite 10.0% .

Ijanisha risigaye risaranganyijwe mu zindi nzego z’ubukungu, hakazamo na za SACCOs.

Uko bigaragara Koperative ni ingenzi mu mibereho myiza y’abaturage cyane cyane mu rwego rw’imari no kwiteza imbere.

N’ubwo ari uko bimeze, bimwe mu bibazo bikunze kuyageraho ni ubumenyi buke bw’abashinzwe gucunga umutungo, bikagendana n’uko abayagize nabo baba bafite ubumenyi buke ntibibuke kwaka inyandiko zerekana ko amafaranga yabo bayahaye runaka.

Koperative nyinshi ziba mu buhinzi n’ubworozi
TAGGED:AbagaboAbagabo AbagoreAbagoreAbanyamuryangofeaturedImibareKoperativeRwandaSACCOs
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Yvonne Makolo Yahawe Inshingano Ku Rwego Mpuzamahanga
Next Article U Rwanda Ruri Kwitegura Kwakira Inama Ya UN
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?