Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mu Mibare: Uko Koperative Zihagaze Mu Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Mu Mibare: Uko Koperative Zihagaze Mu Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 June 2023 2:19 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Koperative ni urwego rushyirwaho n’abantu bagiriranye icyizere ariko bakagengwa n’itegeko kugira ngo umutungo bahurije hamwe uzabagirire akamaro mu buryo bw’imari cyangwa mu bundi buryo ntawe uhutaye.

Iyo Koperative idahombye cyangwa ngo igwingire, iba isoko y’amajyambere ku bayigize.

Ushobora kuyishanga mu Mujyi cyangwa mu cyaro.

Icyakora, nk’uko imibare ibigaragaza, inyinshi ziba mu cyaro kubera ko ziganje mu rwego rw’ubuhinzi n’ubworozi.

Ikigo cy’igihugu gishinzwe iterambere ry’amakoperative , RCA, kivuga ko mu Rwanda hari koperative 4,946 zikora mu rwego rw’ubuhinzi.

Zigizwe n’abanyamuryango bose hamwe 1,144,125.

Muri bo abagabo ni 641,026 mu gihe abagore ari 503,099.

Umutungo w’izi Koperative zose wose hamwe ni Frw 135,037,540,113.

Ni amafaranga menshi agira uruhare runini mu bukungu bw’igihugu.

Mu cyaro, amakoperative atuma abayagize bagira icyo binjiza buri mwaka iyo bamaze kugabana inyungu yavuye mu ishoramari bakoze.

Akamaro kazo kandi kagera ku isi hose kubera ko kugeza ubu habarurwa koperative miliyoni eshatu(3).

Ikindi ni uko 12% by’abatuye isi baba muri koperative.

Mu Rwanda ho habarurwa koperative 10,563 zibumbiyemo abantu miliyoni 5,114,731.

Amakoperative afatiye runini Abanyarwanda mu bukungu bwabo

Imibare ivuga ko ubuhinzi bwihariye 46.8% ya koperative zose ziba mu Rwanda.

Urwego rwa kabiri ziganjemo ni urwa serivise rufite 16.9% n’aho ubucuruzi bukagira 14.8%.

Ubukorikori n’ubugeni bwo bufite koperative zifite 10.0% .

Ijanisha risigaye risaranganyijwe mu zindi nzego z’ubukungu, hakazamo na za SACCOs.

Uko bigaragara Koperative ni ingenzi mu mibereho myiza y’abaturage cyane cyane mu rwego rw’imari no kwiteza imbere.

N’ubwo ari uko bimeze, bimwe mu bibazo bikunze kuyageraho ni ubumenyi buke bw’abashinzwe gucunga umutungo, bikagendana n’uko abayagize nabo baba bafite ubumenyi buke ntibibuke kwaka inyandiko zerekana ko amafaranga yabo bayahaye runaka.

Koperative nyinshi ziba mu buhinzi n’ubworozi
TAGGED:AbagaboAbagabo AbagoreAbagoreAbanyamuryangofeaturedImibareKoperativeRwandaSACCOs
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Yvonne Makolo Yahawe Inshingano Ku Rwego Mpuzamahanga
Next Article U Rwanda Ruri Kwitegura Kwakira Inama Ya UN
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?